Gukwizwa neza ntagihombo

Gukwizwa neza ntagihombo Kuko Imana yagukunze akaramata nicyo izagukiriza.

10/06/2025

Urukundu Iwacu.
❤️❤️❤️❤️❤️❤️
Yohana 13:34
Ndabaha itegeko rishya ngo mukundane nk'uko nabakunze, mube ari ko namwe mukundana.
✍️ Ibi ndarenzaho iki yemwe.
@ Abanjye barihe ngo mbabwire ko nsabwa kubakunda nanze nkunze, niyo wabimpora sinabyemera, nzakomeza ngukunde nukomeza kunyanga nabwo nkomeze ngukunde.
@ # Iyo wanga umuntu wowe uba ubona uremwe muki ko twese ari mu gitaka, nimwo twavuye kandi ninaho tuzasuriba(umubiri).

Ni dushaka dukundane ejo bundi tuzabikenera kandi isi iminsi nibihe bizaba bibitwishyu impamvu tutakundanye.
Nihitira ntihagire untera amabuye.

18/05/2025

Yakobo 4:5-7
[5]Mbese mutekereza yuko ibyanditswe bivugira ubusa ngo “Umwuka uba muri twe urararikira ukagira n'ishyari”?
[6]Ariko nubwo bimeze bityo Imana irushaho kutugirira imbabazi ni cyo gituma ivuga iti “Imana irwanya abibone, ariko abicisha bugufi ikabahera ubuntu.”
[7]Nuko rero mugandukire Imana ariko murwanye Satani, na we azabahunga.
✍️ Sinshidikanya ko waba utanyimvise, nibananyumvise umvira ijambo ry'Imana, ukore ibyo rigusaba uzaba uhiriwe rwose.

Yakobo 4:1-3Mbese muri mwe intambara ziva he, n'intonganya ziva he? Ntibiva ku byo mwishimira bibi, birwanira mu ngingo ...
14/05/2025

Yakobo 4:1-3
Mbese muri mwe intambara ziva he, n'intonganya ziva he? Ntibiva ku byo mwishimira bibi, birwanira mu ngingo zanyu?
Murararikira ariko nta cyo mubona, murica kandi mugira ishyari ariko ntimushobora kunguka, muratabara mukarwana nyamara ntimuhabwa kuko mudasaba,
murasaba ntimuhabwe kuko musaba nabi mushaka kubyayisha irari ryanyu ribi.

Imana itugirire neza, kdi itubabarire, itwuzuze imbaraga iduhe ubwenge.

