Uncle Jeje

Uncle Jeje Icyakora abamwemeye bose bakizera izina rye, yabahaye ubushobozi bwo kuba abana b'Imana.Yohana1:13

05/05/2016

Ingorane z’abagabo (ubuvanganzo mu ngorane)

1. Kugira umugore umwe ntimwumvikane,
2. Kubyarwa nawe ntubyarwe,
3. Gutunga, ukabura uwo ukwerera ukabura n’uwo ugabira ngo akwirahire,
4. Kurwanya amategeko ya Leta yasohotse kandi utaribuyakureho,
5. Kubyara umwana umwe akaba imbwa,
6. Kubyara babiri batatu ukaburmo munywanyi wawe,
7. Kuruhana na so uri kumureba akabura icyo akumarira yapfa akabura icyo agusigira,
8. Guhuza ibyago n’inshuti yawe
9. Gupfakarira mu za bukuru utagishoboye kwiha amazi,
10. Kugira umugore umweakagusiga mu buriri ngo agiye mu byumba gusenga naho yifatiye za misiyo za Gisenyi na Kigali,
11. Kubaho utariho,
12. Kuba uri umusore ukajya gucura abapfakazi abakobwa batabuze,
13. Guturana n’undi muryango ntimushyingirane,
14. Kugira ibintu ukabura ababirya,
15. Kwima uwaguhaye,
16. Kumena ibanga ry’inshuti mwaganiriye mwihereye,
17. Gukirira mu buto ugasazira mu bukene,
18. Kugira abagore babiri ukaburamo n’umwe wasubira mu kigwi cya Nyoko ngo akubumbabumbe,
19. Gusaba uwo wimye
20. Kubura icyo abandi bafite kandi nawe ufite amaboko n’amaguru,
21. Kwigisha umwana agatsinda akabona akazi akabura icyo yimarira nawe akabura icyo akumarira,
22. Kurya ukabura uwo usigira,
23. Kugira inda irya ukabura amaboko yo kuyikorera,
24. Kwitwa umugabo ntube we,
25. Kwanga ikibi bwacya mu gitondo bagasanga aricyo ukora,
26. Kugira byinshi ntunyurwe nabyo,
27. Guhita kuwikoreye ukanga kumwakira yagera aho atuye akagusanga yo,
28. Kubyuka ugenda ukabura icyo ucyura
29. Kuba uri umusore cyangwa inkumi ugatinya kwiga ishuri riri iwanyu bakwandika mu rupapuro ugatera igikumwe
30. Guhita kumupfakazi ukanga kumusuhuza kandi utazi icyamupfakaje utakizi,
31. Kurya ibyawe uri gukebaguza kandi warabiruhiye
32. Kwiruka kuwo utaribufate
33. Gukira ukabura uwo ukiza,
34. Gupfa ukabura icyo usiga

Wowe urabona izi ngorane arizo, ntazindi ubona zakogerwamo?

01/01/2016

Imana ni byose!!!

28/09/2015

“Kuko Uwiteka ari mwiza, 107.1; 118.1; 136.1; Yeremiya 33.11 Imbabazi ze zihoraho iteka ryose, Umurava we uhoraho ibihe byose.”
Zaburi 100:5

27/09/2015

“Ragiza ubwoko bwawe inkoni yawe, umukumbi w'umwandu wawe, bwituriye ukwabwo mu ishyamba i Karumeli kuri yo hagati, burishe mu gihugu cy'i Bashani n'i Galeyadi nko mu gihe cya kera. Nzabereka ibitangaza nk'ibyo mu gihe wavaga mu gihugu cya Egiputa. Amahanga azabareba akorwe n'isoni nubwo azaba afite imbaraga nyinshi, bazifata ku munwa n'amatwi yabo azaziba. Bazarigata umukungugu nk'inzoka, bazava mu bwihisho bwabo nk'ibyikurura hasi bahinda umushyitsi, bazaza ku Uwiteka Imana yacu babēbēra, bazatinya babitewe na we. Ni iyihe Mana ihwanye nawe ibabarira gukiranirwa, ikirengagiza igicumuro cy'abasigaye b'umwandu wayo? Ntihorana uburakari bwayo iteka, kuko yishimira kugira imbabazi. Izaduhindukirira kutugirira ibambe, izaribatira ibicumuro byacu munsi y'ibirenge byayo. Kandi uzarohera imuhengeri w'inyanja ibyaha byabo byose. Uzakorera Yakobo iby'ukuri, na Aburahamu uzamugirira neza, ibyo warahiye ba sogokuruza uhereye mu bihe bya kera.”
Mika 7:14-20

