Paradise.rw

Paradise.rw We belong to The Paradise Nexus, TPN, The Christian Media Organization

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Dufashwanayo Jeanne uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Jeanne...
25/05/2026

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Dufashwanayo Jeanne uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Jeanne Nayo, yateguje indirimbo ye nshya yise “Nkoraho”, igiye kujya hanze ku wa 28 Gicurasi 2026 Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba.

Ni indirimbo nshya ije ikurikira izindi ze zakunzwe cyane zirimo “Utugarure”, “Amahoro Arabuze”, “Hari Umunsi”, “Ubushake Bwawe” n’izindi, zose zimaze kumufasha kugira umwihariko mu mu*iki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Mu butumwa bugufi yanyujije kuri Paradise ngo bugere ku bakunzi be, Jeanne Nayo yasabye abantu kwitegura kwakira iyi ndirimbo nshya, avuga ko ifite ubutumwa bukomeye bwo guhembura imitima no kugarura ibyiringiro mu bazayumva.

Yagize ati: “Nkoraho ni indirimbo nziza y’ihumure n’amasengesho. Nizeye ko izagera ku mitima ya benshi kandi igahindura ubu*ima bw’abantu.”

Iyi ndirimbo “Nkoraho” itegerejweho gukomeza ubutumwa busanzwe bumuranga bwo guhumuriza abantu no kubashishikariza kwegera Imana, cyane cyane mu bihe bigoye.

Abakunzi be basabwe gukomeza kumushyigikira no gusengera iyi ndirimbo kugira ngo ubutumwa bwayo buzagere kuri benshi, bube igikoresho cy’ihumure n’iyobokamana.

Mu gihe abafana ba Arsenal hirya no hino ku isi bakomeje kwizihiza igikombe cya Premier League ikipe yabo yegukanye muri...
24/05/2026

Mu gihe abafana ba Arsenal hirya no hino ku isi bakomeje kwizihiza igikombe cya Premier League ikipe yabo yegukanye muri saison ya 2025/2026, Pastor Solomon Mwesige wo muri Uganda yaciye ibintu nyuma yo gutangaza ubuhanu*i budasanzwe buvuga ko Arsenal izakomeza kwiharira icyo gikombe kugeza mu mwaka wa 2030.
Aya magambo yayavuze mu buryo bw’urwenya ruvanzemo icyizere gikomeye nk’umufana wa Arsenal, ariko ahita akwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga zirimo TikTok, Instagram na X, aho abantu benshi bayatanzeho ibitekerezo bitandukanye.

Pasiteri Solomon Mwesige wahanuriye Arsenal ni muntu ki?

Solomon Mwesige ni umupasiteri ukomeye wo muri Uganda, akaba ari na we washinze urusengero rwa Good News Evangelical Ministries ruzwi cyane nka Good News Church, rufite icyicaro i Bulenga mu mujyi wa Kampala.

Azwi cyane muri Uganda kubera ubutumwa bwe bukurura abantu benshi, ariko kandi anazwi mu bikorwa by’ubugiraneza no gufasha abatishoboye. Ni umwe mu bayobozi b’umuryango Feed The Hungry Uganda, ufasha abana b’impunzi n’imiryango ikennye kubona ibiribwa n’ubufasha butandukanye.

Uretse ibikorwa by’ivugabutumwa, Pastor Mwesige afite n’ibitangazamakuru bye birimo televiziyo ya KSTV, aho akunze kunyuzaho ibiganiro byiganjemo ubutumwa bwo kwizera, imibereho ndetse rimwe na rimwe akinjizamo inkuru za siporo.

Uyu mupasiteri kandi asanzwe ari umufana ukomeye wa Arsenal. Mu bihe byashize yigeze kugaragara mu mashusho asabira iyi kipe mu rusengero rwe ubwo yari iri mu bihe bibi, ndetse akunze gukoresha Arsenal nk’urugero mu nyigisho ze. Hari n’ubutumwa yigeze gushyira ku mbuga nkoranyambaga bugira buti: “Turi Arsenal ihambaye, twe turi abami!"

Amagambo ye y'uko Arsenal igiye gutwara ibikombe bya shampiyona y'u Bwongereza inshuro eshanu zikurikirana, yayatangaje nyuma y’isozwa rya Premier League, mu kiganiro cyanyuze kuri KSTV ndetse no mu rusengero rwe rwa Good News Church Bulenga.

Yavuze ko “Arsenal igiye gutwara ibikombe byose bya Premier League kugeza muri 2030,” ibintu byafashwe nk’ubuhanu*i n’abafana bamwe, abandi bakabifata nk’amarangamutima y’umufana wishimiye intsinzi.

