29/05/2026
IJAMBO RY'IMANA
UWITEKA TURI IBUMBA NAWE URI UMUBUMBYI, TURI UMURIMO WI INTOKE👋 ZAWE*✍👏👏👏👏👏👏👏👏👏👏👏👏
*YESAYA 64:1-12*
Ariko noneho Uwiteka uri Data wa twese, turi ibumba nawe uri umubumbyi wacu, twese turi umurimo w'intoki zawe.
(Yesaya 64:7)
Imana ni UMUNYAMBARAGA☄☄☄💪💒 Kandi irwanirira icyubahiro🏹🏹🏹 cyi izina✍ ryayo kubanzi bayo
*IYO IMANUTSE IMISOZI ITENGUKIRA IMBERE YAYO*🏞🏞🏞🏞🏞🏞🏞
Dusome mwizina rya Yesu👇👇👇👇
Icyampa ugasatura ijuru ukamanuka, imisozi igatengukira imbere yawe nk'uko umuriro utwika inyayu ukatuza amazi, kugira ngo izina ryawe rimenyekane mu banzi bawe, amahanga agahindira imishyitsi imbere yawe.
(Yesaya 64:1)
Ubwo wakoraga ibiteye ubwoba tutabyibwiraga, waramanutse imisozi itengukira imbere yawe,
(Yesaya 64:2)
Imirimo yi Imana ya abisirayeli yayitandukanyaga nibindi amahanga yitaga imana👈
imana👈
*Kuko izo mana Ntizigira Amatwi👂👂 ngo zumve cg Amaboko ngo zitabare🏹🏹🏹🏹🏹🏹*
*KUKO NAZO UBWAZO NTIZASHOBORAGA KWIKIZA*🏹🏹🏹🏹🏹🏹🏹
🙊🙊🙊🙊
Basukanura izahabu mu mufuka, bagera ifeza mu minzani, bakagurira umucuzi akabibacuriramo ikigirwamana, bagaherako bakacyikubita imbere bakakiramya.
(Yesaya 46:6)
Maze bakagiheka ku bitugu bakakijyana bakagishinga mu kibanza cyacyo, kigahagarara aho bagishinze aho ntikizahishingura, nubwo umuntu agitakira ntikibasha kumusubiza cyangwa ngo kimukize ibyago agize.
(Yesaya 46:7)
Ntayindi Mana yigeze gutabara nki IMANA ya isirayeli
kuko uhereye kera ntabwo abantu bigeze kumenya, cyangwa kumvisha amatwi no kurebesha amaso, indi mana igira icyo imarira uyitegereza, itari wowe.
(Yesaya 64:3)
*UWITEKA YEHOVA NIWE WENYINE MUTABAZI MUBIHE BIKOMEYE😨😨😨😨*
Ubwoko bwi Imana bwongeye kwibuka ko ntacyo baricyo imbere yi Imana kuko ari ibumba gusa kandi Imana ya Yakobo ariyo Yonyine ifite Ubushobozi ni ijambo rya Nyuma mumibereho yabo
*NYAMARA BARAYIGOMEYE🙊🙊🙊🙊 BARAYIRAKAZA NTIBIBUKA INTAMBARA🏹🏹🏹🏹🏹🏹 ZIKOMEYE YABARWANIRIYE!!!*
Kuko twese twahindutse abanduye, kandi n'ibyo twakiranutse byose bimeze nk'ubushwambagara bufite ibizinga, twese turaba nk'ikibabi, kandi gukiranirwa kwacu kudutwara nk'umuyaga.
(Yesaya 64:5)
Kuko twese twahindutse abanduye, kandi n'ibyo twakiranutse byose bimeze nk'ubushwambagara bufite ibizinga, twese turaba nk'ikibabi, kandi gukiranirwa kwacu kudutwara nk'umuyaga.
(Yesaya 64:5)
ARIKO IGIHE CYARAGEZE BACA BUGUFI BARAYITAKAMBIRA NGO YE GUKOMEZA UBURAKARI ITABITEWE NO GUKIRANUKA KWABO,Kuko ni Imirimo yabo myiza yari Ubushwambagara itabasha kubakiza
ARIKO IMANA NI UMUBYEYI
*_UYITAKAMBIYE AKIHANA IBYAHABYE IRAMUBABARIRA_*
✍
Ariko noneho Uwiteka uri Data wa twese, turi ibumba nawe uri umubumbyi wacu, twese turi umurimo w'intoki zawe.
(Yesaya 64:7)
Uwiteka, wirakara cyane bikabije, we guhora wibuka gukiranirwa kwacu iteka ryose, turakwinginze witegereze, twese turi abantu bawe.
(Yesaya 64:8)
Imidugudu yawe yera ihindutse ikidaturwa, i Siyoni habaye ikidaturwa, i Yerusalemu habaye amatongo.
(Yesaya 64:9)
*IHUMURE*👇👇👇👇👇👇👇
Ariko nitwatura ibyaha byacu, ni yo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu no kutwezaho gukiranirwa kose.
(1 Yohana 1:9)
MWIZINA RYA YESU AMEN
YESU WENYINE
MWAKIRE NEZA IJAMBO RY'IMANA