Impanda Y' Imperuka Ministries

Impanda Y' Imperuka Ministries Iyi ni page uzajya usangaho ibyigisho by' ukuri kw' iki gihe kandi tuganira ku ijambo ry' Imana buri munsi.

Usabwe gukora like na share kugira ngo ujye ubona ibyigisho usangize n' abandi. Mushobora gukurikirana ibyigisho byinshi cyane kuri IMPANDA Y' IMPERUKA MINISTRIES

20/07/2025

IMISENGERE ITEMERWA IMBERE Y'IMANA

Turi mu gihe aho buri wese afite uburyo asenga Imana, ndetse kandi hakaba hariho namadini menshi ndetse nuburyo bwinshi bw'imisengere.

Ariko nubwo hariho uburyo bwinshi bw'imisengere hari abasenga maze Uwiteka akavuga Ati: "Bansengera
ubusa,Kuko inyigisho bigisha ari amategeko y'abantu.’ ” ( Matayo 15:9)

Hari abasenga birengagije amategeko y'Imana ariko nanone ijambo ry'Imana riravuga ngo: "Uwiziba amatwi ngo atumva amategeko,Gusenga kwe na ko ni ikizira".( Imigani 28:9)

Bibiliya iravuga ngo: "... Gusenga k'umukiranutsi kugira umumaro mwinshi, iyo asenganye umwete".(Yakobo 5:16) Ariko benshi bashyira umwete mu misengere idafututse maze bikarangira basengeye ubusa amasengesho yabo akaba imfabusa aho kubona inyungu bakabona ibihombo.

Yesu atwigisha uburyo bwiza bwo gusenga ati: ''Nimusenga ntimukamere nk'indyarya, kuko bakunda gusenga bahagaze mu masinagogi no mu nzira ngo abantu babarebe. Ndababwira ukuri yuko bamaze kugororerwa ingororano zabo".
( *Matayo 6:5)*
Nanone Yesu yaravuze ngo: “Namwe nimusenga, ntimukavuge amagambo muyasubiramo hato na hato nk'uko abapagani bagira, bibwira ko kuvuga amagambo menshi ari byo bituma bumvirwa". (Matayo 6:7). ariko benshi muba gatorika bakomeza kuvuga ndakuramutsa Mariya bungikanya amagambo inshuro zirenga mirongo irindwi 70 bibwira ko kubivuga kenshi aribyo bituma bumvirwa kandi ibyanditswe byera bivuga byeruye ko iyo misengere ari iy'abapagani nkuko tumaze kubisoma hejuru muri bibiliya. Ijambo ry'Imana ritugira inama riti: "Nuko ntimugase na bo, kuko So azi ibyo mukennye mutaramusaba".( Matayo 6:8)

Nanone kandi iyo bamaze gusenga mu buryo bwo gutoteza Imana mu magambo barahindukira bakiyambaza abatagatifu, bakiyambaza Mariya , bakiyambaza abapfuye kera kugirango nabo babingingire Imana babahuze na Data wa Twese kandi ijambo ry'Imana riratubwira ngo: "Kuko hariho Imana imwe, kandi hariho Umuhuza umwe w'Imana n'abantu, na we ni umuntu, ari we Yesu Kristo ".( 1 Timoteyo 2:5)

Ntitugomba gusenga abantu bapfuye , ntitugomba gusenga abatagatifu, ntitugomba gusenga abamarayika kuko handitswe ngo :
" Kandi nta wundi agakiza kabonerwamo, kuko ari nta rindi zina munsi y'ijuru ryahawe abantu, dukwiriye gukirizwamo.”( Ibyakozwe 4:12)

Gusenga twishingikirije kubantu bapfa nabyo biri mu misengere idafututse imbere y'Imana , Ari nayo mpamvu umuhanu*i atugira inama Ati: "Nimureke kwishingikiriza ku bantu bafite umwuka mu mazuru. Mbese mubaca iki?".(Yesaya 2:22)

Inshuro nyinshi abantu iyo bari muri gahunda zo gusenga usanga bafite inyifato zitandundukanye bamwe usanga barimo kubyina,gusakukuza ,barambaraye hasi , barimo gutitira ndetse kuburyo udashobora no kumva amajwi y’abantu barimo gusenga ariko se mu byukuri Bibiliya ibivugaho iki?

Matayo 6:6 ‘’ *Wehoho nusenga ujye mu nzu winjira* *mu nzu ubanze ukinge urugi ,* *uhereko usenge so* *mwiherereye.Nuko so ureba* *ibyiherereye azakugororera."*
YESAYA 30:15 ‘’….Nimugaruka mugatuza muzakizwa , *mu ituze no mubyiringiro nimo* *muzaherwa imbaraga."*

Mbega ukuntu ijambo ry’Imana ritumenyesha ko mu ituze kandi twiherereye harimo imbaraga ikomeye cyane , mbega ukuntu twigomwa umugisha wo gusenga mu ituze?
Mbese yesu igihe yari ku isi iyo yajyaga gusenga byagendaga gute?

" Hanyuma y’ibyo hashize iminsi munani,ajyana petero na Yohana na yakobo azamuka umusozi ajya gusenga".(Luka 9:28)
‘’Maze Yesu agerana nabo ahitwa i Getsamani ,abwira abigishwa be ati nimube mwicaye aha *nigire hariya nsenge " .*( Matayo 26:36)
“Atandukana na bo umwanya ungana n’ahaterwa ibuye, arapfukama arasenga” (Luka 22:41).

