UKURI Kuvugwe Ministry

UKURI Kuvugwe Ministry Contact information, map and directions, contact form, opening hours, services, ratings, photos, videos and announcements from UKURI Kuvugwe Ministry, Religious organisation, Gikondo, Kigali.

Iyi page ibereyeho kwerekana ukuri kw'ijambo ry'Imana maze ibinyoma bigahunga bityo inzira ya gikrito igatamurukamo umwijima maze abantu b'Imana bakamenya Ukuri kw'ijambo ry'Imana maze rikababatura.

https://youtu.be/WLYG7qHoc1ITuri mu gihe umudendezo w'umuntu uri kubangamirwa cyane, ku buryo umuntu afatirwa imyanzuro ...
13/05/2022

https://youtu.be/WLYG7qHoc1I

Turi mu gihe umudendezo w'umuntu uri kubangamirwa cyane, ku buryo umuntu afatirwa imyanzuro ku buzima bwe ndetse ishobora kumugiraho ingaruka zitari nziza.

Hongeye kwaduka inkubiri yo gukingira ku gahato mu mujyi wa Kigali, cyane cyane hakibasirwa abantu bitwaza iyobokamana.

Ariko ibyo ni ukongera gukora Imana mu mboni y'ijisho ryayo.
Imana kuri iyi nshuro ntabwo irakomeza kureberera abantu bayikora mu jisho, hakurikiyeho igihe hagiye kubaho nk'ibyabaye kuri Herode igihe yicaga yakobo ndetse agashaka kwiyongeza Petero.

Herode nyuma yo gutesha agaciro iyobokamana, yishyize hejuru mu mutima maze yumva ko ubwe ari hejuru y'inzitwazo zose zatangwa n'abigishwa ba Kristo. Byarangije yigize nk'Imana, ariko hakurikiyeho kurimbuka kwe. Uko ni nako bigiye kugendekera abategetsi barenganya ubwoko bw'Imana bakanishyira hejuru y'Ijambo ryayo.

Nk'uko abami b'Abaroma barenganyije ubwoko bw'Imana batarambye ku ngoma, ni nako ntawe urenganya muri iki gihe uzaramba ku butegetsi bwe.

Imana irahamagarira buri muntu wese kwirinda kurenganya, kuko abarenganya bazabona ishyano bakirenganya. Imana irahamagarira buri muyobozi wese kwihana hakiri kare. Natwe turabasabira guhindukirira Imana no kurindwa na yo mu nshingano zose zanyu.

Muri iki kigisho turareba byinshi.

Turi mu gihe umudendezo w'umuntu uri kubangamirwa cyane, ku buryo umuntu afatirwa imyanzuro ku buzima bwe ndetse ishobora kumugiraho ingaruka zitari nziza.Ho...

11/05/2022



ESE KOKO BABA BERETSWE?
💒⛪🏫💒⛪🕌🕌🕍🛕

Tugeze mugihe cyavuzwe n'ubuhanuzi bwa bibiliya ngo"

Mariko 13:22
kuko hazaduka abiyita Kristo n'abahanuzi b'ibinyoma bakora ibimenyetso n'ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n'intore niba bishoboka.

Hadutse abahanuzi bibinyoma benshi mu madini atandukanye kandi barimo kuyobya intore z'Imana nkuko byavuzwe n'ubuhanuzi.

Kuri ubungubu idini ry'ibanda ku kwigisha bibiliya ntiryishimiwe mu maso ya rubanda ahubwo hishimiwe idini rivuga amayerekwa ndetse rigakora nibitangaza, bagahanurira nabantu kuzagira ishya nihirwe.
Intumwa pawulo yabihanuye muri aya magambo ati"
2 Timoteyo 4:3-4
kuko igihe kizaza batazihanganira inyigisho nzima, ahubwo kuko amatwi yabo azaba abarya yifuza kumva ibibanezeza, bazigwiriza abigisha bahuje n'irari ryabo,

kandi baziziba amatwi ngo batumva ukuri, bazayoba bakurikize imigani y'ibinyoma.