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yatangaje ubuhamya bw’urugendo rwe rwo kongera kw...
24/05/2026

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yatangaje ubuhamya bw’urugendo rwe rwo kongera kwita ku bu*ima bwe nyuma yo kumenya neza uburemere bw’indwara ya diabète yari amaranye imyaka myinshi.

Ku wa 22 Gicurasi 2026, Aline yavuze ko mbere atari asobanukiwe neza iyo ndwara, ndetse rimwe na rimwe agafata imiti uko abonye atitaye ku mabwiriza cyangwa ku buryo bwo kubaho neza.

Yagize ati: “Urugendo rwanjye rwo kunanuka no kugarura ubu*ima rwatangiye nyuma yo gusobanukirwa neza uburemere bwa diabète nyuma y’imyaka myinshi mbana na yo.”

Aline yavuze ko nyuma yafashe icyemezo cyo kwiyitaho no kwiga byinshi kuri diabète, ndetse akaza no kujya mu ishuri ryigisha ibijyanye n’iyo ndwara, aho yahuriye n’abandi bantu bayirwaye.

Ati: “Nigiyeyo byinshi cyane cyane ku mirire no ku kubaho neza. Amasomo ya nutrition yamfashije guhindura imibereho yanjye no kugira discipline mu bu*ima bwa buri munsi.”

Uyu muhanzi yavuze ko urugendo rwe rutari rworoshye, ariko rwamweretse ko impinduka zishoboka iyo umuntu abyiyemeje.

Mu mezi ane gusa, yavuze ko yavuye ku biro 109 akagera ku biro 64.

Ati: “Urwo rugendo ntirwari rworoshye, ariko rwanyeretse ko bishoboka. Mu mezi ane navuye ku biro 109 njya ku biro 64.”

Umunyarwandakazi Kwizera Emelyne uzwi cyane nka “Ishanga” yongeye kuvugisha abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma y...
24/05/2026

Umunyarwandakazi Kwizera Emelyne uzwi cyane nka “Ishanga” yongeye kuvugisha abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gusangiza ubutumwa bwuzuyemo ubuhamya bw’uburyo Yesu Kristo yahinduye ubu*ima bwe.

Mu butumwa yashyize kuri Instagram ku wa 22 Gicurasi 2026, bwakunzwe n’abarenga ibihumbi 33 ndetse bugatangwaho ibitekerezo birenga 1,300, Emeline yavuze ko nta cyaha cyangwa ingeso mbi Yesu adashobora gukuraho ku muntu wemeye kumwegera.

Yagize ati: “Nta ngeso Yesu atagukuraho! Icyaha cyawe ntabwo kirusha imbaraga imbabazi ze, ngwino yiteguye kukubabarira.”

Yanifashishije umurongo wo mu Bagalatiya 2:20 ugira uti: “Nabambanywe na Kristo ariko ndiho, nyamara si jye uriho, ahubwo ni Kristo uriho muri jye.”

Mu buhamya bwe, Emeline yavuze ko mbere yo gukizwa yari yarabaye imbata y’ibyaha byinshi birimo ubusambanyi, ubusinzi, kunywa ibiyobyabwenge no kujya mu tubari, ariko akaza guhindurwa na Kristo.

Yagize ati: “Mbere ntarakizwa, nari imbata y’ibyaha byinshi. Ubusambanyi, ubusinzi, kunywa inzoga n’ibiyobyabwenge, kujya mu kabari n’ibindi byinshi, ariko Kristo aza guhindura ubu*ima bwanjye.”

Yakomeje avuga ko ubu yishimira kuba yarahindutse icyaremwe gishya kandi akaba yarabaye umwana w’Imana.

Ati: “Ndashimira Kristo wahinduye ubu*ima bwanjye, ubu nkaba ndi icyaremwe gishya, ndi umwana w’Imana, nkaba ndi umuragwa w’Ijuru.”

Emeline kandi yashishikarije abantu bafite ibyo babaswe na byo kutigunga cyangwa kwiheba, avuga ko Yesu ashobora kubabohora nk’uko na we yabimukoreye.

Nyuma yo gukora ubukwe Divine Muntu agarukanye "Igicaniro"yageze ku mbuga zicuruza umu*iki ateguza amashusho.Umuramyi Ny...
22/05/2026

Nyuma yo gukora ubukwe Divine Muntu agarukanye "Igicaniro"yageze ku mbuga zicuruza umu*iki ateguza amashusho.

