Adult SS Lessons & EGW Writings

Adult SS Lessons & EGW Writings Contact information, map and directions, contact form, opening hours, services, ratings, photos, videos and announcements from Adult SS Lessons & EGW Writings, Religious Center, Nyanza.

26/08/2019

(Bikurikira post iri hasi)

Nyamara, muri iki gitekerezo, Imana yakoresheje kumenyekana k’urukundo rwayo n’ubushobozi bwayo haba mu kubaho kwa Doruka ndetse no mu rupfu rwe mu gutera impinduka zikomeye mu bantu b’i Yopa, maze “abantu benshi bizera Umwami Imana” _(Ibyakozwe n ’Intumwa 9:42)._

*Mbese biramutse bibaye ngombwa ko upfa, abantu bababazwa kandi bagakumbura ibyo wabakoreraga nk’uko umurimo Doruka yakoraga wibutswe bakanamuririra ku bwawo? Ni mu buhe buryo dushobora gusiga umurage wo gukorera abandi? Ubumenyingiro bufatika ufite ni ubuhe, nk’ubwo Dorukasi yari afite bwo kudoda imyenda, yashoboraga gukoresha afasha abandi?*

26/08/2019

*IKIGISHO CYA 9*

*UMURIMO WO MUITORERO RYO MU ISEZERANO RISHYA*

_INGINGO YO KUWA KABIRI, 26 KANAMA_

*UMURIMO WA DORUKA N’UBUHAMYA*

Uko itorero ryatangiraga kwaguka, nk’uko Yesu yabihanuye ati: “Muzaba abagabo bo kumpamya i Yerusalemu n’i Yudaya yose n’i Samariya, no kugeza ku mpera y’isi.” _(Ibyakozwe n’Intumwa 1:8)_, abizera bashya batangiye kwizera n’umurimo bya Yesu. Muri bo hari Doruka, wari uzwi ku izina rya Tabita mu mudugudu w’i Yopa. Bigaragara ko yafashe amabwiriza Yesu yatanze ku buryo bwihariye atajenjetse rivuga ko iyo yambitse uwambaye ubusa, yabaga abikorera Yesu ubwe _(Matayo25:38, 40)._

*Soma amagambo avuga uko Doruka yari ameze n’umurimo we mu gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa 9:36. Mbese ni mu buhe buryo imibereho yawe n’umurimo wawe bikwiriye kuba bivugwa mu buryo burnwe no muri uyu murongo? Waba wifuza kuvugwa ute?*

Bisa n’aho umurimo wa Doruka wasaga n’uko bamuvuze “nk’umwigishwa” _(Ibyakozwe n 'Intumwa 9:36)_ kandi ubupfura bwe, imbaraga no kwita ku bandi byaramenyekanye birenga n’umudugudu w’i wabo. Petero yari yasuye umudugudu uri aho hafi witwa Luda, nuko abantu b’i Yopa baramuhuruza ngo aze kureba iby’urupfu rwa Doruka rutunguranye _(Ibyakozwe n 'Intumwa 9:37-41)._ Ageze iYopa, Petero yasanganiwe n’abantu benshi Doruka yafashije mu murimo we wo kwita ku bakene. Bamwereka imyenda yabadodeye kandi nta gushidikanya bamubwiye byinshi cyane kuri we, uburyo yabafashaga n’ibindi.

Icyo Petero rero yasabiye Doruka nuko Imana imusubiza ubuzima, icyakora, ntakitwizeza ko ibintu bizahora bigenda neza ku bantu bose bitangiye gufasha abandi. N’ubundi Doruka yari yararwaye maze arapta, maze Sitefano, umwe muri ba badiyakoni ba mbere bashyiriweho kwita ku bapfakazi bo mu itorero, ni nawe wabaye wa mbere wazize ukwizera kwe _(Ibyakozwe n’lntumwa 7:54-60)._ Ubuzima bwo gukorera abandi si inzira yoroshye; hari ubwo ishobora no kuba inzira mbi cyane.

(Reba ibikurikira kuyindi post)

26/08/2019

Kuwa Kabiri w'Isabato 26 Kanama 2019

UMURINZI WO MU RUTURUTURU

Umutwe:

Uwo mugore yagiraga imirimo myiza myinshi

📖Ibyakozwe 9:36📖

[36] Kandi i Yopa hari umugore w'umwigishwa witwaga Tabita, risobanurwa ngo"Doruka". Uwo mugore yagiraga imirimo myiza myinshi n'ubuntu bwinshi.

