08/06/2016
RAMADHAN UKO ALLAH YAYIVUZE MURI QURAN
Quran ntagatifu, surat Al Baqara (2)
Aya ya 183
Yemwe Abemeye! Mwategetswe ugusiba nk' uko abababanjirije babitegetswe kugira ngo muganduke.
Ayat ya 184
Ni iminsi mbarwa. Muri mwe uzaba arwaye, cyangwa ari ku rugendo, azuzuze umubare mu yindi minsi. Ku batabishoboye nibatange ingurane yo kugaburira umukene.Uzarenzaho ni byiza kuri we ,kandi gusiba ni byo byiza kuri mwe iyabaga mwari mubizi.
Ayat ya 185
Ukwezi kwa Ramadhan ni ko Qor'aan yamanuwemo kugira ngo ibe ubuyobozi ku bantu n' ibimenyetso bigaragara by'ubuyobozi hamwe na Fur'qaan. Uwo uko kwezi muri mwe kuzasanga , azagusibe. Uzaba arwaye cyangwa ari ku rugendo,azuzuze umubare umubare m yindi minsi. Allah arabashakira ibyoroshye ntabwo abashakira ibikomeye. Nimwuzuze umubare munakuze Allah ku byo yabayoboye kugira ngo mushime.
Ayat ya 186:
Abagaragu banjye nibakubaza aho ndi, mu by' ukuri Jye ndi hafi, nikiriza ugusaba k' usaba iyo ansabye .Ni banyoboke bananyizere kugira ngo bayoboke.
[6/8, 10:37] Iman Jj: Alhamdulillah was a swalat wa salaam alaa Rasulullah (SAW). Nyuma yo gushima Allah no gusabira intumwa yacu amahoro n’imigisha, turongera dushime Nyagasani wduhaye kugera muri uku kwezi gutagatifu amahoro, tutmusaba ko yadutera inkuinga tukabona inyungu zose yashyize muri uku kwezi, bikatubera n’impamvu yo kuba abagaragu yishimiye, tukaira ubu*ima bwiza hano kw’isi kandi n’ejo ku munsi w’imperuka tukaba mu bishimye, Allahumma ameen.
Isomo ry’umunsi ni ukumenya intego ya Ramadhan nkuko Allah ayivuga, bikadufasha kumenya icyo tugendereye no kuyikuramo inyungu Allah yashyizemo; kuko ari mu gihombo uwo Ramadhan izasiga uko yamusanze. Ni ngombwa rero kuyisobanukirwa kugirango tutaba mu banyagihombo
☪ # # # Intangiriro # # # ESE ITEGEKO RYO GUSIBA RIZA RITE MURI QURAN?
💝 Iyi ni idini ya Ibrahim. Intumwa Muhammad (SAW) yaje aje kuzuza umurage wa Ibrahim. Inkingi zose uko ari 5 za Islam zifatira kuri we (Shahada : ni Nabbi Ibrahim wayitangije Tauhid, we idini y’Imana imwe ishingiyeho (Quran 3 ; 90 na 6 :78),Iswala ni umugenzo n’iduaa Nabbi Ibrahim yasabye (Quran 26 : 16 -19), Zakat ni umurage wa Nabbi Ismael mwene Ibrahim (Quran 19 :55), Hajj idusubiza mu migenzo yose ya nabbi Ibrahim (AS). Ese Ramadhan yo ihurira he na Nabbi Ibrahim na Tauhid ?
💝 Ramadhan: Duaa ya Nabbi Ibrahim amaze kubaka Kaaba, ariko kumwe na Nabii Ismail; ngo Allah yohereze intumwa izabigisha amagambo ya Allah akanabasukura (Quran 2, 129). Kuza kwa Rasuluh kwaje ari nk’igisubizo cy’iduaa ya Nabbi Ibrahim as, nyuma y’imyaka myinshi cyane, kandikwari gutegerejwe na benshi barimo n’abayahudi bari barahanuriwe intumwa ya Nyuma ko izaza izanye ubutumwa buheruka. Iyo duaa yasubijwe mu ijoro rya Lailatul Qadr, riri mukwezi kwa Ramadhan: bityo rero, Ramadhan ni nk’umunsi wo kwibuka uburyo iduaa ya Nabbi Ibrahim yasubijwe, Allah akamanurira abantu bose umuyoboro, akarokora roho zabo akoresheje intumwa Muhammad SAW
[6/8, 10:42] Iman Jj: ‼ UMUISLAMU NINDE? Ni wawundi ugandukiye, wemeye kuba umugaragu wa Allah, agakurikira Intumwa ya Muhammada SAW. Abayahudi n’abandi babanje mu gihe cya Nabbi Ibrahim bumvaga ko ari abagandukira Imana Imwe (abaislamu). Ariko uyu munsi siko biri, kuva aho Allah yagiriye Islam ummah nshya, ubwislamu bwatandukanye n’indi migenzo yariho.