Umuramyi Nyinawumuntu Divine uzwi nka Divine Muntu mu bikorwa bya mu*ika yamaze kugaruka mu mu*iki nyuma yo gukora ubukwe na Uwizera Benjamin

Tariki ya 10 Mutarama 2026 nibwo umuramyi Divine Nyinawumuntu yasezeranye kubana akaramata na Uwizera Benjamin usanzwe ari umuririmbyi wa Holy Nation Choir ibarizwa mu itorero rya ADEPR Gatenga. Ni mu birori by'akataraboneka byitabiriwe na bimwe mu byamamare birimo Bosco Nshuti,Jado Sinza ,Svensson,Pascal Mwene Nyirindekwe, Espe ufitubugingo n'abandi.

Nyuma yo gukora ubukwe kuri ubu Divine yagarutse mu mu*iki agarukana indirimbo"Igicaniro" kuri ubu yageze ku mbuga zicuruza umu*iki.

Mu kiganiro na Obededomu Frodouard Umuyobozi wa Trinity for Support yafashije uyu muramyi kwinjira mu mu*iki wo kuramya no guhimbaza Imana yavuze ko iyi ndirimbo ifite umwihariko ugereranyije n'Indirimbo zose bakoze. Ati" ni indirimbo yatwaye imbaraga nyinshi ugereranyije n'izindi. Yavuze ko iyi ndirimbo yagizwemo uruhare rukomeye na Antoinette rehema mwuka Wera yayihishuriye.

Amajwi y'iyi ndirimbo yakozwe na kizigenza producer Boris kuri ubu ufatwa nka nimero ya mbere muri gospel amashusho akaba arimo gutunganywa na Eliel Sando umwe mu bahanga mu gutunganya amashusho akaba azwi mu mashusho y'indirimbo z'abahanzi barimo Tonzi,Aline Gahongayire n'abandi.

Obededomu yavuze ko abantu bakwiye gutegerezanya amatsiko amashusho y'iyi ndirimbo dore ko mwuka Wera yabahaye udushya twinshi

Sura paradise.rw

Vugamo uwo u*i!!!
21/05/2026

Vugamo uwo u*i!!!

Abakinnyi ba Arsenal, Jurrien Timber na Eberechi Eze, bagaragaje ko bashimira Imana nyuma y’uko iyi kipe yegukanye igiko...
21/05/2026

Abakinnyi ba Arsenal, Jurrien Timber na Eberechi Eze, bagaragaje ko bashimira Imana nyuma y’uko iyi kipe yegukanye igikombe cya Premier League nyuma y’imyaka 22 itagitwara.

Mu mashusho yashyizwe hanze na konti ya Premier League, hagaragajwe uko abakinnyi ba Arsenal bishimiye iki gikombe nyuma y’imyaka 22 iyi kipe itongera kugitwara. Muri ayo mashusho, benshi bagaragaye bafite ibyishimo bidasanzwe, abandi baririmba ndetse bishimira urugendo rurerure banyuzemo mbere yo kugera ku ntsinzi.

Mu bakinnyi bagaragaye bavuga cyane ku kwizera Imana harimo Jurrien Timber, wahise ashyira ubutumwa ku rubuga rwa Instagram ashima Imana nyuma yo gutwara igikombe. Yagize ati: “Twabikoze! Icyubahiro cyose ni icy’Imana.”

Aya magambo ya Timber yakurikiwe n’ibitekerezo byinshi by’abafana n’inshuti ze bamushimira, benshi bagaragaza ko bishimiye kubona akomeje guha Imana umwanya no mu gihe cy’ibyishimo bikomeye nk’ibi.

Undi mukinnyi ni Eberechi Eze, umwe mu bakinnyi bazwiho gukunda kuvuga ku kwizera kwe no gushimira Imana mu rugendo rwe rwa ruhago. Na we akimara kubona ko begukanye igikombe yagize ati: “Imana yonyine ni yo igena byose. Imyaka 22? Akira iki gikombe.”

Umuvugabutumwa uzwi cyane muri Afurika y’Iburasirazuba, Rev. Lucy Natasha, yifatanije n’abakunzi ba Arsenal F.C. mu byis...
21/05/2026

Umuvugabutumwa uzwi cyane muri Afurika y’Iburasirazuba, Rev. Lucy Natasha, yifatanije n’abakunzi ba Arsenal F.C. mu byishimo byo kwegukana igikombe cya Premier League nyuma y’imyaka 22 yari ishize iyi kipe itongera kugera kuri iyo ntsinzi.Ubutumwa bwa Rev. Natasha bwagarutse ku bintu birindwi:

1. Izere inzira urimo kunyuramo.
2. Ntugacike intege vuba.
3. Ubudahemuka amaherezo bugira icyo bubyara.

4. Ububabare butuma intsinzi irushaho kuryoha.
5. Kudahindagurika no gukomeza gukora ni ingenzi.
6. Komeza kwizera mu bihe by’inzitane no mu gusubira inyuma.
7. Intsinzi irushaho kunezeza iyo wayitegereje igihe kirekire.