Nshuti mukudwa mbega ukuntu yesu nawe iyo basengaga bagiraga ibihe byo gusenga biherereye kandi badafite urusaku. Mukundwa niyo mpamvu yesu inshuro nyinshi yigishiriza ku nkombe z’imigezi ndetse no ku misozi ahantu hatuje.
Mukundwa abafarisayo mu gihe cya yesu nibo basengaga basakuza ndetse no mu masoko, mu rugo ndetse no mu masinagogi(insengero). Igihe abantu basenga n’ingenzi ko basenga baciye bugufi kandi bubashye umuremyi kandi amajwi akaba yumvikana neza cyane
“Nimuze twunamye, dupfukamire Uwiteka Umuremyi wacu” (Zaburi
95:6
“ *Ni cyo gituma mpfukamira* *Se w’Umwami* *wacu Yesu Kristo” (Abefeso 3:14).*

" kuko Imana itari *iy'umuvurungano* ,*ahubwo ari iy'amahoro.* Nk'uko bimeze mu matorero yose y'abera,"(1 Abakorinto 14:33)

Nshuti Mukundwa Imana yacu niya Mahoro rwose ntabwo Ari byiza gusenga Hari kuvurungana ndetse no gusakuza cyane ahubwo iyo duciye bugufi Kandi Twubashye Imana iratwumva cyane. Nkwifurije guhinduka ndetse kwirinda kugira umuvurungano mu gihe cyo gusenga.

Mureke dusabe Uwiteka atwigishe gusenga mu buryo bwiza butanga umusaruro mu izina rya Yesu!

YouTube : Impanda y'Imperuka Ministry
Facebook : Impanda y'Imperuka Ministries
Instagram : impandayimperuka

Imana ibahe gukomera!

06/01/2025

Tugiye kwigana ijambo ritubwira ngo:

TUGOMBA KUBAMBA IRARI N'IRUBA, BITABA IBYO TURI KWISHYIRA MU KAGA.
———————————————————

Mu mibereho ya muntu, ugira amakenga ajya yirinda muri byose nk'uko Bibliya itubwira.

Iyo umuntu adafite kwitegeka muri we, byanze bikunze ajya agera mu kaga kandi kuzakavamo bikazamugora.

Kutagira kwitegeka, ni umutego mutindi tuba turi kwitega kandi ku iherezo ukazadushibukana tudafite uko tuwigobotora. Niyo mpamvu tugiye kuganirira hamwe ko tugomba kubamba irari ariko bitanagenze bityo tukaba turi kwishyira mu kaga,.....

Imig 22:3 hati:

Umunya-makenga iyo abonye ibibi bije arabyikinga ariko umuswa akomeza kubijyamo akababazwa nabyo.

Irari: ni imbaraga ikubamo ikagutegeka kunywa cyangwa kurya iby’ari byo byose byaba ibigufitiye umumaro cyangwa ibitawugufitiye..... ntumenye kurobanura ibizima........

Iruba: ni imbaraga irenze urugero iba mu mutima, nawe ubwawe utagira kwitegeka, iyo mbaraga iguhatiriza gukora ibidakorwa ku mugaragaro.....

Rero tugomba kwumva ko izi mbaraga zitubamo, igihe cyose tutagize kwitegeka muri twe zizatugusha mu kaga.....

Uwagize irari ribi, maze nawe agakunda akaryumvira akarihaza mu binyobwa nibiribwa amaherezo ajya aba imbata yabyo, akagira imico mibi, ibitanejeje abandi bikamunezeza maze agahinduka imbata y’ibibi...

Ibyamubera inyungu byose abitera umugongo, inararibonye inejeje imuba kure, maze agatakaza ubushobozi bwo guhitamo icyo akora.

Kubw'izi ngaruka rero, umunya-bwenge wese yagombye kugira imbaraga yo kwitegeka kugira ngo ejo atazahitanwa nabyo yewe bikamugira uwo atari we maze akifuza kugaruka mu murongo mwiza atagifite igaruriro....

Iruba rero, uwo ryategetse we aba ari mu rupfu neza neza hatabayeho imbaraga y'Ijuru.

Hoseya 4:11 hati:

”Ubusambanyi na vino y'umuce, na vino y'ihira byica umutima.” Hoz‬ ‭4:11‬

Uwagize iruba kandi akananirwa kuritegeka, ntajya amenya akaga ari kwishyiramo ku buryo avuga ngo ngiye kubikora ikiba kibe....abo ni babandi badatinya gufata abana ku ngufu, abagore bakiri bato n'abakobwa.... noneho byabacanga nabo ubwabo bakifata.

Iki ni igitero satani yamaze kugaba mu bantu by'umwihariko abasore, abatabaye maso rero ibyivugo by'urupfu biri kwivuga mu nzira zabo.... tugomba kugira kwitegeka bakundwa, tukamenya neza aho dutegewe maze tugasaba imbaraga mva-juru kudutabara no kuturwanirira...

Abamaze gutegekwa n'iruba kuburyo ryabakoresha igihe rishaka n'aho rishakiye,.... bene abo bahura n'indwara z'umwijima, ibihaha, impyiko, imitsi yumva, indwara z umugongo yemwe na bakaba bafite n'ibyago byinshi byo kuzafatwa na cancer. Ubu*ima bwabo bukahazaharira kandi bukanahatakarira.

Abo bihitana cyane ni igitsina-gore kuko basanzwe borohera indwara.

Bene abo, iyo iruba ryabagejeje ku kwisambanya, bagira ibicurane bidakira, umugongo woroshye, impyiko, gucanganyikirwa, cancer, intekerezo zijimye,.....

Mbese murumva tudakeneye imbaraga y'Ijuru yadushoboza kwitegeka koko? Bitabaye ibyo turi kwishyira mu kaga bakundwa.