27/09/2015

“abahanuzi barahanura ibinyoma, abaherezabitambo barishakira inyungu zabo; kandi umuryango wanjye ukabyishimira! Ariko se ubwo amaherezo azaba ayahe?”
Yeremiya 5:31

14/09/2015

“Gucunda amata kuresa amavuta,
Guhotora izuru kuvusha amaraso,
Ni ko gutera uburakari kuzana intonganya.””

Imigani 30:33

15/08/2015

“Indirimbo y'Amazamuka.

👉Nduburira amaso yanjye ku misozi, Gutabarwa kwanjye kuzava he? Gutabarwa kwanjye kuva ku Uwiteka, Waremye ijuru n'isi.

👉Ntazakundira ibirenge byawe ko biteguza,

👉Ukurinda ntazahunikira.
Dore ūrinda Abisirayeli,
Ntazahunikira kandi ntazasinzira. Uwiteka ni we murinzi wawe,
Uwiteka ni igicucu cyawe iburyo bwawe.

👉Izuba ntirizakwica ku manywa, Cyangwa ukwezi nijoro.

👉Uwiteka azakurinda ikibi cyose,
Ni we uzarinda ubugingo bwawe.
Uwiteka azakurinda amajya
n'amaza,
Uhereye none ukageza iteka ryose."

Zaburi 121:1-8

11/08/2015

👉Mu gihe ngitegereje iherezo ry'ubuzima bwajye nzaba inzira makemwa mu buzima bwajye bwose,
Wenda hari igihe nzugama amakuba!!

👉Ushobora kunshumbikira se mugiraneza wizanye mu gucumbi cy'ububare!!!!!

28/07/2015

“Kuko ijambo ry'Uwiteka ritunganye,
Imirimo ye yose ayikorana umurava.”

Zaburi 33:4

19/07/2015

Ese gusenga kwiza kandi kugira umumaro kuba kumeze gute ?

Turashimira Imana k’ubw’ubuntu bwayo butarondoreka itugirira iteka. Turanayishimira kandi kuko yadushyiriyeho uburyo bwo kuyishaka no kuyibwira tubinyujije mu masengesho.

Gusenga rero nibwo buryo natwe tubwiramo Imana, itwemerera kandi kuyishaka ndetse no kuyibona (Zaburi 65 : 2)’’ ni wowe wumva ibyo usabwa, abantu bazaza aho uri.

Gusenga rero ni kimwe mu bikorwa bigaragaza imyizerere y’umuntu.‘’Mwaturirane ibyaha byanyu kandi musabirane, kugira ngo mukizwe. Gusenga kw ;umukiratsi kugira umumaro, iyo asenganye umwete.’’ (Yakobo 5 : 16)
Ubu butumwa turabushingira cyane ku gusengana umwete ku mukiranutsi kuko ariko kugira umumaro. Isengesho rikwiye ni isengesho rigera ku mutima w’Imana, hanyuma Imana ikururuka igakora.

Igihe Eliya yasengaga nyuma yo gusana igicaniro cy’Uwiteka cyari cyarasenyutse, umuriro waramanutse imbere y’abahanuzi ba Bayali, bimenyekana ko Uwiteka ariwe Mana. (Abami18 : 30-39)

Iyo umukiranutsi asenze nk’uko Yakobo yabyanditse bigira umumaro, iyo abakristo bagize umwete wo gusenga bahuje Imana irururuka, kandi igakiza igakingura imiryango yari ifunze. Imana uko yakoze mu gihe cya Eliya na nubu iracyafite izo mbaraga, ubwo bushobozi bwose Imana iracyabufite kandi irumva igasubiza.
Aya magambo agaragaza gushyira hamwe kw’itorero rya kera uburyo bahuje umutima bagahamagara Imana nk’ikimenyetso cy’ubumwe.