Keza Nailla, umugore w’umuraperi Muheto Bertrand uzwi nka B Threy, yavuze ko kimwe mu bintu byamukoze ku mutima kuva bah...
20/05/2026

Keza Nailla, umugore w’umuraperi Muheto Bertrand uzwi nka B Threy, yavuze ko kimwe mu bintu byamukoze ku mutima kuva bahura bwa mbere ari uburyo uyu muhanzi akunda Imana kandi akayisenga cyane.

Mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube ya IGIHE Kulture, Keza yavuze ko yatunguwe no kubona umuntu ukiri muto kandi uzwi mu mu*iki ahora avuga Imana mu biganiro byabo bya mbere.

Yagize ati: “Ikintu cya mbere tumenyana cyantunguye ni ukuntu asenga, arasega cyane. Njyewe naratunguwe kubera ko ntabwo abantu benshi muri iki gihe muhura ngo bakubwire Imana. Njye yambwiye Imana nk’inshuro eshanu kuva umunsi wa mbere duhura.”

B Threy na Keza Nailla basezeranye kubana akaramata muri Werurwe 2023 nyuma y’igihe bakundana. Umuhango wo gusaba no gukwa wabereye muri Kigali ahitwa 248 Events i Gikondo, witabirwa n’inshuti n’imiryango yabo.

Kuri ubu, B Threy na Keza Nailla bafitanye umwana umwe w’umuhungu, kandi bakomeje kugaragara nk’umwe mu miryango ibanza Imana imbere mu bikorwa byabo.

Murindahabi Irene  na Ngabire Liliane bafite ubukwe ku wa 15 Kanama 2026, bakomeje gusangiza abakunzi babo amafoto y'ibi...
20/05/2026

Murindahabi Irene na Ngabire Liliane bafite ubukwe ku wa 15 Kanama 2026, bakomeje gusangiza abakunzi babo amafoto y'ibihe byiza baheruka kugirana ubwo amuterera ivi.

Abasirikare babiri ba Israel Defense Forces bakatiwe ibihano by’igihe gito muri gereza ya gisirikare nyuma y’uko umwe mu...
19/05/2026

Abasirikare babiri ba Israel Defense Forces bakatiwe ibihano by’igihe gito muri gereza ya gisirikare nyuma y’uko umwe muri bo yashyize itabi mu kanwa k’igishushanyo cya Bikira Mariya mu majyepfo ya Lebanon.

Ibi byabereye mu mudugudu wa gikirisitu wa Debel, ahaherutse no kubera ibindi bikorwa byafashwe nko gusuzugura ibimenyetso by’idini rya gikristu.

Umusirikare washyize itabi muri icyo gishushanyo yakatiwe ibyumweru bitatu muri gereza ya gisirikare, mu gihe uwafotoye ayo mashusho yakatiwe ibyumweru bibiri.

Si ubwa mbere abasirikare ba Israel bafatiwe mu bikorwa nk’ibi. Mu kwezi gushize, abandi basirikare babiri bafashwe amashusho barimo kumena igishushanyo cya Yesu Kristo cyari ku musaraba wahiritswe hasi, na byo bikaba byarabereye muri uwo mudugudu wa Debel.

Abo basirikare na bo bari bakatiwe ukwezi kumwe muri gereza ya gisirikare ndetse bakurwa mu mirimo y’urugamba.

Benjamin Netanyahu yamaganye icyo gikorwa, avuga ko “byamutunguye kandi bikamubabaza,” ndetse ashimangira ko acyamagana “mu buryo bukomeye cyane.”

Mu itangazo ryasohowe na IDF ku gikorwa giheruka, yavuze ko “ifata icyo kibazo nk’igikomeye cyane,” yongeraho ko yubaha ubwisanzure bw’amadini ndetse n’ubutagatifu bw’ahantu n’ibimenyetso by’idini.

Padiri Fadi Felfeli yavuze ko ibyo bikorwa “bigaragaza ko hari bamwe mu basirikare badafite indangagaciro n’imyitwarire iboneye.”

Ibi bikorwa byateje uburakari mu bakirisitu benshi, cyane cyane abo muri Lebanon, mu gihe intambara n’amakimbirane hagati ya Israel na Hezbollah bikomeje kugira ingaruka ku baturage basanzwe.

Address

BP 2267
Nyarugenge

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Paradise.rw posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Place Of Worship

Send a message to Paradise.rw:

Share