‼ Kubera kwigomeka kuri Allah bwa kabiri (nyuma yo kwanga gukurikira Issa AS) no kwishyira hejuru ko ari ubwoko bw’Imana, ko umuryango wabo ariwo ukomeye, Allah yaje gushyira itandukaniro hagati yabakurikiye umurongo Nyakuri wa Nabbi Ibrahim, ategeka abemera gukurikira Mtume Muhammad (SAW). Itandukaniro ryabayeho Allha ahindura qibla, ayikura Jerusalem ayerekeza Makka (Quran 2: 149-150). Aho niho hagararariye itandukaniro hagati y’abagaragiye Allah “ABAISLAMU”, n’abafite ibindi bahaye agaciro (nk’umuryango bavukamo, kibri n’irari ry/imitima yabo) (Quran 2, 142-145)
➡➡ Guhinduka kwa Qibla kwerekena ko ummah nshya yari ivutse, ihabwa Capital nshya, ihabwa ndetse n;itegeko shinga (constitution) rishya ariryo Quran, yamanutse mu ijoro ry’ubugabe (independence day). Duhinduka dutyo ummah nshya – iyo Allha avuga ko iringaniye, iri hagati (Balanced nation). Niyo mpamvu iyi ariyo nzira ya Nabbi Ibrahim (AS), dusaba Allah ko yaduha kuyigumaho kugera ku mpera
➡➡ Ramadhan kuri twe ni ukwizihiza ubwenegihugu bwacu bushya nka ummah ya Allah. Kwizihiza ubwislamu bwacu no kongera kuburahirira bundi bushya
☪ # # # INTEGO YA RAMADHAN N’INTEGO YO GUSIBA # # #
Intego yo gusiba n’intego ya Ramadhan biratandukanye
💝 Intego yo gusiba: TAQWA
👉🏾 Ayat ya 183 ivuga ko dutegetswe gusiba nk’aba mbere, hagenderewe gushaka kugera kuri taqwa. (Nkuko n’abandi nabo barabikoraga)
👉🏾 Taqwa ni iki?:
✍🏾 Ni gutinya kukuganisha ku kwirinda. Igikorwa wakora, ingamba wafata wirinda ingaruka mbi (gutinya wirinda) ni igikorwa cya Taqwa.
✍🏾 Ese Taqwa ndayibona nte ko numva ko ivugwa mu nyigisho zose ko ari ngombwa? Gusiba ni inzira yagufasha kubona taqwa, ariko ubwabyo sibyo biguha taqwa, ahubwo ugera kuri Taqwa kubera uburyo wakoreshejw igisibo cyawe. (Allah yaravuze ati: wenda mwagira taqwa, ntiyavuze ngo muzahita mugira taqwa - ntabwo biri automatique ko uhita ugira taqwa, ahubwo urabiharanira)
✍🏾 Gusiba kukugeza kuri taqwa gute? Iyo usibye, umubiri wawe uba ukwinginga ngo uwugaburire, uwuhe ibyo ukeneye, ariko umutima wawe ukabibuza, ukabitegeka gutegereza maghrib. Aha tuba turwanya kamere kugirango Allah atwishimire. Ibi niba tubishibora rero, bizatworohera noneho gutegeka kamere kureka ibyo Allah adashaka mu gihe byo bitanaremeye nko kureka kurya, kunywa no kubonana kw’abashakanye. Allah atubuza noneho ibidufiteho ingaruka
👉🏾 uko igisibo cyariho na mbere: yari Iminsi micye ibarirwa ku ntoki (bigaragara ko ariko n’abambere babikoraga), ndetse uwo bigoye agatanga icyiru cyo kugaburira abakene. – Ibi byariho na mbere, hagamijwe kuzana gutinya Imana mu mitima.