Kubyina, guhanurirwa ,imyidagaduro ndetse nibindi binezeza biryoheye amatwi ya rubanda nibyo bikurura abantu mu nsengero ziki gihe, ugasanga bakuruwe nibinezeza kandi ntamutima wo kubaha Imana ubarangwamo.

Ijambo ry'Imana ryongera kugaruka ku bahanuzi biki gihe riti"
Yeremiya 14:14-15
Maze Uwiteka arambwira ati “Abahanuzi bahanura ibinyoma mu izina ryanjye, si jye wabatumye kandi sinabategetse, haba no kuvugana na bo. Babahanurira iyerekwa ry'ibinyoma, n'iby'ubupfumu n'ibitagize umumaro, n'uburiganya bwo mu mitima yabo.

Ni cyo gituma Uwiteka avuga iby'abahanuzi bahanurira mu izina ryanjye kandi ntabatumye, nyamara bakavuga bati ‘Inkota n'inzara ntabwo bizaba muri iki gihugu.’ Ati ‘Abo bahanuzi bazarimbuzwa inkota n'inzara.’

Muri iyi minsi abahanuzi bahanurira abantu kugira amahoro, umutekano ,kugura amamodoka, viza zo kujya ibirayi, ndetse n'ibindi byinshi byiza maze bagahisha abantu yuko bazarimbuka nibakomeza kuba mubyaha, nubwo babahanurira ibyamahoro ijambo ry'Imana rivuga ko Ntamahoro yabanyabyaha.

Ezekiyeli 13:6
Babonye iyerekwa ry'ubusa n'ubupfumu bw'ibinyoma, kandi baravuga bati ‘Ni ko Uwiteka avuga.’ Nyamara Uwiteka atari we wabatumye, ariko bemeza abantu kwiringira ko ijambo ryabo rizasohora.
Ezekiyeli 13:7
Mbese iyerekwa mwabonye si iry'ubusa, ubupfumu mwavuze si ubw'ibinyoma, ubwo muvuga muti ‘Uwiteka yavuze’, kandi ari nta cyo navuze?”

Uwiteka ntago azakomeza kwishimira abahanuzi bamubeshyera ngo yavuze kandi ntacyo yavuganye nabo ahubwo bishakira amaramuko.
Ijambo ry'Imana rivuga kuri abo bahanuzi riti"
Ezekiyeli 13:9
Kandi ukuboko kwanjye kuzibasira abahanuzi babona iyerekwa ritagize icyo rimaze, bagahanura ibinyoma. Ntabwo bazaba mu nama y'ubwoko bwanjye, kandi ntabwo bazandikwa mu gitabo cy'inzu ya Isirayeli, habe no kwinjira mu gihugu cya Isirayeli, namwe muzamenya ko ndi Umwami Uwiteka.

Impamvu ituma Uwiteka azabahana y'Ihanukiriye nuko bahanurira abanyabyaha ko bazatunga bagatunganirwa aho kubahugurira kwihana. Uwiteka aravuga ati"
Ezekiyeli 13:10
“Ni ukuri bashutse ubwoko bwanjye bavuga ngo ‘Ni amahoro’ kandi ari nta yo, kandi iyo hagize uwubaka inkike bayihomesha ishwagara ridakomeye.

Yeremiya 23:32
Dore mpagurukiye abahanura iby'inzozi by'ibinyoma, ni ko Uwiteka avuga, bakabyamamaza kandi bakayobesha ubwoko bwanjye ibyo binyoma byabo no kwirarira kwabo k'ubusa. Nyamara sinabatumye, sinabategetse kandi nta cyo bamariye rwose ubu bwoko. Ni ko Uwiteka avuga.

Uwiteka anezezwa nuko abanyabyaha bimenyaho ububi bwabo maze bakamuhindukirira bakihana , ariko abahanuzi basezeranira abanyabyaha ibyiza kuburyo umunyabyaha agirango ni ingororano zibyaha yakoze.
2 Pet 2:18-19
kuko bavuga amagambo akakaje yo kwihimbaza, bashukashuka abari mu ihunga ryo guhunga abagenda bayobye, babashukashukisha irari ry'umubiri n'imigenzo y'isoni nke.
Babasezeranya umudendezo nyamara ubwabo ari imbata z'ibiboze....