Igitabo cy'inama zigirwa Itorero chap 22 handitswe ko:

Dutegetswe kubamba kamere y'iruba n'irari byayo. Tuzabikora dute? Dukwiriye kubabaza imibiri yacu? Oya, ahubwo dukwiriye kwica ibidushukashukira gukora icyaha. ”Irari ryose rya kinyamaswa rikwiriye gutegekwa nimbaraga y'ubwiza bw'umutima, urukundo rw'Imana nirwo rukwiriye kwimikwa”.

Kristo niwe ukwiriye kwicara ku ntebe y'ubwami, imibiri yacu ikwiriye ku*irikanwa ko ari iye, yarayiguriye, ”ingingo z'umubiri zikwiriye kuba ibikoresho bikiranuka”.
Reka mu masaha nk'aya y'igitondo, twemere tugire kwitegeka muri twe ubwo tubonye akaga gakomeye twaba turi kwishyiramo buri wese afate imyanzuro myiza yo kugera kuri iyo ntego kandi nta kabuza Ijuru ririteguye ngo ridufashe.

Kuko handitswe ngo:

”Ntimu*i yuko muri urusengero rw'Imana, kandi ko Umwuka w'Imana aba muri mwe? Umuntu utsemba urusengero rw'Imana, Imana izamutsemba kuko urusengero rw'Imana ari urwera, kandi urwo rusengero ni mwe.” 1 Kor‬ ‭3:16-17‬ ‭

Dusabe imbaraga y'Ijuru ngo idufashe kudatsemba imibiri yacu ahubwo muri byose tubeho tuyinejeje, Imana ibiduhe nk'impano mu izina rya Yesu! Aamen

YouTube : Impanda y'Imperuka Ministry
Facebook : Impanda y'Imperuka Ministries
Instagram : impandayimperuka

Imana ibahe gukomera!

23/12/2024

NI IKI BIBILIYA IVUGA KU BUTINGANYI ?

Imana iravuga iti “Tureme umuntu agire ishusho yacu ase natwe, batware amafi yo mu nyanja, n'inyoni n'ibisiga byo mu kirere, n'amatungo n'isi yose, n'igikururuka hasi cyose.”

Muri gahunda y'Imana yari yarateganyije ko umuntu izarema azaba afite ishusho ye, bibiliya ikavuga ngo ni ko yamuremye.

Uwiteka Imana irema umuntu mu mukungugu wo hasi, imuhumekera mu mazuru umwuka w'ubugingo, umuntu ahinduka ubugingo bu*ima. Intang 2:7

Umwuka w'Imana ni wo watanze ubugingo bu*ima mu muntu, kandi Imana yari yiringiye ko umuntu ihumecyeyemo, azahuza nayo muri byose . ubwo rero binyuze mu guhumecyerwamo Umwuka wayo Yifuza ko tudashyiraho indi mikorere ituruka kuwundi mwuka Udatanga Ubugingo..

Biranditswe ngo:

Uwiteka Imana irema mu butaka amatungo yose n'inyamaswa zo mu ishyamba zose, n'inyoni n'ibisiga byo mu kirere byose, ibizanira uwo muntu ngo imenye uko abyita, kandi uko uwo muntu yise ikintu cyose gifite ubugingo, aba ari ryo riba izina ryacyo. Itangiriro 2:19.

Adamu amaze kuremwa, yazaniwe buri cyaremwe cyose imbere ye ngo acyite izina; abona
ko buri kiremwa cyose cyahawe umufasha wacyo, ariko mur’ibyo biremwa byose,
“umufasha bakwiranye yari ataraboneka.” Mu byo Imana yari yaremye ku isi byose, nta na
kimwe cyari kimeze nk’umuntu. Maze noneho Imana iravuga iti, “si byiza ko umuntu aba
wenyine";

Uwiteka Imana isinziriza uwo muntu ubuticura arasinzira, imukuramo urubavu rumwe ihasubiza inyama

urwo rubavu Uwiteka Imana yakuye muri uwo muntu, iruhindura umugore imushyīra uwo muntu.

Aravuga ati“Uyu ni igufwa ryo mu magufwa yanjye,Ni akara ko mu mara yanjye,Azitwa Umugore kuko yakuwe mu Mugabo.” ,(itangiriro 2:21-23)

Umuntu ntiyaremewe kuba mu bwigunge;
yagombaga kuba ikiremwa gisabana. Iyo atagira umufasha, ibyiza byari bimukikije
n’imirimo ishimishije yagombaga gukorera ubusitani bwa Edeni, ntibyari kubasha kumuha
umunezero u*ira amakemwa. Ndetse n’umushyikirano we n’abamarayika ntiwashoboraga
guhaza icyifuzo cye cyo kubona uwo bifatanya nka mugenzi we. Nta wasaga na we wari
uhari ngo bagaragarizanye urukundo..

Mu bwenge bw'Imana itibeshya, umufasha ukwiriye, Imana yaboneye umugabo ni umugore. Adamu yagaragaje ubuhanga, ubwenge n'ubushishozi bukomeye ,kuko izina yise buri nyamaswa, Imana itagize Icyo iryongeraho cyangwa irigabanyaho. Nyamara ntiyigeze anenga ko yahawe umufasha udakwiriye. Adamu mu bwenge butarangizwa n'icyaha yabonye ko umufasha yahawe n'Imana ari we wari ukenewe.

MBESE KO TUBONYE UMUGAMBI W'IMANA MWIREMA KO ARI UKO UMUNTU ATARI KUBA WENYINE AHUBWO KO IMANA YAMUREMEYE UMUFASHA UMUKWIRIYE MBESE BIBILIYA YABA IHAMYA KO IMANA ISHOBORA KUKUREMERA UWO MUHUJE IGITSINA UGUKWIRIYE ?
&&&&&&&&&&&&&&

Dusoma Aya magambo akomeye mu byanditswe ngo:

kuko baguraniye ukuri kw'Imana gukurikiza ibinyoma, bakaramya ibyaremwe bakabikorera kubirutisha Imana Rurema, ari yo ishimwa iteka ryose, Amen.