07/06/2024

Igitondo cy'ihumure
❤️🫴🫴🫴🫴🫴🫴🫴❤️
```Ikizagukiza abanzi bawe Imana izakikubikira hafi```

•Ageze i Lehi, Abafilisitiya bamusanganiza urusaku. Maze umwuka w'Uwiteka amuzaho cyane, imigozi yari imudadiye amaboko ihinduka nk'imigwegwe ishiririye, ibimuhambiriye biradohoka bimuva ku maboko.
•Nuko abona igufwa ry'umusaya w'indogobe, ararisingira aryicisha abantu igihumbi.
•Nuko Samusoni aravuga ati“Erega umusaya w'indogobe, ibirundo n'ibirundo,Umusaya w'indogobe nywicishije abantu igihumbi.”
Abacamanza 15:14-16

Samusoni Ageze aho ntakirengera asigara imbere yabanzi be, Imana yari yamaze kumutegurira urusaya rw'imdogobe hafi aho, imigozi yari imuboshye ntacyo yari ivuze, Imana yamukirishije ibisa nubusa.

💖 Ibihe unyuramo niba uri kumwe n'Imana ikubikiye ikizagurera guma mubayo wizeye.
Imana ni iyo kwizerwa.
Amen

06/04/2024

IJAMBO RY'UBWENGE.
💖💖💖💖💖💖💖💖
[👍]Nimushake Uwiteka bigishoboka ko abonwa, nimumwambaze akiri bugufi.
[👍]Umunyabyaha nareke ingeso ze, ukiranirwa areke ibyo yibwira agarukire Uwiteka na we aramugirira ibambe, agarukire Imana yacu kuko izamubabarira rwose pe.
[💖]“Erega ibyo nibwira si ibyo mwibwira, kandi inzira zanyu si zimwe n'izanjye!” Ni ko Uwiteka avuga.
[💖]“Nk'uko ijuru risumba isi, ni ko inzira zanjye zisumba izanyu, n'ibyo nibwira bisumba ibyo mwibwira.
*Yesaya 55:6-9*
Mugire Akazi keza.

21/03/2024

Ijambo ry'Imana (Zaburi25:3-5)
☑️☑️☑️☑️☑️☑️☑️☑️☑️
👉Niki cyakuvana ku Mana?👈

Si ko bizaba, Mu bagutegereza nta wuzakorwa n'isoni. Abava mu isezerano ari nta mpamvu, Ni bo bazakorwa n'isoni.
Uwiteka nyereka inzira zawe, Unyigishe imigenzereze yawe.
Unyobore ku bw'umurava wawe unyigishe, Kuko ari wowe Mana y'agakiza kanjye, Ni wowe ntegereza umunsi ukira.

🫴Ntabwo nibaza impamvu yatuma cg yatumye Uva ku Mana yawe, mbese ni amasezerano?
Amakuba n'Ibyago c?
👍Ntanakikwe mbonye cyatuma Uva ku Mana yawe nkuko nayo itazagusiga itazagutererana na hato.
👓 Niyo izi imibereho yawe, yemerere Ariyo ikuyobora mubyo kunyuramo byose.
😍❤Ihangane utegereza ibyo yavuganye nawe izabisohoza ni iyo kwizerwa.
Whatsapp: +250783738699

Ijambo ry'Imana (Imigani 10:21-24)☑️☑️☑️☑️☑️☑️☑️☑️☑️👉Uwiteka yishimira abakiranuka👈Umunwa w'umukiranutsi ugaburira bensh...
23/01/2024

Ijambo ry'Imana (Imigani 10:21-24)
☑️☑️☑️☑️☑️☑️☑️☑️☑️
👉Uwiteka yishimira abakiranuka👈
Umunwa w'umukiranutsi ugaburira benshi, Ariko abapfapfa bapfa bazize kubura ubwenge.
Umugisha Uwiteka atanga uzana ubukire, Kandi nta mubabaro yongeraho.
Gukora ibibi umupfapfa abyita ibikino,Ariko umuhanga yishimira ubwenge.

💝 Kubana neza n'Imana biraryoha, iyo ubanye n'Imana hari imico, imyifatire ikuranga bigutandukanaya n'abandi, ukubonye yabona n'imirimo yawe akifuza kuba nkawe.
🫵 Ese habaho ubwo abantu bajya bifuza kumera nkawe.
Imana wizeye igararagari muri wowe no mubyo ukora byose.
👍 Niba Aribyo Uwiteka arakwishishimira.
🤌 Ndagirango nkumenyeshe ko abagenda uko Imana ishaka aribo bana bayo.

😍 Haranira uyu munsi kuba mubo umutima w'Imana wishimira,
Bizakuzanira imigiaha myinshi, Kandi ubikiwe n'ubugingo buhoraho.😍

20/11/2023

Uhoraho Imana ni umutabazi wacu
♥️♥️♥️♥️♥️♥️♥️♥️♥️♥️♥️♥️
Zaburi 3:4-7