💝 Intego ya Ramadhan: (aya ya 184) QURAN ARIYO IRANGA UBWISLAMU
👉🏾 Igikomeye cy’ukwezi kwa Ramadhan: Ese kuki Allah atategetse gusiba gusa, ahubwo akerekana ukwezi gutandukanye nandi, akakugira ukw'igisibo cy'itegeko, ikaba inkingi mu nkingi za Islam?? Nta yindi mpamvu keretse ko ARIKO KWEZI QURAN YAMANUTSEMO
✍🏾 Byerekana ko ntabwo Ramadhan ari ibihe by’inzara n’inyota, cyangwa se gusangira iftar no kunezerwa hamwe… Kuko ibyo na mbere byahozeho. Ahubwo aho yabereye ukwezi kw’itandukaniro, ni uko ari ukwezi kwa Quran (uyu ukaba umwihariko wa Islam uko Mtume Muhammad (SAW) yayihawe)
✍🏾 Ramadhan ni ukwezi amateka yaciwe ku kiremwamuntu, ummah iravuka, isi ihindurirwa icyerekezo. Ibihumbagiza by’abantu byarahindutse kubera uku kwezi. Imibereho ya mwenemuntu yarahindutse burundu muri uku kwezi
✍🏾 Ramadhan ni igihe cyo kwakira ubutumwa : Mtume Muhammad (saw) atarabona ubutumwa, yarihereraga mu buvumo ashakisha icyamuyobora, akanasiba ntawabimutegetse – iyo wimye ibindi byose agaciro ukazimya kwifuza kwawe, hari uburyo ubutumwa bukugeraho bunoze, Butabavangiwe :uku ni ukwezi tugomba guhagarika byose kugirango ubwenge bwacu bwose tubuganishe kuri butumwa bwatumanuriwe. Kwitegereza ni gutekereza ku byamanutse muri Quran bituma dutangarira cyane uwayimanuye, tukabona uburyo ahambaye, tukongera kwicisha bugufi imbere y'ubutagatifu bwe.
☪ # # # QURAN NI IKI KURI TWE? # # #
NI IKI TUVUGA KO TWIZIHIZA MURI QURAN ? Ni iki dukeneye kongera kuyibonamo ?
Nguko uko Allah avuga Quran : 1.Huda linnas (umuyoboro ku bantu),
2. Bayyinah minal huda (gihamya mu muyoboro)
3. wal furqaan (itandukanyirizo).
Surat al Baqara yamanukiye Madina, abaswahaba babizi ko quran ari umuyoboro, ufite gihamya muri yo kandi utandukanya ikibi n’icyiza. Ariko kuba Allah yarongeye gusa nk’ubabwira icyo aricyo, nukugirango abantu bongere bayirebe bushyashya (amagambo ya Allah ni inyanja)
🔆 Huda linnass (umuyoboro ku bantu). Quran ni inzira ikwereka uko ukora buri cyose mu bu*ima bwawe bwose, ikakwereka icyo utoranya (uko uvuga, uko wambara, uko ugenda, aho waba, business wakora, uwo washakana nawe, aho abana bawe bakwiga, byose mu bu*ima bwawe). Ni umujyanama w'inzobere (expert) akaba n'umujyanama wawe bwite (personal advisor). Nujya muri quran uzasoma amagambo wibaze ko ari wowe yamanukiye (igitangaza cyawe bwite), kandi uzasangamo inama z’ubuhanga. Uyu si umuyoboro w’abemera gusa, ni uwabantu bose muri rusange – byerekana ko tugomba gukora dawah n'abatari abaislamu bagakuramo ibyabafasha kuko ni umuyoboro rusange
🔆 Bayinnah (gihamya itaburanywa, igutangaza cyemeza) : izindi ntumwa zahawe ibitangaza birebwa n’amaso. Gusa ibyo bitangaza bizakomeza gutangaza uwari uhari wabibonesheje amaso wenyine, abandi bazatangira kubifata nk’ibisanzwe. Iri sezerano rya nyuma rero, Allah yakoze ku buryo ubutumwa buza ubwabwo bwuzuyemo ibitangaza bizajya bihora bidutangaje, bigatangaza n’abazaza nyuma, kuko birenze gutangaza amaso gusa.
👉🏾Allah ayahaga intumwa ubutumwa n’ibitangaza, ariko Allah yamanuye quran ngo ibe byose : ibitangaza mu butumwa (bayyinah minal huda) ; kugirango bigumeho ndetse birusheho gutangaza abazaza nyuma
👉🏾 Ibitangaza ni automatic kugirango bigutangaze. Ariko Quran isaba ko uyitekerezaho : Allah aravuga muri surat Muhammad (47, aya 24) ati "Ese kuki badatekereza kuri Quran? Cyangwa imitima yabo iriho ingufuri? niko Allah avuga. Niyo moamvu Quran izasaba gusoma, kuyitaho kugeragez gusobanukirwa kugirango ubone ibitangaza bigutangaze. Ibyo bitangaza nutangira kubibona, bizaguhindura wese nk'uko Nabbi Issa (AS) yazuraga abapfuye bigahindura ababibonesheje amaso. Quran nicyo gitangaza cyacu
🔆 Al furqaan : Nyuma yo kumva ko ari umuyoboro kandi urimo ibitangaza ubwabyo, nta yindi excuse uretse ko ubona ko Quran itandukanya ikibi n’icyiza, mu buryo budasubirwaho. Wamaze kubona ibitangaza bituma.uyemera, wabonyemo umuyoboro n'inama, ubu noneho ije gutandukanya ibibi n'ibyiza.... Kwemeza ubwislamu bwawe rero ni ukuyikurizikiza ukemera kuyoborwa nayo, ugashyira ibindi ku ruhande.