Ni cyo cyatumye Imana ibarekera kurarikira ibyonona, ndetse bigeza ubwo abagore babo bakoresha imibiri yabo uburyo bunyuranye n'ubwo yaremewe.

Kandi n'abagabo ni uko, bareka kugirira abagore babo ibikwiriye imibiri yabo bashyushywa no kurarikirana ( Roma 1:25-27)

Dushingiye ku ijambo ry'Imana, kuryamana kw'abahuje ibitsina gushingiye ku kugurana ukuri kw'Imana ibinyoma. Nta muntu uvuka ateye atyo ahubwo kwangirika guturuka mu gushayisha ni ko kubyara Ibyo byose.

Iteka ryo se amategeko y'Imana ni nk'urukuta ruturinda ikibi cyose iyo yirengajyijwe ntakindi kibaho uretse kunyuranya n'umugambi wayo wo kubaho uko Imana yaturemye,ngo duhuze na yo. Abantu bihaye ubusambanyi baratingana. Iteka ryose mu muntu havamo Ibintu bibi kandi bitera, niyo mpamvu iyo umubiri utumvira amategeko Y'Imana ugwa mugishuko cyo kwimura Imana. Haranditswengo.

Kuko mu mutima w'umuntu ari ho haturuka ibitekerezo bibi: kwica no gusambana no guheheta, kwiba no kubeshyera abandi n'ibitutsi.Matayo 15:19

Murabona ko igihe ukuri kw'Imana kwirengagijwe, ntacyabuza umutima Gusohoza inama mbi.

Imana yahamije ko yanga urunuka ubutinganyi mu kurimbura Sodomu. Mu byanditswe byera ubutinganyi bwagaragajwe nk' urugero rwo hejuru rwo kwangirika k'uwo mugi.

Dusoma aya magambo mu byanditswe ngo:

Batararyama, abagabo bo muri uwo mudugudu Sodomu bagota iyo nzu, abato n'abakuru bose, bavuye ahantu hose ho muri wo.

Bahamagara Loti baramubaza bati “Abagabo binjiye iwawe muri iri joro bari he? Basohore turyamane na bo.”

Arababwira ati “Bene data, ndabinginze ntimukore icyaha kingana gityo.

Baramusubiza bati “Have tubise!” Bati “Uru rugabo rwaje rusuhuka, none rwigize umucamanza. Turakugirira inabi iruta iyo tugiye kugirira ba bandi.” Basunika Loti cyane, begera urugi kurumena.

Maze Uwiteka agusha kuri Sodomu n'i Gomora amazuku n'umuriro, bivuye ku Uwiteka mu ijuru.

Atsemba iyo midugudu yose na cya kibaya cyose n'abayituyemo bose, n'ibyameze ku butaka.
Itang 19:4-7,9,24-25

Dushingiye ku byo dusomye haruguru ,ubutinganyi bwari bwarageze mu bakuru n'abato, kuko bose bagose inzu ya Loti bashaka abagabo barimo. Loti yabihanangirije kudakora icyo cyaha nk'igihamya cy'uko na we yari asobanukiwe n'ububi bw'icyo cyaha, bari bagiye kumugirira nabi iyo adatabarwa n'abamarayika b'Imana.

Muri iki gihe cy'ishiraniro Aho n'abayobozi mu by'iyobokama bari gushyigikira ubutinganyi, kurimbuka kwa Sodomu ni igihamya cy'urubanza rukomeye Imana igiye gucira abizirika kuri iki cyaha bagashyigikira n'abagikora.

Biranditswe ngo:

Kandi n'i Sodomu n'i Gomora n'imidugudu yari ihereranye na ho, kuko abaho na bo bitanze bakiha ubusambanyi no kwendana mu buryo imibiri itaremewe, iyo midugudu yashyiriweho kuba akabarore ihanwa n'umuriro utazima.Yuda 1:7

Icyatumye Uwiteka Ari mbura umudugudu w'Isodomu n' i Gomora nuko abantu bari bageze ku rubibi rwo Kwihangana kw'Imana .Icyaha cy'ubutinganyi Gihumanya Igihugu ubwo rero kubera ko uriya Mudugudu wari wihaye Ubusambanyi bakumva bidahagije bakarenzaho gutingana byabateye kwiyuzuriza Igikombe.

Biranditswe ngo

Ntugatinge abagabo, ni ikizira. Lewi 18:22

Niba Imana ivuze ko ikintu Ari ikizira twe tugakoresha uko dushoboye ngo Tukizirure tuba turi kwishyira mukaga ko kuzuza Igikombe. Nkuko abisodomu babikoze.

Ibyanditswe bikomeza kuduhamiriza ngo:

Ntukaryamane n'itungo ryose cyangwa n'inyamaswa yose ngo ucyiyandurishe, kandi he kugira umugore cyangwa umukobwa uhagarara imbere y'itungo ngo aryamane na ryo, ibyo ni ukuvanga ibidahuye.

Ntimuzabikore kugira ngo icyo gihugu kitabaruka namwe nimucyanduza, nk'uko kirutse ishyanga ryatuyemo mbere yanyu.
Lewi 18:23,28

Dushingiye ku byanditswe ibyaha by'ubusambanyi,ubutinganyi,no kuryamana n'inyamaswa bihumanya igihugu.

Bene data mureke tube maso kandi dusabirane kugira ngo twirinde umugayo ku witeka, dusabire Igihugu cyane kugira ngo iki kibi cye kuganza mu bagituye, ni byo bizarushaho kutwunga n'Imana kandi biturokore umujinya winkazi uzarya abanzi b'Imana.