Amaboko yarakoraga kurusha kuvugisha ururimi gusa

I Yopa, hafi y’i Luda, hari hatuye umugore witwaga Doruka wakundwaga cyane kubera imirimo myiza yakoraga. Yari intumwa ikwiriye ya Yesu kandi imibereho ye yari yuzuye ibikorwa by’ubugwaneza. Yamenyaga umuntu wese ukeneye umwambaro n’uwo ari we wese ukeneye kugirirwa impuhwe kandi yakoreraga abakene n’imbabare nta biguzi abasabye. Amaboko ye yakoraga kurusha kuvugisha ururimi. Ubwo Petero yarebaga umubabaro wabaririra Doruka amaze gupfa, umutima we wuzuye impuhwe. Yahereyeko asaba ko incuti za Doruka zari mu cyumba zimuririra zasohoka. Yarapfukamye asaba yinginga Imana gusubiza Doruka ubuzima n’amagara mazima. Yahindukiriye intumbi aravuga ati: “Tabita haguruka. Arambura amaso, abonye Petero, arabyuka aricara” (Ibyak 9:40.) Doruka yari yarakoreye Itorero umurimo ukomeye cyane maze Imana ibona ko ari byiza kumuzura kugira ngo ubuhanga n’imbaraga ze bikomeze kubera abandi umugisha kandi kugira ngo muri uku kwigaragaza kw’imbaraga yayo bitere umurimo wa Kristo kugira imbaraga.

Aya magambo ari munsi y’Umurinzi yakuwe mu gitabo: Ibyakozwe n'Intumwa p.86

13/08/2019

Hari ibibazo byinshi siyansi yagiye yibaza cyangwa igashidikanyaho nyamara Bibiliya yaragize icyo ibivugaho mu myaka myinshi yabanje, nyuma siyansi ikaza nayo kugaragaza ko koko ari uko biri.

13/08/2019

Kuwa Gatatu w'Isabato 13 Kanama 2019

UMURINZI WO MU RUTURUTURU

Umutwe:

"Mwana wanjye kwizera kwawe kuragukijije"

📖Mariko 5:34📖

[34] Aramubwira ati"Mwana wanjye, kwizera kwawe kuragukijije, wigendere amahoro ukire rwose icyago cyawe."

Impamvu nyamukuru itera benshi kubura imigisha y'Imana

Yesu yatumbiriye aho uwo mugore yari ari, akomeza gushaka kumenya uwamukozeho. Umugore *abonye ko kubihisha ari iby'ubusa,* yegeye imbere ahinda umushyitsi, maze yikubita ku birenge bye. *Atemba amarira y'ishimwe no kunyurwa, yamubwiye iby'uburwayi bye n'uko yakize. Yesu yamubwije imvugo nziza ati: "Mwana wanjye, kwizera kwawe kuragukijije, genda amahoro." Ntabwo Yesu yigeze aha urwaho abafite imyizerere y'imbaraga z'ibitangaza by'amayobera kugira ngo bemeze ko imbaraga yamukijije yari mu kuba yapfuye gukora ku myenda gusa. Ntabwo yakize bivuye mu kumukoraho inyuma, ahubwo yakize binyuze mu kwizera kwagundiriye imbaraga ye y'ubumana. Ntabwo kwizera guhesha agakiza ari ugupfa kwemera ukuri mu ntekerezo. Umuntu utegereza kubanza kumenya ibintu byose ngo abone kwizera ntashobora kwakira imigisha itangwa n'Imana. Ntabwo bihagije kwizera ibya Kristi ahubwo tugomba kumwizera. kwizera guhesha agakiza ni igikorwa cyo guhererekanya gituma abakira Kristo biyegurira Imana bakagirana nayo isano ishingiye ku isezerano. Kwizera Nyakuri ni imibereho umuntu agaragaza. Kwizera kuzima ni ugukuza imbaraga no kwiringira Imana byimazeyo, bigahesha umuntu ubushobozi bwo kunesha.