♥️ Ariko wowe Uwiteka, uri ingabo inkingira, Uri icyubahiro cyanjye, ni wowe ushyira hejuru umutwe wanjye.
♥️ Ijwi ryanjye ritakira Uwiteka, Na we akansubiza ari ku musozi we wera. Sela.
♥️ Nararyamaga ngasinzira, Ngakanguka kuko Uwiteka ari we ujya andamira.
♥️ Sinzatinya abantu inzovu nyinshi, Bangoteye impande zose kugira ngo bantere.

💝 Niba ufite Imana muri wowe bigute gutuma wumva utuje, kuko Imana wizeye ntijya ihemuka, ihora ikubereye maso.

🤌 None c Niki ubona kiguteye ubwoba Imana itashobora.
Imana yacu ishobora byose wowe komeza uyizere uyiringire izakora ibirenze ibyo utekereza.

20/08/2023

Song 97 agakiza

Ifeza n' izahabu nta bwo zibasha Gukiza umutima ubabajwe n' ibyaha, Nyamara amaraso ya Yesu Mukiza Yashoboye kunkura mu byaha byose.

Narakijijwe. si kubw' imari, Kubw' ubuntu narakijijwe. Yanyishyuriye ya myenda yose
Yamviriy' amaraso ye.
Nawe Yesu aragushaka ngo ube uwe nawe Abe uwawe,.

Yesu mubane iminsi yose.

15/08/2023

Kora ibyiza Imana izaguhemba
♥️♥️♥️♥️♥️♥️♥️♥️♥️♥️♥️
Habakuki 2:9-10,12
“Azagusha ishyano ushakira inzu ye inyungu mbi kugira ngo yiyarikire icyari cye hejuru, ngo abone uko akira ukuboko k'umubi!
Inzu yawe wayiteje ibikoza isoni kuko warimbuye amoko menshi, ugacumurira ubugingo bwawe.
“Azagusha ishyano uwubakisha umudugudu kuwuvusha amaraso, agakomeresha umudugudu gukiranirwa!

Igenzure utazasanga wararuhiye ubusa,
Sohora ibitenge isoni wimitse muri wowe ndetse niwawe, Kandi wirinde ibigusha abandi biguturutseho.
Cyiza ubugingo bwawe nubw'abawe.
Gukizwa neza ntagihombo, nutihana ntakabuza uzarimbuka, u*ize ko wanze kumvira naho kumva ko warumbise nuko utumvira ibyo Imana igushakaho.

01/08/2023

⛱️⛱️⛱️⛱️⛱️⛱️⛱️⛱️
Con,t👇🏾
NI NDE DUKWIRIYE GUSENGA?

Bibiliya itwereka ko tugomba gusenga Imana Data (Neh.4.7; Mat.6.9), gusenga Umwami
Yesu Kristo (Ibyak.7.59; 1Kor.1.2; 2Kor.12.8; Rom.10.13; Ibyak.14.23). Tubwirwa kandi
kugirana ubumwe n‟Umwuka Wera (2Kor.13.14) n‟ubwo ntaho Bibiliya itwereka ko tugomba
kumusenga.

UBURYO BWIZA BWO GUSENGA

Bibiliya itwereka ingero z‟abantu b‟Imana bagiye basenga na gahunda yarangaga gusenga
kwabo:
👉🏾Kuramya Imana (kuyiha icyubahiro cyayo),
👉🏾Kwatura ibyaha byabo, no
👉🏾gusaba bayereka ibyifuzo byabo. Itubwira kandi no gushima (Abafil.4.6; Mat.11.25):

Nta buryo bwihariye Imana yashyizeho bw'uko umuntu ayisenga yifashe,
Uyisenga umeze uko umutima wawe ubikwemeza:
ushobora kuyisenga wicaye, ukayisenga uhagaze, ushobora gusenga upfukamye, wayisenga
ugendagenda, ushobora kuyisenga uririmba indirimbo zituje...

👉🏾 Si ngombwa ko umuntu asenga asakuza cyane kuko ataribyo bituma umuntu yumvirwa,
icyakora igihe uhawe umwanya wo kuyobora abandi mu mwanya wo gusenga biba byiza ko
usenga mu ijwi ryumvikana.

KUKI ARI NGOMBWA KO DUSENGA DUHUMIRIJE?

Nta hantu Bibiliya idutegeka ko tugomba gusenga duhumirije, icyakora abatubanjirije
basanze ari byiza ko umuntu asenga ahumirije kugira ngo hatagira ibimurangaza.

Gusa bijyanye n'aho umuntu ari (ku kazi k'izamu, mu isoko, mu muhanda) ashobora gusenga
adahumirije ariko akerekeza umutima ku Mana.

4. IBYO UMUNYAMASENGESHO AGOMBA KUMENYA:

(1) Gusenga ni ugusaba: igihe umuntu asenga agomba kumenya ko atagomba gutegeka Imana