☪ # # # AHO RAMADHAN ITANDUKANIYE NO GUSIBA KWARIHO # # #
👉🏾 Aya iragira iti: Nyuma y’ibyo rero ukwezi kwa Ramadhan nikubageraho, musibe. Ni nko kutubwira ngo mwongere murebe ibi bitangaza, mutangare, mwumirwe kubera Nyagasani wanyu kuburyo musanga no kurya no kunywa bitagifite akamaro... MWUZURWE NO GUTINYA IMANA, MUSIBE
👉🏾 auwo bigoye AZISHYURE IMINSI – Nta kugaburira abakene kuri kuri iyi ayat (intego ya Ramadhan). Iyo udasibye uba ucikanwe n’ibyiza bya Ramadhan, kuburyo ibyiza nuko wasiba ukabona kwa gutangarira umuremyi wawe. Kuri aya ivuga uko basibaga cyera niyo ifite kugaburira abakene gusa. Muri macye, Ramadhan kuyifatisha neza ni ugusiba... ibindi ni ukubura uko umuntu agira...
👉🏾 Allah ati: muzasibe ukwezi kose. Nyamara aba mbere bo basibaga iminsi 3 gusa
👉🏾Allah yaragiza ati "arabashakira ibyoroshye ntabashakira ibikomeye". Nyamara ujo bigaragara gusiba kwa Ramadhan kurakaze kurusha uko mbere basibaga. Mu byaukuri ni uko Allah ashaka ibyoroshye KUBERA MWE, adashaka ibikomeye KUBERA MWE: Allah arahindura amateka y’ikiremwamuntu kubera mwe, niyo mpamvu mukeye IKOSI/ training (isomo rirakomeye, murangize iminsi yagenwe, muhabwe impamyabushobozi (graduation day ariwo munsi wa Eid) , Hanyuma uwo munsi musingize Allah kuko yabayoboye. Ibi byose ni bishya ku gisibo cya Ramadhan; byongera gushimangira ko ubu intego zo gusiba muri Ramadhan ari urundi rwego, rutandukanye n'urwa cyera
✍🏾 kuva training irangiye rero, mweretse umubiri no kwifuza kwanyu ko Allah ariwe mukuru. Ubu noneho mukomeze mwerekane ko Allah ariwe mukuru, hanyuma mushimire uburyo Allah yabayoboye, akabakorera training kugirango habeho koroherezwa muri mwe ndetse no mu bantu muri rusange: byerekana ko Ramadhan igomba gusiga iduhinduye, turi abagaragu nyabo bakora ibyo Nyagasani wabo yishimira, batsinda irari naibyifuzo byabo, bagakora ibyo Allah abashakaho.
✍🏾 Abemera basabwa kongera kuredecouvra quran nkaho ari nshya, kugirango bayigeze no ku bandi. (Ni umuyoboro ku bantu BOSE). Uzafasha abandi kuyimenya ute se nawe ntayo ufite?
‼ Abacyera basomaga igisomo kikamera nko kumva khutba ya Allah (taraweh), nyamara ubu taraweh yacu yarahindutse, ntitwumva amagambo nk’abacyera. Tugomba kongera gushaka gusobanukirwa n’ubuhangange bwa Allah, kugirango tubone Huda, bayyihan na furqaan. Tugomba kwirinda kwihutira kurangiza ibisomo mu gihe ntacyo dukuramo. Tugomba GUKURAMO UBUTUMWA, tukabona Hudda, bayinnah na Furqaan mu bisomo byacu.