Biranditswe ngo:

Umuntu wese uzakora icyo muri ibyo bizira, ubugingo bw'ababikora buzakurwa mu bwoko bwabo.
Lewi 18:29

Ntago Imana ihinduka , amaherezo abizirika ku cyaha bakanga kwihanira kureka bazarimbuka.

Mwene data Yesu arakurarikira kwigobotora icyo kibi kandi turushaho kwishyira Imana nk'abagaragu bashimwa ni byo bizaturinda gukurwa mu bwoko bw'Imana.

URUGERO RWIZA

Kuva kera, Satani ahirimbanira kwangiza imico y'ikiremwa muntu. Ndetse no muri Isirayeri y'Imana Ibishuko bye byari byaragize imbaraga ku batarabaye maso ngo bomatane n'ukuri.

Biranditswe ngo:

Kandi muri icyo gihugu hariho abatinganyi, bakoraga ibizira byose by'abanyamahanga Uwiteka yirukanye imbere y'Abisirayeli. 1Abami 14:24.

Dushingiye kuri uyu murongo ubutinganyi ni ikizira cy'abanyamahanga (ijambo abanyamahanga risobanuye abapagani). Ubwo rero iki ni ikizira kidakwiriye abavuga ko ari abakristo.

Dusoma aya magambo mu byanditswe ngo:

Asa uwo yakoraga ibitunganiye Uwiteka nk'uko sekuruza Dawidi yakoraga.

Yirukanye abatinganyi abakura mu gihugu, akuraho n'ibishushanyo byose ba se bari bariremeye. 1 Bami 15:11-12.

Ibyanditswe byera bitubwura ko Asa yakoze Ibitunganye ubwo yirukanaga abatinganyi mu gihugu. Niba Uwiteka yarashimye igikorwa cy'Umwami Asa cyo kwamagana ubutinganyi, mbese yanezezwa no kuba ubutinganyi buri kwemerwa mu bukristo bw'ikingihe ? Mbese Uwiteka arahinduka?Bibiliya ivuga ko Uwiteka adahinduka na mba. Yakobo 1:17.

Mureke natwe dukore nk'uko Asa yakoze ku ngoma ye, aho iyi migirire yose iri tuyirandure kandi twirukane umwuka w'ubutinganyi mu mitima y'abantu binyuze mu Ijambo ry'Imana ribeshaho.

Mureke tugendane imitima Itunganye imbere y'Imana ni bwo tuzahirwa muri byose kandi ni bwo Uwiteka azaduhundagazaho umugisha nk'uko yabisezeranye.

Biranditswe ku mwami Asa ngo:

Asenya amazu y'abatinganyi yari mu nzu y'Uwiteka, aho abagore baboheraga inyegamo zo gukingira igishushanyo cya Ashera. 2abami 23:7.

Icyo natwe Uwiteka adushakaho nuko tugomba gusenya imfatiro zose z'inyingisho z'ibinyoma kandi n'ibigenda byinjizwa mu misengere rwihishwa tukabicyahisha Handitswe ngo.

*Indunduro*

Ntimu*i yuko abakiranirwa batazaragwa ubwami bw'Imana? Ntimwishuke. Abahehesi cyangwa abasenga ibishushanyo cyangwa abasambanyi, cyangwa ibitingwa cyangwa abagabo bendana,
cyangwa abajura cyangwa abifuza, cyangwa abasinzi cyangwa abatukana cyangwa abanyazi, bene abo ntibazaragwa ubwami bw'Imana. 1 Kor 6:9,10.

Muri uyu murongo icyaha cy'ubutinganyi gishyirwa hamwe n'ibindi byaha byose. Ibi bivuze ko niba abajura bahamarirwa kwihana n'abatinganyi barahamarirwa kwihana Kandi Imana yiteguye kubabarira abashaka kwihana. Uyu munsi Yesu agutegeye ibiganza wowe ushaka kwihana.

Beneda turararikirwa kugendera Mubushake bw'Imana kubwo kwizera Yesu kristo kuko abakora ibyagwa n'Uwiteka batazaragwa Ubwami bw'Imana. Ubuntu n'amahoro bibane namwe mwese mu izina Rya Yesu kristo Amen.

17/12/2024

HUMURA

Yesaya 51:7-8,12-14,21-23

“... ntimugatinye gutukwa n'abantu kandi ntimugahagarikwe imitima n'ibitutsi byabo,

kuko inyenzi zizabarya nk'uko zirya imyambaro, n'umuranda uzabarya nk'uko urya ubwoya bw'intama, ariko gukiranuka kwanjye kuzahoraho iteka n'agakiza kanjye kazagumaho ibihe byose.”

“Jye ubwanjye ni jye ubahumuriza. Uri muntu ki, yewe utinya umuntu kandi azapfa, ugatinya n'umwana w'umuntu uzahindurwa nk'ubwatsi,

ukibagirwa Uwiteka wakuremye, ari we wabambye ijuru agashyiraho n'imfatiro z'isi, maze ukīriza umunsi watinye uburakari bw'umugome, iyo yitegura kurimbura? Mbese uburakari bw'umugome butwaye iki?

Abanyagano b'ibicibwa bazabohorwa vuba, ntibazapfa ngo bajye muri rwa rwobo, kandi ibyokurya byabo ntibizabura.

Nuko rero noneho umva ibi, yewe urengana ugasinda utanyoye vino,

umva ibyo Uwiteka Umwami wawe kandi Imana yawe iburana urubanza rw'abantu bayo iti “Dore nkwatse igikombe cy'ibidandabiranya, ari cyo gikombe cy'umujinya wanjye wari ufite mu ntoki, ntuzongera kukinywaho ukundi.