Aya magambo ari munsi y’Umurinzi yakuwe mu gitabo: Uwifuzwa ibihe byose p.232-233

11/08/2019

KUWA MBERE, 11 KANAMA 2019

*INDIRIMBO YA MARIYA*

Tekereza uko byari bimeze: Mariya yari yarahawe ubutumwa abubwiwe na
marayika Gaburiyeli hasigaye iminsi mike gusa. Yabwiwe ko agiye kuzaba nyina wa
Yesu, Umwana w’Isumba byose. Yari ataragira uwo abibwira, ariko ajya gusura Elizabeti,
bari bafitanye isano ya hafi, nawe akaba yari atwite inda ku bw’igitangaza. Abibwiwe na
Mwuka, Elizabeti yamenye amakuru ya Mariya, mbere y’uko Mariya abona uburyo bwo
kugira icyo amubwira, nuko bombi bishimira amasezerano no kugiraneza by’Imana.
Soma amagambo ari muri Luka 1:46-55. Zirikana uruhurirane
rwo gusingiza hagati y’ibyari ibye wenyine, “Kuko Ushoborabyose
ankoreye ibikomeye,” (Luka 1:49) n’ibindi byinshi muri rusange. Ni
ukubera iki gushima no kuramya Imana kwacu bigomba kuba birimo
gushimangira iby’umuntu ku giti cye n’ibya rusange?
_____________________________________________
________
_____________________________________________
________
Iyi ni indirimbo itangaje yabashaga kuba ikwiriye kuba muri
Zaburi cyangwa inyandiko z’abahanuzi b’Abaheburayo. Mariya yari yuzuye
gutangara no kunyurwa n’ibyo Imana yamukoreye. Mu bigaragara yari
yabonye Imana ikorera mu bugingo bwe, ariko na none yari azi neza uruhare
umugambi w’lmana uzagira ku ishyanga rye no ku nyokomuntu yose.
Ariko mu myumvire ya Mariya, Imana ntishobora byose cyangwa
ngo ibe ikwiriye gushimwa gusa, ahubwo ni n’inyambabazi kandi isa n’iyita
by’umwihariko ku bicisha bugufi, abatotezwa n’abakene. Marayika yahise
agenda akimara gutangariza Mariya iyo “nkuru nziza” yo kuzavuka k’uwo
mwana akaba mbere yari yahoze aririmba indirimbo ikurikira: “Anyaze
abakomeye intebe zabo, Ashyize hejuru aboroheje. Abashonje yabahagije
ibyiza, naho abakire yabasezereye amara masa.” (Luka 1:52, 53).

11/08/2019

Kuwa Mbere w'Isabato 11 Kanama 2019

UMURINZI WO MU RUTURUTURU

Umutwe:

Kuko Ushoborabyose ankoreye ibikomeye.

Luka 1:49

[49] Kuko Ushoborabyose ankoreye ibikomeye, N'izina rye ni iryera.

Umunyabyaha yashohoje umugambi w'Imana atabizi

Abamarayika barinze Yosefu na Mariya ubwo bavaga iwabo i Nazareti bagana Umudugudu wa Dawidi. Nkuko Kuro yashyizwe ku ngoma y'ubwami bw'isi ngo ahe umudendezo imbohe z'Umwami Imana, niko Kayisari Awugusuto yakoreshejwe kuzuza umugambi w'Imana mu kuzana nyina wa Yesu i Betelehemu. Yari uwo mu rubyaro rwa Dawidi, kandi umuhungu wa Dawidi yagombaga kuvukira mu mudugudu wa Dawidi. Ariko muri uwo murwa w'ubwami bakomokamo, Yosefu na Mariya ntibamenywa haba no kubahwa. Baguye agacuho nta n'icumbi, bahuranya imihanda yose y'uwo murwa, uhereye ku marembo y'umurwa ukageza i burasirazuba bwawo, ntibabona na hato aho kuruhukira iryo joro. Ntibabashije kubona icyumba mu macumbi yari yuzuye. Mu nzu igayitse aho amatungo yararaga, niho babashije kubona ubuhungiro, maze aho aba ariho umucunguzi w'isi avukira. Imana iravuga iti: "Ngiye guha amazi abishwe n'inyota, ngiye kuvubura inzuzi ku butaka bwumagaye." "Mu mwijima umucyo urasire intungane." Yesaya 44:3; Zaburi 112:4. Kubashakisha umucyo kandi bakawakirana umunezero, imyambi irabagirana ikomoka ku ntebe y'Imana izabamurikira.

Aya magambo ari munsi y’Umurinzi yakuwe mu gitabo:Uwifuzwa ibihe byose p.22-23

10/08/2019

*ICYIGISHO CYA 7*

_10-16 KANAMA, 2019_

*YESU N' ABAKENE*

*KU ISABATO NI MUGOROBA,10 KANAMA*

*AHO ICYIGISHO CY' IKI CYUMWERU GISHINGIYE:* Luka 1:46-55,4:16-21,7:18-23;Matayo 12:15-21,Matayo 21:12-16,Mariko 11:15-19,Yesaya 53:3-6.