Kera muri isirayeli Imana yacyashye abahanuzi , ndetse ibashyiriraho n'Ibihano iti"
Gutegeka kwa kabiri 18:20
Ariko umuhanuzi uzahangara kwihimbira ijambo ntamutegetse kuvuga akarivuga mu izina ryanjye, cyangwa akavuga mu izina ry'izindi mana, uwo muhanuzi azapfa.”


Ariko abahanuzi biki gihe bashize ubwoba bihimbira kuvuga ibyo Imana itababwiye kandi bakabivuga ntambebya , ariko vuba bidatinze amateka agiye gucibwa maze bahanirwe icyaha gikomeye cyo kubeshera Imana ndetse no kubeshya abantu bayo.


Ijambo ry'Imana riravuga riti"
Gutegeka kwa kabiri 18:21-22
Kandi niwibaza uti “Tuzamenya dute ijambo Uwiteka atavuze?”

Umuhanuzi navuga mu izina ry'Uwiteka hanyuma icyo yavuze ntikibe, ntigisohore, icyo kizaba ikitavuzwe n'Uwiteka. Uwo muhanuzi azaba ahangaye kucyihimbira, ntuzamutinye.


Abahanuzi tugomba gutinya cyane ni abahanura kandi batatumwe n'Uwiteka kandi bikabaho.

Bahanura ubuhanuzi buteshyura abantu kw'ijambo ry'Imana, bahanurira abantu guhindukirira ubutunzi bw'isi nsetse n'irari ry'iby'isi , maze ugasanga aba Kristo basigaye bashyira Imbere kubona ubutunzi kuruta kubona Imana.

Aba bahanuzi batatumwe n'Imana kandi bahanura bikabaho , ibyabo byavuzwe ngo"
Gutegeka kwa kabiri 13:2-5
Muri mwe nihaboneka umuhanuzi cyangwa umurōsi, akakubwira ikimenyetso cyangwa igitangaza,

icyo kimenyetso cyangwa icyo gitangaza kigasohora, icyo yakubwiye agira ati “Duhindukirire izindi mana izo utigeze kumenya tuzikorere”,

ntuzemere amagambo y'uwo muhanuzi cyangwa y'uwo murōsi, kuko Uwiteka Imana yanyu izaba ibagerageza, ngo imenye yuko mukundisha Uwiteka Imana yanyu imitima yanyu yose n'ubugingo bwanyu bwose.

Ahubwo mujye muyoborwa n'Uwiteka Imana yanyu muyubahe, mwitondere amategeko yayo muyumvire, muyikorere muyifatanyeho akaramata.

Ijambo ry'Imana ritubuza kwifatanya n'abahanuzi bahora batwereka isumbwe n'icyubahiro tuzagira mu isi kuruta kutswereka ubukungu bw'iteka ryose tuzagira mu ijuru. Kugirango tutimura Imana tugasigara dusenga imirimo yamaboko yacu

_MBESE NAWE IMANA YAVUGANA NAWE?_

Imana yaravuze iti"
Yeremiya 29:13
Muzanshaka mumbone, nimunshakana umutima wanyu wose.

Imana yiteguye kwiyereka no kuvugana na buri umwe wese uyishakana umutima we wose.

Mbese abavuga ko beretse ibyacu nuko aribo bashakisha Imana kuturusha?

Iyo dushishikariye gusenga Imana tuyishakisha Imitima yacu yose iratwiyereka ntakabuza.
Imana iravuga iti"
Yeremiya 29:12
Kandi muzanyambaza, muzagenda munsenga nanjye nzabumvira.


Nkwifurije gushaka Imana aho gushaka abahanuzi.
Yak 4:8
Mwegere Imana na yo izabegera. Yemwe banyabyaha, nimukarabe. Namwe ab'imitima ibiri, nimwiyeze imitima.


Nkwifurije kugira umwete wo gushaka Imana maze nawe ikakubwira ibyawe aho kubibwirwa nabandi. mu izina rya Yesu.