ahubwo akayisaba ayinginga (1 Abami 18.36-37);
(2) Gusenga bijyana no kwizera: ni ngombwa ko umuntu asenga yizeye Imana kuko gusenga
bijyana no kwizera (Yak 1.6-8)
(3) Gusenga bijyana no kumvira: ni byiza ko umuntu asenga kandi akayumvira kuko Imana
ikunda abantu bayumvira (1 Sam 15.22; Hos 6.6)
(4) Usenga agomba kwirinda gusaba nabi: igihe umuntu asenga agomba gusaba neza, si byiza
ko umuntu asabira ibyago abanzi be cyangwa ngo asabe ibirenze ibyo akeneye... Yakobo 4.3
haravuga ngo murasaba ntimuhabwe kuko musaba nabi. Matayo 7.7 Yesu yaravuze ngo
"Musabe muzahabwa, mushake muzabona, mukomange ku rugi muzakingurirwa."

5. IGIHE CYIZA CYO GUSENGA:

Ni ryari umuntu akwiriye gusenga?
Tugomba gusenga ubudasiba (Luk.18.1; Ef.6.18; 1Tes.5.17),
ku manywa na nijoro (Zab.88.2; Luk.18.7).
Dushobora gusengera aho ariho hose n‟igihe icyo aricyo cyose kuko Imana iba hose, ariko dukwiye no kugira ibihe byihariye byo gusenga no kwihererana n‟Imana (Mat.6.6). Yesu yakundaga kwihererana na Se ku musozi cyangwa se mu butayu
(Mat.14.23; Mko.1.35).

6. AHANTU DUKWIRIYE GUSENGERA:

Ni hehe tugomba gusengera?
👉🏾 Tugomba kumenya ko ahantu hose wasengera Imana ikumva (haba mu nzu, mu cyumba
cyawe, mu kazi, mu nzira ugenda, mu rusengero, muri gereza, mu ishuri...) hose yakumva.

👉🏾Ushobora gusengera mu iteraniro hamwe n'abandi bantu.

👉🏾Icyakora igihe ugiye gusenga biba byiza ko wasengera ahantu hari umutekano, hatuje kandi
hatari ibyakurangaza. Byaba bishoboka ugafunga urugi.

👉🏾 Ni ngombwa ko dusenga buri gihe, tukinginga Imana mu buryo butandukanye.
Tugomba gusengera ahantu hose, icyakora ni byiza gusengera ahantu (ibyumba, imisozi,
ubuvumo, ubutayu, amazi...) mbere yo kujya kuhasengera ugomba kubanza ukamenya niba
hazwi n'itorero usengeramo, ukamenya niba n'ubuyobozi bwa leta bwemera ko aho hantu
hasengerwa.

7. ABANTU TUGOMBA GUSABIRA, (IBYICIRO 5):

Ni bande tutagomba kwibagirwa gusengera mu masengesho yacu ya buri munsi?
Mu masengesho yacu dusenga buri munsi, buri gihe, tugomba kwisengera ubwacu, twisabira
ariko ntitwizirikane ubwacu twenyine ahubwo tukibuka n'abandi.
Tugomba gusabira abantu bo muri ibi byiciro bitanu (5) bikurikira:

👉🏾Tugomba kwisabira twebwe ubwacu (Zab 104.4; 2 Kor 12.7)
👉🏾 Tugomba gusabirana (Efes 6.19-20; Kol 4.3)
👉🏾 Tugomba gusengera imiryango yacu ndetse n‟abana bacu (1 Ngoma 29.19)
👉🏾 Tugomba gusengera igihugu n'abayobozi bacyo (Yer 29.7; 1 Tim 2.2-3)
👉🏾 Tugomba gusengera abaturenganya n'abadutoteza (Mat 5.44; Luka 6.28)
👉🏾 Tugomba gusengera abera bose ndetse n'abakozi b'Imana (Efes 6.18-20)

8. INZITIZI ESHESHATU (6) Z'AMASENGESHO:
(i) Gusaba nabi: (Yak 4.3)
(ii) Icyaha: (Yes 59.1-2)
(iii) Kwimika ibindi bigirwamana: (Ezek 14.3)
(iv) Kutababarira: Mar 11.25; Mat 5.23-25 “Kuko nimubabarira abantu ibyaha byabo, na So wo
mu ijuru azabababarira namwe, ariko nimutababarira abantu, na So na we ntazabababarira ibyaha
byanyu.” (Mat 6.14-15)
(v) Kutizera: (Yak 1.5-7)
(vi) Ubwumvikane buke hagati y'abashakanye: (1 Pet 3.6-7)

9. GUSENGA NO KWIYIRIZA UBUSA (MAR 9.29):

(i) Kwiyiriza ubusa ni iki?