*ICYO KWIBUKWA:"Umwuka w' uwiteka ari muri jye,nicyo cyatumye ansigira,kugira ngo mbwirize abakene ubutumwa bwiza. Yantumye kumenyesha imbohe ko zibohorwa,n'impumyi ko zihumuka,no kubohora ibisenzegeri,no kumenyesha abantu iby' umwaka Umwami agiriyemo imbabazi"*( luka 4:18,19).

Hamwe n' izindi mpamvu zatumye yesu yigira umuntu,yaje kutwereka uko Imana imeze.Ibyo yabikoze yigisha,yitangira abandi ndetse no mu mibereho ye,ni ukuvuga uburyo yasabanaga n' abantu basanzwe.Byinshi mu bikorwa bye byagiye bigira impinduka nyazo kandi z' ako kanya mu bibereho y' abandi.

Ubwo buryo mesiya yakoreshaga mu murimo we bwari bwarahanuwe n' abahanuzi bo mu isezerano rya kera.Umubyeyi wa yesu Mariya ndetse na Yesu ubwe ubwo yasobanuraga inshingano ye mu kibwirizwa cye cya mbere kiri muri ( luka 4).Ikindi kandi,abanditsi b' ubutumwa bwiza akenshi bagiye bakoresha imvugo y' abahanuzi iyo babaga bavuga inkuru ye.Muri ubwo buryo , imibereho ya yesu yagaragaraga cyane mu byavuzwe n' abahanuzi harimo no kugirira abakene n' abatotezwa impuhwe.

Nyamara, abayobozi b' idini,babonaga Yesu nk' uteje akaga.Mu rugero ruteye ubwoba rw' akarengane n' ubugizi bwa nabi,bafashe yesu,bamushinja ibinyoma maze barabamba. Muri Yesu ,Imana izi neza uko akarengane kameze,kandi mu rupfu rwe,yagaragaje uburyo icyaha gikabije kuba kibi. Nyamara mu kuzuka kwe,yatsindiye kugira ngo tubone ubugingo,kugiraneza n' agakiza.

22/07/2019

Bikurikira post yo hasi

Iyi zaburi irasaba Imana mu mwanya wayo nk' umucamanza w' ikirenga n' umugenga w' isi ni juru ikaba itegeka n' amahanga yose. Nta rukiko rwo hejuru rutabaho cyangwa ubuyobozi ubusabe nk' ubwo butagezeho.Aho guhumizwa guturuka n'uko igihe inkiko zo ku isi zitumva kandi ngo zite kugutakamba kw' abakene n' abakandamizwa,aribyo incuro nyinshi bikorwa hano ku isi,haracyari amahirwe tutakwirengagiza yo gutabaza Imana ngo idufashe.

Mu bihe bitandukanye mu mibereho yacu hari aho dushobora kwisanga tuzira akarengane,ariko hakaba hari ibindi bihe twisanga aritwe turenganya cyangwa tukungukira mu kurenganywa kw' abandi.Mu magambo dusanga mu mirongo nk' iyi yo muri zaburi 82, dushobora kuhungukira ubwenge n' ubushishozi,twaba dukandamizwa cyangwa dukandamiza abandi.Imana ibabazwa cyane n' abacamanza batari abanyakuri,kandi ibita abana bayo yifuza ko bagira imibereho itunganye kurutaho( zaburi 82:6). Ubwo rero bishatse kuvuga ko n' abari ku ruhande rubi rurenganya abandi hakiri ibyiringiro kuri bo,igihe bemeye ko bahindurwa beza.

22/07/2019

*IKIGISHO CYA 4*

*IMBABAZI N'UBUTABERA BIVUGWA MURI ZABURI N'IMIGANI*

_INGINGO YO KUWA KABIRI,22 NYAKANGA_

*"MANA GIRA ICYO UKORA"*

*Soma amagambo ari muri zaburi 82.Ni ubuhe butumwa butureba dusanga muri ayo magambo?*

_________________________________________________________________

Nubwo Imana yabahaye amabwiriza n' amategeko agenga umuryango mugari,mu bihe bitandukanye by' amateka yabo, ishyanga rya isiraheli ryananiwe gukurikiza iyo gahunda. Bahindutse mu buryo bworoheje nk' amahanga yari abakikije,babaho imibereho irimo akarengane n' ikandamizwa.Abayobozi n' abacamanza barebaga inyungu zabo gusa,kandi bashakaga kugurwa bahawe ruswa.Rubanda rworoheje,cyane cyane abakene bamburwaga ibyabo kubera ko nta nkiko zabagaho ngo zibarenganure.