Ngishyize mu biganza by'abakurenganyaga bakakubwira bati ‘Rambarara tukugende hejuru’, nawe ugatega umugongo wawe nk'ubutaka cyangwa nk'inzira y'abagenzi.”*

Twishimiye kubatumira mu materaniro yo gushima Imana, kubw'imyaka 5 umuryango w'ivugabutumwa Impanda y'Imperuka Ministry...
15/11/2024

Twishimiye kubatumira mu materaniro yo gushima Imana, kubw'imyaka 5 umuryango w'ivugabutumwa Impanda y'Imperuka Ministry umaze ubayeho.

Aya materaniro azatambuka live kuri YouTube channel y'Impanda y'Imperuka Ministry, ku itariki 22/11/2024.

Muzaze dufatanye gushima Imana, no gusengera ibyifuzo.

Murakoze cyane.

27/09/2024

*BIHARIRE UWITEKA*

Birashoboka ko waba wikoreye Imitwaro ikuremereye

*Umutwaro w'Ibyaha
*Umutwaro w'umuryango
*umutwaro w'amashuri y'abana
*Umutwaro uterwa nagahinda ku mutima

Bibiliya iravuga iti:👇

Zaburi 55:23

*[23]Ikoreze Uwiteka umutwaro wawe na we azakuramira,Ntabwo azakundira umukiranutsi kunyeganyezwa.*

Benshi cyane bafite amaganya menshi mu mitima, ariko bibiliya iravuga iti:👇

1 Petero 5:7

*[7]Muyikoreze amaganya yanyu yose, kuko yita kuri mwe.*

Birashoboka ko waba ufite urutonde rw'imirimo myinshi ugomba gukora

Bibiliya iravuga iti:👇

Imigani 16:3

*[3]Imirimo yawe yose uyiharire Uwiteka,Ni ho imigambi yawe izakomezwa.*

Birashoboka ko watangiye urugendo rwa Gikristo ariko ukaba ubona uzatsindwa n'umwanzi utarurangije.

Bibiliya iravuga iti:👇

Zaburi 37:5

*[5]Ikoreze Uwiteka urugendo rwawe rwose,Abe ari we wiringira na we azabisohoza.*

Ibyanditswe Byera biravuga biti:👇

Zaburi 127:1

*[1].........Uwiteka iyo atari we wubaka inzu,Abayubaka baba baruhira ubusa.Uwiteka iyo atari we urinda umudugudu,Umurinzi abera maso ubusa.*

Mureke byose tubiharire Uwiteka kuko niwe ufite ubushobozi

Zaburi 62:12

*[12]Imana yavuze rimwe, nabyumvise kabiri,Ngo “Imana ni yo ifite ububasha.”*

Abaroma 16:27

*[27]Icyubahiro kibe icy'Imana ifite ubwenge yonyine iteka ryose, ku bwa Yesu Kristo, Amen.*

Ukeneye ibindi byigisho wabisanga kuri :

YouTube : Impanda y'Imperuka Ministry
Facebook : Impanda y'Imperuka Ministries
Instagram : impandayimperuka

Imana ibahe gukomera!

23/09/2024

*AKAGA GATERWA N'AMAGAMBO*

Muri iki gihe benshi barwanisha amagambo ameza ndetse n'amabi mureke twige icyo bibiliya ivuga kubyerekeranye n'amagambo.

Bibiliya iravuga iti:

Imigani 10:19

*[19]Amagambo menshi ntaburamo ibicumuro,Uwirinda mu byo avuga ni umunyabwenge.*

Imigani 12:18

*[18]Habaho uwihutira kuvuga amagambo yicana nk'inkota,Ariko ururimi rw'umunyabwenge rurakiza.*

Imigani 18:6

*[6]Amagambo y'umupfapfa azana intonganya,Kandi ururimi rwe rusemera agasaya.*

Imigani 26:24

*[24]Uwangana ahorana amagambo ashukana,Ariko mu mutima we abitsemo uburyarya.*

Imigani 29:20

*[20]Mbese wabonye umuntu uhuta amagambo?Bakwemera umupfapfa kumurutisha uwo.*

Bibiliya ivuga iby'Umupfapfa iti:👇

Umubwiriza 10:13

*[13]Itangira ry'amagambo ava mu kanwa ke ni ubupfapfa, kandi iherezo ry'amagambo ye ni ubusazi butera amahane.*