Bamaze kumenya ko bugarijwe no gutotezwa kandi ko Petero na Yohana bari mu kaga bazira gukiza umuntu wari umugaye wasabirizaga ku irembo ry’urusengero (Ibyakozwe 3 : 1-10), bahita bahuriza hamwe umugambi wo gumahamagara Imana maze Imana yururukira muri bo buzuzwa Umwuka Wera bavuga ijambo ry’Imana bashize amanga (ubwoba).

Nabo babyumvise bavuga ijwi rirenga n’umutima uhuje, babwira Imana bati ‘Databuja, ni wowe waremye ijuru n’isi n’inyanja n’ibirimo byose, Kandi none Mwami Mana, reka ibikangisho byabo, uhe abagaragu bawe kuvuga ijambo ryawe bashize amanga rwose, Bamaze gusenga, aho bari bateraniye haba umushyitsi, bose buzuzwa Umwuka Wera, bavuga ijambo ry’Imana bashize amanga.(Ibyakozwe n’intumwa 4:24,29,31)

Ukurikiranye uko basenze bari bahuje umutima, babanje kuvuga gukomera kw’Imana barayiramya, bagaragaza ko hari uko bayizi nk’Imana ikomeye kandi ishoboye. Bene aya magambo kandi yo kuramya Imana, Mose yarayakoresheje asenga (Gutegeka kwa kabiri 3 : 24), Daniyeli nawe niko yabigenje. (Daniyeli 2 : 20-21)

Nyuma y’izi ngero z’abantu basenze ushobora guhita ubona uko wasenga kugira ngo gusenga kwawe kugire umumaro, usabwa kuba ukiranuka, ukaramya Imana uvuga gukomera kwayo, ukaba kandi ufite umutima utakurega ikibi yaba ku Mana cyangwa ku bantu, ab’itorero twavuze bari bahuje. Nyuma y’ibi ukajya wavuga ibyifuzo byawe kandi ukizera ko Imana ishoboye kandi isubiza.

19/07/2015

“Zaburi iyi yahimbiwe umutware w'abaririmbyi babwira inanga.
Ni Zaburi ya Dawidi.

Mana, umva gutaka kwanjye,
Tyariza ugutwi gusenga kwanjye.
Mpagaze ku mpera y'isi nzajya ngutabaza,
Uko umutima wanjye uzagwa isari. Unshyire ku gitare kirekire ntakwishyiraho,
Kuko wambereye ubuhungiro,
N'igihome kirekire kinkingira umwanzi.
Nzaguma mu ihema ryawe iteka, Nzahungira mu bwihisho bwo mu mababa yawe.
Sela.
Kuko wowe Mana, wumvise umuhigo wanjye,
Umpaye umwandu uhabwa abubaha izina ryawe.
Uzongerera umwami iminsi y'ubugingo bwe,
Imyaka ye izabe nk'iy'ab'ibihe byinshi.
Azaguma mu maso y'Imana iteka, Itegura imbabazi n'umurava kugira ngo bimurinde.
Bizatuma ndirimbira izina ryawe ishimwe iteka,
Ngo mpigure umuhigo wanjye uko bukeye.”

Zaburi 61:1-9

17/07/2015

“Uwiteka ni igitare cyanjye n'igihome cyanjye kinkingira n'umukiza wanjye,
Ni Imana yanjye n'urutare rwanjye rukomeye,
Ni we nzahungiraho,
Ni we ngabo inkingira n'ihembe ry'agakiza kanjye,
Ni igihome cyanjye kirekire.”

Zaburi 18:3

Address

Kigali
PO.BOX151KGLI

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Uncle Jeje posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Place Of Worship

Send a message to Uncle Jeje:

Share