*website:
*YouTube : IMPANDA Y'IMPERUKA MINISTRY
*Facebook : Impanda y'Imperuka Ministries
* Instagram : impandayimperuka


Imana ibane namwe!

*ITANGAZO*Tunejejwe no kubararikira kwitabira gahunda yo kwiga amahame ya Bibiliya, muri group ya WhatsApp *Impanda y'Im...
22/02/2022

*ITANGAZO*

Tunejejwe no kubararikira kwitabira gahunda yo kwiga amahame ya Bibiliya, muri group ya WhatsApp *Impanda y'Imperuka*, aho tuzajya twiga dukoresheje Audio n'inyandiko.

Tuzajya twiga kuwa:
• *Mbere w'isabato*
• *Gatatu w'isabato*
• *Gatanu w'isabato*
Tuzajya twiga ku isaha ya Saa 7:30 PM. Maze tujye mu mwanya w'ibibazo n'inyunganizi.

Gahunda yo kwiga izatangira kuwa 24 Gashyantare 2022. Mwese muratumiwe!

Ukeneye kujya muri group ngo ujye ubona ibyigisho, kanda kuri iyi link.
👇👇👇
https://chat.whatsapp.com/Ko5Di9R5De36uep1HnuKdB

*Umutoniwase Belyse*
*Impanda y'Imperuka Ministry*

WhatsApp Group Invite

15/02/2022

ZABURI

Zab 59:2-18

[2]Mana yanjye, unkize abanzi banjye,Unshyire hejuru y'abampagurukira.

[3]Unkize inkozi z'ibibi,Undinde abicanyi.

[4]Kuko bubikira ubugingo bwanjye,Abanyambaraga bateraniye kuntera,Kandi ntazize igicumuro cyanjye,Cyangwa icyaha cyanjye, Uwiteka.

[5]Barirukanka bakitegura batagize icyo bampora,Kanguka unsanganire ubirebe.

[6]Ni wowe mpamagara, Uwiteka,Mana Nyiringabo, Mana y'Abisirayeli,Kangukira guhana abapagani bose,Ntugire abanyabicumuro babi ubabarira.Sela.

[7]Bagaruka nimugoroba bagakankama nk'imbwa,Bakazenguruka umudugudu.

[8]Dore badudubiranya amagambo mabi mu kanwa kabo,Inkota ziri mu minwa yabo,Kuko bibaza bati “Ni nde ubyumva?”

[9]Ariko wowe Uwiteka uzabaseka,Uzakoba abapagani bose.

[10]Wa mbaraga yanjye we, nzagutegereza,Kuko Imana ari yo gihome kirekire kinkingira.

[11]Imana mboneramo imbabazi izansanganira,Imana izanyereka ibyo nshakira abanyubikira.

[12]Ntubice kugira ngo abantu banjye batabyibagirwa,Mwami ngabo idukingira,Ubatatanishe imbaraga zawe ubacishe bugufi.

[13]Ijambo ryose ryo mu minwa yabo ni igicumuro cy'akanwa kabo,Ubwibone bwabo bubafate nk'umutego,Imivumo n'ibinyoma bavuga na byo bibafatishe.

[14]Ubatsembane umujinya,Ubatsembe be kubaho ukundi,Kugeza ku mpera y'isi hose,Bamenye yuko Imana itegeka Abayakobo.Sela.

[15]Ba bandi bajye bagaruka nimugoroba bakankame nk'imbwa,Bazenguruke umudugudu.

[16]Bahunahune bashake inyama,Nibadahaga bakeshe ijoro.

[17]Ariko jyeweho nzaririmba imbaraga zawe,Kuko wambereye igihome kirekire kinkingira.Mu gitondo nzaririmbisha imbabazi zawe ijwi rirenga,N'ubuhungiro ku munsi w'amakuba yanjye.

[18]Ni wowe wa mbaraga yanjye we, nzaririmbira ishimwe,Kuko Imana ari yo gihome kirekire kinkingira,Ni Imana mboneramo imbabazi. imbabazi.