Zaburi 82 ni igisubizo ku bibazo nkibyo. Hasobanura uruhare rw' Imana nk' umucamanza w' ikirenga,kandi hagaragaza uburyo Imana izacira imanza abayobozi n' abacamanza bagoreka imanza bakarenganya abantu. Iyo zaburi ya 82 ishimangira ko abuzuza inshingano nk' izo mu muryango mugari" batoranijwe gukora nk' abacamanza bakorera mu nsi y' ukoboko kw' Imana."Ellen G white, Prophets and kings,p 198. Bajya mu myanya yabo bagakora uwo murimo nk' abagaragu bahagarariye Imana. Dukurikije uburyo umunyezaburi abibona,ubutabera bw' Imana ni urugero rw' uburyo ubutabera bwo mu isi bwari bukwiriye gukora. Kandi rutanga urugero rw' uburyo ubutabera no kurenganya n' ababigiramo uruhare bazacirwa urubanza .

Iyi zaburi isoza hariho gutakambira Imana ngo igire icyo ikora( zaburi 82:8), gutesha no guhagarika akarengane kari karabaye gikwira muri iryo shyanga . nk'abanditsi b' indirimbo za zaburi benshi, uyu aravugira abatagira kivugira n' abakandamizwa,buriya bacecekeshejwe n' imikorere idashyira mu gaciro babamo kandi bakoreramo.

Reba ibikurikira kuri post yo hejuru

22/07/2019

Kuwa Kabiri w'Isabato 22 Nyakanga 2019

UMURINZI WO MU RUTURUTURU

Umutwe:

Muzageza he guca imanza zibera.

📖Zaburi 82:2📖

[2]“Muzageza he guca imanza zibera,Zita ku cyubahiro cy'abanyabyaha?Sela.

Mu gihe inkiko zo ku isi zitumva ugutakamba no gukandamizwa kw'abakene ubutabazi buzava he?

Iyi Zaburi isoza hariho gutakambira Imana ngo igire icyo ikora (Zab 82:8) gutesha no guhagarika akarengane kari karabaye gikwira muri iryo shyanga. Nk'abanditsi b'indirimbo za Zaburi benshi, uyu aravugira abatagira ubavugira n'abakandamizwa, bari baracecekeshejwe nimikorere idashyira mu gaciro babamo kandi bakoreramo. Iyo Zaburi irasaba Imana mu mwanya wayo nk'Umucamanza w'Ikirenga n'Umugenga wisi n'ijuru ikaba itegeka namahanga yose. Nta rukiko rwo hejuru kurutaho, cyangwa ubuyobozi ubusabe nkubwo bwagezweho. Aho guhumurizwa guturuka ni uko igihe inkiko zo ku isi zitumva kandi ngo zite ku gutakamba kw'abakene n'abakandamizwa, aribyo inshuro nyinshibikorwa hano ku isi, haracyari amahirwe tutakwirengagiza yo gutabaza Imana ngo Idufashe

Aya magambo ari munsi y’Umurinzi yakuwe mu gitabo :Abiroheje bari hanyuma y'abandi SS 3/2019 p.40

22/07/2019

Bikurikira post yo hejuru

Mu gitabo cye yise Reflections on the psalms,uwitwa C.S.Lewis asobanura icyamutangaje bwa mbere bitewe no kwishimira no gukenera ubutabera bw'Imana nk' uko bivugwa kenshi mu gitabo cya zaburi.ariko agenzura uburyo abasomyi benshi ba bibiliya muri iki gihe babona urubanza nk' ikintu giteye ubwoba,yitaye ku myumvire y' umuyahudi w' umwimerere yaranditse ati:" abantu ibihumbi banyazwe ibyo bari batunze bose kandi bari mu kuri mu ruhande rwabo amaherezo bazumvwa.Birumvikana nti batinya urubanza.Baziko ikibazo cyabo gishobora kubonerwa igisubizo iyaba cyumvwaga. Igihe Imana izaba igihe guca imanza,kandi icyo gihe kizagera." C.S.Lewis,Reflections on psalms( New york: Harcourt,Brace and campany,1958,p 11).

Mu gitabo cya zaburi,tuhasanga ibyiringiro ku bakandamizwa ,ndetse no muri iki gihe,ndetse n' igihe bari muri iyo mibabaro nta cyizere basigaranye.

Ni izihe mpamvu dufite zituma tubona urubanza nk' ikintu cyiza,atari ikintu gikwiriye kudutera ubwoba?

Address

Nyanza

Telephone

+250788423600

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Adult SS Lessons & EGW Writings posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Place Of Worship

Send a message to Adult SS Lessons & EGW Writings:

Share