Imigani 12:19

*[19]Ikivuzwe cy'ukuri kiraramba,Ariko iby'ururimi rubeshya bishira vuba.*

Imigani 19:1

*[1]Umukene ugenda atunganye,Aruta ufite ururimi rugoreka kandi ari umupfapfa.*

Imigani 26:23

*[23]Ururimi ruvuga urukundo ruvanze n'umutima mubi,Ni nk'ikibindi gihomeshejwe inkamba z'ifeza.*

```INAMA ZIGIRWA ABANYAMAGAMBO```

Yakobo 1:26

*[26]Umuntu niyibwira ko ari umunyadini, ntagenge ururimi rwe ahubwo akishuka mu mutima, idini ry'uwo muntu riba ari ubusa.*

1 Petero 3:10

*[10]Kuko byanditswe ngo“Ushaka gukunda ubugingo,No kubona iminsi myiza,Abuze ururimi rwe rutavuga ikibi,N'iminwa ye itavuga iby'uburiganya.*

Imigani 13:3

*[3]Ufashe ururimi rwe aba arinze ubugingo bwe,Ariko ubumbura akanwa ke azarimbuka.*

2 Timoteyo 2:14

*[14]Ujye ubibutsa ibyo, ubihanangiririze imbere y'Imana ko bareka kurwanira amagambo kuko ari nta cyo bimaze, ahubwo bigusha abumva.*

Kolosayi 3:8

*[8]Ariko none mwiyambure ibi byose: umujinya n'uburakari, n'igomwa no gutukana, kandi ntihakagire amagambo ateye isoni aturuka mu kanwa kanyu.*

2 Timoteyo 2:16

*Ariko amagambo y'amanjwe atari ay'Imana uyazibukire, kuko abayavuga bazarushaho gushayisha,*

Ukeneye ibindi byigisho wabisanga kuri :

YouTube : Impanda y'Imperuka Ministry
Facebook : Impanda y'Imperuka Ministries
Instagram : impandayimperuka

Imana ibahe gukomera!

19/09/2024

`` `BYOSE BIZIBUKWA```
🚨🧏‍♂️🧏‍♂️🧏‍♂️🧏‍♂️🧏‍♂️🧏‍♂️🧏‍♂️🚨

Turi mugihe benshi bakora ibikorwa bibi bibwira ko bitazagira inkurikizi.

* Umusambanyi arasambana nkaho bitazagira inkurikizi.

* Umujura ariba nkaho bitazagira inkirikizi.

* Umwicanyi aricana nkaho bitazagira inkurikizi.

* Umubeshyi arabeshya nkaho bitazagira inkurikizi.

* Indyarya rya iriyorobeka nkaho bitazagira inkurikizi.

Ariko bibiliya iravuga ngo:

1 Petero 4:17-18

Kuko igihe kigiye gusohora urubanza rukazabanziriza mu b'inzu y'Imana. Ariko se niba rubanziriza kuri twe, iherezo ry'abatumvira ubutumwa bwiza bw'Imana rizamera rite?

Kandi niba biruhije ko abakiranutsi bakizwa, utubaha Imana n'umunyabyaha bazaba he?

Umubwiriza 12:14

Kuko Imana izazana umurimo wose mu manza, n'igihishwe cyose ari icyiza cyangwa ikibi.

Abaroma 14:12
Nuko rero umuntu wese muri twe azimurikira ibyo yakoze imbere y'Imana.

*Mbese igihe cyo kumurika ibyo twakoze wowe uzamurika iki?

*mbese uzahagarara udatsinzwe?

Ibyahishuwe 6:17
kuko umunsi ukomeye w'umujinya wabo usohoye kandi ni nde ubasha guhagarara adatsinzwe?”

Abefeso6:11

Mwambare intwaro zose z'Imana, kugira ngo mubashe guhagarara mudatsinzwe n'uburiganya bwa Satani.

Buri wese nabaze ikibazo nk'umunyezaburi ati"

Zaburi 130:3
Uwiteka, wagumya kwibuka ibyo dukiranirwa?Mwami, ni nde wazahagarara adatsinzwe?

Birakwiriye ko tuza imbere y'Uwiteka tugira duti:

Yesaya 59:12-14
Erega ibicumuro byacu bibaye byinshi imbere yawe, kandi ibyaha byacu ari byo bidushinja! Ndetse ibicumuro byacu turi kumwe na byo, kandi no gukiranirwa kwacu na ko turaku*i.

Turacumura kandi twihakana Uwiteka, turateshuka tukareka gukurikira Imana yacu, tukavuga iby'agahato n'ubugome, twibwira ibinyoma tukabivuga tubikuye ku mutima.

Imanza zitabera zisubizwa inyuma no gukiranuka kugahagarara kure, kuko ukuri kwaguye mu nzira, kandi gutungana ntikubasha kwinjira.

Uwiteka aravuga ati:

Yeremiya 3:13
Icyo nshaka kimwe ni uko wemera ibyaha byawe, ibyo wacumuye ku Uwiteka Imana yawe... Ni ko Uwiteka avuga.

Nitwanga kwemera kubushake ibyaha byacu tuzabyemezwa umunsi umwe tutagifite uko tubyihana,

*Nubwo twakwiba mu ibanga

*tukica mu ibanga

*tugasambana mu ibanga

* tukabeshya mu ibanga

Dushobora kubikora twibwira ko ntawutureba ariko ijisho ry'Imana ntacyo rihishwa.

Abaheburayo 4:13
Nta cyaremwe kitagaragara imbere yayo, ahubwo byose bitwikuruwe nk'ibyambaye ubusa mu maso y'Izatubaza ibyo twakoze.

Icyaha gishobora guhishwa, kigahakanwa, kigahishwa
ababyeyi, kigahishwa umugore, kigahishwa umugabo, kigahishwa abana n'incuti,
abo mukorana n'abandi. Umunyacyaha ashobora kuba ari we wenyine u*i icyaha
yakoze; ariko ibyo byose bigaragara nk'ibyambaye ubusa imbere y'abo mu ijuru.
Umwijima w'ijoro ry'irindagiza, ibihishwe byose by'ubushukanyi bukomeye, nta
gihagije ngo gishobore guhisha Uwiteka n'igitekerezo kimwe. Imana ifite ibyakozwe
byose nk'uko biri byerekeye igikorwa cyose kidatunganye n'uburiganya bwose.
Ntabwo ishukwa n'ibisa n'ubutungane. Ntabwo yibeshya mu buryo ibona imico
y'umuntu. Abantu babasha gushukwa n'abandi bantu banduye mu mitima, ariko