Yesu ashimwe. Tubahaye ikaze muri iki kigisho tugiye kwigiramo ugomba kuba umugenga w'umubiri wacu. Umubiri wacu ni uw'I...
02/02/2022

Yesu ashimwe. Tubahaye ikaze muri iki kigisho tugiye kwigiramo ugomba kuba umugenga w'umubiri wacu. Umubiri wacu ni uw'Imana [1 Abakorinto 3:16]. Ariko mu minsi tugezemo Satani asigaye akoresha amaleta ngo yihe uburenganzira ku mubiri w'umuntu, ndetse agakoresha n'agahato kugira ngo ategeke imibiri y'abantu. *Mureke iby'Imana tubihe Imana n'ibya Kayisari tubihe Kayisari*
imibiri ni iy'Imana.

Turanareba uburyo Kiliziya Gaturika ari yo iri inyuma y'aka gahato gashingiye ku cyorezo.

"Nzi yuko icyo Imana ikora cyose kizahoraho iteka ryose, ntibishoboka kucyongeraho cyangwa kukigabanyaho, kandi Imana yakiremeye kugira ngo abantu bayubahe"
{Umubwiriza 3: 14}

"Nyamara abantu benshi bazikurikirira ibigezweho cyane ku buryo bahinduka imbata zabyo, bakaba bahitamo kurwara ndetse no gupfa aho kugira ngo barekekugendana n’ibigezweho, bazasarura ibyo babibye. Bazabaho bajyana n’bigezweho kandi ingaruka ibabere indwara, bavuzwe uburozi bugezweho maze bapfe urupfu rugezweho."
{Ubutumwa bwatoranyijwe Vol 2 Pg 376}

Yesu ashimwe. Tubahaye ikaze muri iki kigisho tugiye kwigiramo ugomba kuba umugenga w'umubiri wacu. Umubiri wacu ni uw'Imana [1 Abakorinto 3:16]. Ariko mu mi...

09/01/2022
Muri iki gihe hariho uburyo bwinshi bwo kurwanya umudendezo w'umutimanama. Muri iki kigisho turareba uburyo abantu bamwe...
28/12/2021

Muri iki gihe hariho uburyo bwinshi bwo kurwanya umudendezo w'umutimanama. Muri iki kigisho turareba uburyo abantu bamwe babwiwe ko ntibatikingiza bazirukanwa mu kazi. Mu gihe abanyamadini nabo bari gukoreshwa kugira ngo bahatire abantu kwikingiza. Ese kugira ngo dukize urupfu dukwiriye guteza urupfu? Dukwiriye kumenya impamvu dukora amahitamo ndetse n'icyo duhisemo, kabone n'ubwo haba hari agahato kaduhitishamo.

"Ku byerekeranye n'umutimanama, nta muntu ukwiriye guhatwa. Nta muntu ukwiriye kugenga intekerezo z'undi, ngo afatire undi umwanzuro, cyangwa ngo amugenere inshingano agomba gusohoza. Imana iha umuntu wese umudendezo wo gutekereza, kandi agakurikiza ibyo yemera. ..Nta muntu ufite uburenganzira bwo gufata imiterere ye, imikorere ye ndetse n'imitekerereze bye bwite ngo abishyire mu wundi". {Uwifuzwa Ibihe Byose Pg 370.2 }

Muri iki gihe hariho uburyo bwinshi bwo kurwanya umudendezo w'umutimanama. Muri iki kigisho turareba uburyo abantu bamwe babwiwe ko ntibatikingiza bazirukanw...

26/12/2021

186. Iyo Itorero rigaragaje ko ritakigendera mu Ijambo ry’Imana, umwanya ryaba
ririmo uwo ari wo wose, uko ihamagarwa ryaryo ryaba rikomeye kandi ryera kose,
ntishobora gukomeza gukorana na ryo. Itoranya abandi kugira ngo bikorezwe inshingano
z’agaciro gakomeye. Ariko aba na bo, iyo batiyejejeho ibikorwa bibi byo mu mibereho
yabo, iyo batigenzurishije amahame yo kwera no gukiranuka, icyo gihe Uwiteka abahana
yihanukiriye kandi akabacisha bugufi, batakwihana akabakura ku murimo akabavuma. –
14 MR 102 (1903).