☪ # # # CONCLUSION: UMUSARURO WO KWEGERA QURAN # # # (ayat ya 186)
💝 Quran ni ikiganiro hagati ya Allah n'abagaragu be:
👉🏾 Quran ni Ikiganiro cyacu na Allah: Allah aravuga natwe tukamusubiza: Allah avuga muri quran natwe tukamubwira mu duaa. (Urugero ni surat al Fatiha, aho ayats kuva kuri 1 kugera igice kimwe cya aya ya 4 ari ikiganiro cya Allah, hanyuma igice gikurikira cya aya ya 4 kugera 7 kikaba ikiganiro cy'umugaragu abwira Allah)
👉🏾 Aya ya 186 ikomeza ivuga ibyo gusaba Allah. Ramadhan ni igihe cyiza cyo gusaba Allah, ariko bigomba kubanzirizwa no kumva Allah kwanza: Ni ngombwa kumwumva mbere yuko tumusaba kutwumva. Kuko nitumusaba azaba ari bugufi yacu yiteguye kutwumva nk'uko abivuga muri aya ya 186
👉🏾 uburyo Allah avuga iyi aya buratangaje! Avugaba icyizere ko abagaragu bari bushake Allah. Abagaragu bari bukumbaze: Allah ntabwo yihebye kuri twe, ategereje ko tumushaka, n’ubwo twaba tumeze nabi dute, aracyadufitiye icyizere ko tuzaza gusaba we gusa, nawe aradutegereje
💗Twegera Allah kuri Quran hanyuma natwe Allah katwegera mu duaa
💗 Intumwa niyo itwigisha uburyo bwiza bwo gusaba Allah ninayo mpamvu Allah yiteze ko tuzabaza Intumwa aho Allah ari ngo tumusabe, nawe akahatwerekesha amaduaa atwigisha n'imigenzo myiza imutwegereza. Ariko iyo bigeze gusubiza Allah ahita agusubiza direct atanyuze ku ntumwa, niyo mpamvu avuga ahita yibwirira umugaragu en direct, ntatume intumwa ngo Genda ubabwire ko ndi bugufi bwabo...
💗 Allah arasubiza byuzuye, ako kanya, agasubiza guhamagara k’usaba (uwariwe wese usaba, uko umeze ukwariko kose). Iyo urebye uwo Allah asubiza usanga agomba gusa KUZA GUSABA. Allah ntakubaza aho wari uri mbere cg ngo akwishyuze inema yaguhaye.... arashaka ko uza gusaba gusa
💗 nuza gusaba gusa rero, hari ikindi Allah agusaba kugirango nawe agusubize: nawe ugomba kugerageza gusubiza Allah: Gushyira imbaraga, ubushake mu gusubiza Allah (kugerageza gutunganya ibyo agusaba, kubyuka kuri fajr, kureka haraam, kugerageza kugaragira Allah mu mibereho yawe ya buri munsi, mu bybo wambara, mu byo uvuga, mu byo urya,… . Allah icyi agutezeho agukeneyeho cyane ni IMBARAGA N'UBUSHAKE. Arabona KUGERAGEZA KWAWE, imbaraga uri gushyiramo, ntasaba ko uhita utungana 100%, ahubwo shyiramo ubushake ugerageze.
➡➡➡ Ibyo byose bizabageza ku nzira igororotse: mu gihe mwateza Allah amatwi mukagerageza kumusubiza, mukamusaba mwizeye… NIKO KUYOBOKA KWANYU, NIKO GAKIZA KANYU, NIYO NZIRA ITUNGANYE KURI MWE!
‼‼ ICYITONDERWA: Ayats zibanziriza izi n'izikurikiraho zivuga ku mutungo, kuzungura,… Taqwa uzasarura mu kwegera Allah unyuze mu gitabo cye, uzasanga izagaragarira mu buryo ubona rizk n'uko uyikoresha. Burya umutungo ni ikigeragezo gikomeye! uko wasenga kose ariko ukaba muri business zitari zo, ukambura abantu, ukabeshya, ukagavura, ukariganya, ukarya umutungo waturutse aho Allah yabujije (haram), … nta taqwa uzaba ufite. Niwirinda ibyo urya nibyo unywa muri iki gisibo, uzabasha kwirinda no mu gushaka rizk. Uzizera Allah ko ariwe Ar Razaq, umutinye nawe akugaburire ibikwiye. Uzanamutinya mu mibereho yawe yose nawe akugorororere ubu*ima buri ku murongo!
Ndasoza nshima Allah wadutoranije akatuyobora kuri uyu murongo, musaba ko yaduha ibyiza byauku kwezi, akadusobanurira amagambo ye atangaje kandi agafungura imitima yacu ikemera kujya kuri gahubda ya Quran.
Jazakulah al Khair, wassalam alaykum wa rahmatullahi wa barakatuh
(IRI SOMO RYAKUWE KU ISOMO RYATANZWE NA USTADH NOUMAN ALI KHAN RYITWA RAMADHAB IN ALLAH'S WORDS)