Imana yo ibona ukwiyoberanya kose, igasoma amabanga yose yo mu mitima.

Vuba bidatinze ubwo ibyaha bya benshi bizibukwa imbere Y'Imana ndakurarikira kwiyunga nayo.

Uwiteka aravuga ati:

Ibyahishuwe 22:12
“Dore ndaza vuba nzanye ingororano, kugira ngo ngororere umuntu wese ibikwiriye ibyo yakoze.

Ubugingo bwanyu mbararikiye kubuhisha mu Mana mu izina rya Yesu.

Ukeneye ibindi byigisho wabisanga kuri :

YouTube : Impanda y'Imperuka Ministry
Facebook : Impanda y'Imperuka Ministries
Instagram : impandayimperuka

Imana ibahe gukomera!

16/09/2024

*IBYANDITSWE BYERA NI UMURINZI*
&&&&&&&&&&&&&&&&&&&&&&&&
YESAYA 8:20👇👇👇
" _Nimusange amategeko y'Imana nibiyihamya nibatavuga ibihwanye n'iryo jambo nta museke uzabatambikira._ "

Reka nongere kugusuhuza nshuti,"Amahoro y'Imana Abe kuri wowe"✋

Impamvu duhereye kuri iryo somo nuko muri ibi bihe dusohoyemo abantu bamwe basigaye bihunza ijambo ry'Imana bavuga bati" *U*I BYINSHI AZABAZWA BYINSHI* "🤔🤔
Ariko abandi nabo bati: " *NUTABIZI AZABAZWA IMPAMVU ATABIMENYE* "⁉️

Reka turebe icyo iyi nyandiko ibivugaho:👇👇👇

"Igihe hariho amahirwe yose yo kumenya ibyo Imana ishaka, *ubujiji ntibuba bukibaye urwitwazo rwo kuyoba cyangwa gucumura* . Umugenzi ageze mu ihuriro ry'inzira nyinshi Kandi ibyapa byerekana aho inzira yose igana, aramutse yirengagije ibyo byapa, akanyura mu nzira abona ko ariyo imubereye iyo ukuri, ashobora kuba abikoze yumva ko ari mu kuri kwe, nyamara bidatinze azisanga yanyuze inzira yamuyobeje."

⚠️👉"Imana yaduhaye ijambo ryayo kugirango tubashe kwimenyereza inyigisho zikubiyemo, *Kandi tunamenye UBWACU icyo Imana idusaba* ."
_Intambara ikomeye, p.420(igitabo gito)_

⚠️ Nshuti reka gukerensa ijambo ry'Imana ryumvire icyo rigusaba ureke gutwika amasomo amwe(ukayajugunya mbega ntuyumvire) nurangiza ngo wumvire ayandi.⁉️

Nkundira dusoreshe iri somo:
👇👇
"Nuko rero umuntu wese muri twe azimurikira ibyo yakoze imbere y'Imana."
Abaroma 14:12

🛐*Imana idushoboze kuba mu ruhande rwiza, mu izina rya Yesu Kristo, Amen* 🛐

II*Mugire umunsi mwiza*II

Ukeneye ibindi byigisho wabisanga kuri :

YouTube : Impanda y'Imperuka Ministry
Facebook : Impanda y'Imperuka Ministries
Instagram : impandayimperuka

Imana ibahe gukomera!

13/09/2024

MBESE AHO NTIWABA UGENGWA N'INDI MBARAGA ⁉ ⁉
----------------------------------------------------------------
Nongeye kugusuhuza nshuti muvandimwe,
Ubuntu bw'Umwami wacu Yesu Kristo bubane nawe.✋✋

Ku isi hari imbaraga ebyiri, zihora zifuza gutegeka intekerezo za buri wese mu bayituye arizo:
-Imbaraga y'Imana, ndetse
-n'Imbaraga ya Satani.

Bibiliya itwerurira ko igihe umuntu akiri mu isi aba afashe igihe mu ntambara kugirango arwanye imbaraga adashaka muri izo ebyiri navuze haruguru, ibyo tubisoma muri Yobu 7:1 ahagira hati:

"Mbese umuntu akiri mu isi ntaba afashe igihe mu ntambara?"

Iyi ntambara rero irwanirwa mu mutima cyangwa se mu ntekerezo za buri muntu, aho yumva ijwi rimubwira gukora ibibi ndetse n'irindi rimurarikira gukora ibyiza.
Imana mu rukundo rwayo rwinshi niyo yemeye ko umuntu agira amahitamo kuko Imana itari inyagitugu ahubwo kuyikunda no kuyumvira ni amahitamo ya buri muntu wese mu bo yaremye ndetse akaba yanayanga ntayumvire aramutse abihisemo.

Kubera ko inzira ari ebyiri gusa nta ya gatatu nk'uko Imana yabihamije mu ijambo ryayo(Yeremiya 21:8),
Iyo umuntu atari mu ruhande rw'Imana aba yifatanije n'umwanzi w'abantu n'Imana ari we Satani.

Reka dukomeze n'iyi nyandiko:
👇👇👇
"Umuntu wanga kwiyegurira Imana aba agengwa n’indi mbaraga. Ntabwo yigenga ubwe. Ashobora kwibwira ko afite umudendezo, nyamara aba ari mu bubata bukomeye.

Ntashobora kubona uburyo ukuri ari kwiza kubera ko intekerezo ze zigengwa na Satani.

Mu gihe yishuka ko akurikiza ibyo umutima we wo gushyira mu gaciro umubwira, aba yumvira ubushake bw’umutware w’umwijima.

Kristo yazanywe no guca ingoyi z’uburetwa bw’icyaha mu muntu. “Nuko Umwana nababatura, muzaba mubatuwe by’ukuri.” “Kuko itegeko ry’Umwuka w’ubugingo bwo muri Kristo Yesu ryambatuye ububata bw’itegeko ry’ibyaha n’urupfu.” Abaroma 8: 2. "
Uwifuzwa ibihe byose, p.316.4

None nshuti yange, ugengwa n'iyihe mbaraga ⁉ 🤔

Mbese ntiyaba ari iy'umwanzi izagukururira mu irimbukiro?


Niba ari uk

Address

KK124 Street
Kigali

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Impanda Y' Imperuka Ministries posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Place Of Worship

Send a message to Impanda Y' Imperuka Ministries:

Share