Ibyaduka

26/12/2021

853. Igihe umwanzuro udasubirwaho uzaba wamaze gufatirwa mu buturo bwo mu
ijuru, kandi isi ikazaba yamaze gushyirirwaho iherezo ry’umurage wayo w’iteka ryose,
abatuye isi ntibazaba babizi. Imihango y’idini izakomeza gukorwa n’abantu bageze aho
bagakurwaho Umwuka w’Imana burundu, kandi umwete wa Satani bazaterwa n’uko
bahumekewemo n’igikomangoma cy’ibibi mu gusohoza imigambi y’uburiganya bwacyo,
uzaba usa n’umwete bafitiye Imana. –GC 615 (1911) –TS 667.

Ibyaduka

25/12/2021

707. Mbese twiringiye kubona itorero ryose rikangutse? Icyo gihe ntikizigera kiza.
Mu itorero harimo abantu batahindutse batazifatanya n’abandi mu masengesho
asenganywe umwete kandi aboneye. Tugomba kwinjira mu murimo buri wese ku giti cye.
Tugomba gusenga cyane, tukagabanya amagambo. –1SM 122 (1887) –MC1, p. 142.

Ibyaduka

23/12/2021

ITORERO RYASUBIYE INYUMA(SD) RIGERERANYWA N'IMBUNI ZO MU BUTAYU

Amag 4:3
[3]Ndetse imbwebwe na zo ziha ibibwana byazo amabwabwa ngo zibyonse.Umukobwa w'ubwoko bwanjye yahindutse inkazi,Nk'imbuni zo mu butayu.

*Barirukana abantu
-ababwiriza
-abaKristo
Bose barirukanwa bagashinjwa ko batakiri muri iryo torero

Yobu 39:13-17
[13]“Amababa y'imbuni iyakungutana ubwibone,Ariko se amababa yayo n'amoya yayo si ubwiza gusa?
[14]Kuko amagi yayo iyatera ku butaka,Agashyuhira mu mukungugu,
[15]Ikibagirwa yuko ikirenge cyabasha kuyahwata,Cyangwa yuko inyamaswa yabasha kuyakandagira.
[16]Igirira ibyana byayo nabi nk'ibitari ibyayo,Nubwo imirimo yayo ari ubusa,Ntibiyitera ubwoba,
[17]Kuko Imana yayimye ubwenge,Kandi ntiyihe kujijuka.

Itorero rigirira nabi abana baryo ryabyaje ubutumwa bwiza rikabihakana nkiritarababyaye

Yh 16:2
[2]Bazabaca mu masinagogi, kandi igihe kigiye kuza, uzabica wese azibwira ko akoreye Imana umurimo.

Itorero riri guca abantu mu masinagogi kandi bakibwira ko bakoreye Imana umurimo

23/12/2021

2 Kor 11:24-28
[24]Ibihe bitanu Abayuda bankubise inkoni mirongo itatu n'icyenda.
[25]Ibihe bitatu nakubiswe inga, igihe kimwe natewe amabuye, ibihe bitatu inkuge zaramenetse, naraye imuhengeri nirirwamo,
[26]nari mu ngendo kenshi, mu kaga gatewe n'inzuzi, mu kaga gatewe n'abambuzi, mu kaga gatewe na bene wacu, mu kaga gatewe n'abapagani, mu kaga ko mu midugudu, mu kaga ko mu butayu, mu kaga ko mu nyanja, mu kaga ko muri bene Data b'ibinyoma,
[27]mu miruho n'imihati. Mba maso kenshi, ngira inzara n'inyota, nirirwa ubusa kenshi, nicwa n'imbeho, nambara ubusa.
[28]Ariko ne kuvuga ibindi, keretse ko hariho ikindemerera iminsi yose: ni uguhagarikira umutima amatorero yose.

Address

Gikondo
Kigali

Telephone

+250783286467

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when UKURI Kuvugwe Ministry posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Place Of Worship

Send a message to UKURI Kuvugwe Ministry:

Share