Mu nyigisho ze, Yesu yavuze ku kwiyiriza ubusa ati: “Kandi nimwiyiriza ubusa ntimukabe
nk‟indyarya zigaragaza umubabaro, kuko bagaragaza umubabaro kugira ngo abantu
babarebe ko biyirije ubusa. Ndababwira ukuri yuko bamaze kugororerwa ingororano zabo. Ariko
weho niwiyiriza ubusa wisige amavuta mu mutwe, wiyuhagire mu maso, kugira ngo abantu
batamenya ko wiyirije ubusa, keretse So uri ahiherereye, kandi So ureba ibyiherereye
azakugororera.” (Mat 6.16-18). Kwiyiriza ubusa ni byiza ku mukristo ariko ntidukwiye
kubikorera kwirata imbere y‟abantu.

(ii) Kwiyiriza ubusa bimaze iki?
Gusenga no kwiyiriza ubusa bigaragara mu isezerano rishya n‟irya kera:
Abayuda bari i Babuloni, Hamani yarabagambaniye ngo bicwe. Icyo gihe Esiteri yiyemeje
kujya guhakirwa bene wabo, ariko abasaba kumusabira biyirije ubusa (Est 4.10-16).
Abakristo ba mbere basengaga biyirije ubusa (Ibyak 13.2-3; 14.23).
Yesu yavuze ko hari abadayimoni bataneshwa n‟ikindi uretse gusenga no kwiyiriza ubusa
(Mar 9.25-29)
Kwiyiriza ubusa mu gihe cy‟amasengesho bigira umumaro munini mu mibereho y‟umukristo
ku giti cye ndetse no mu mushyikirano agirana n‟Imana mu masengesho. Bishobora gutuma
abohorwa, avugururwa, anesha ibigeragezo by‟uburyo butari bumwe ndetse no gukira
uburwayi.

(iii) Wakwiyiriza ubusa gute?

Hariho uburyo butatu (3) bwo kwiyiriza ubusa:
👉🏾 Kwiyiriza ubusa byuzuye: Wibuza ibyo kurya n‟ibyo kunywa (Gut 9.9,18; Ibyak 9.9; Est4.16)

👉🏾Kwiyiriza ubusa bisanzwe: Wibuza ibiryo ariko ukanywa amazi (2 Ngoma 20.3)

👉🏾 Kwiyiriza ubusa kw'igice: Kurya ibiryo bike, byoroheje no kwibuza ibyo ukunda (Dan10.2-3).

(iv) Inama ku kwiyiriza ubusa:

Igihe umuntu atangiye kwitoza gusenga yiyiriza ubusa, ni byiza ko ahera ku gihe kigufi,
agatangira yiyiriza igice cy'umunsi, nyuma akazakora umunsi wuzuye, iminsi 2, 3, 4 ...
Akabanza akitoza kwiyiriza ubusa by'igice nyuma akazasenga yiyirije byuzuye.
Igihe umuntu yinjiye muri gahunda yo gusenga iminsi myinshi yiyirije, biba byiza ko asenga
anywa n'amazi kugira ngo yirinde kuba yarwara impyiko.
Si byiza kumara iminsi itatu utagize icyo unywa kuko bishobora kwangiza ubu*ima
Mu gihe urangije igihe cyo kwiyiriza ubusa, ugomba kwitonda mu kurya: tangirira ku biryo
byoroshye: isosi, isupu, igikoma, ..., kugeza ubwo uzasubirira ku ndyo yawe isanzwe.

INAMA KU GUSENGA:

👉🏾 Niba abantu bakubwiye ngo mujye gusengera ahantu, ukaba u*i neza ko bishobora
kugukururira ingorane, uzabareke bagende bonyine.

👉🏾 Umuririmbyi w'indirimbo ya 62 muz'agakiza, igitero cya 3 yaravuze ngo: "Kandi
ntitwibagirwe, yuko aho tujya hose, yuko gusenga kwacu kugera ku Mana Data."

👉🏾 Muri iyi minsi hariho ubuyobe bwinshi...
Nihagira umuntu uza akubwira ngo yeretswe, ngo Imana yavuze ngo... akagusaba amafaranga
cyangwa akagusaba ko musambana kugira ngo agusengere imivumo, imyaku, imikasiro...
bikuveho, NTUZABYEMERE, UZAMWIRINDE kuko abantu nk'abo ari abatekamutwe
n'abambu*i (Buri muntu asabwa kwitondera ibintu byitwa “Delivrance”).

👉🏾 Ijambo ry'Imana riravuga ngo mugire ubwenge, NIYO MPAMVU TUGOMBA GUSENGA,
TUGAKIRANUKA KANDI TUKAGIRA N'UBWENGE.

Umurongo wo gufata mu mutwe: 1 Tes 5.17; Efes 6.18; Yak 5.16; Mar 9.29

Murakoze,

Tuzakomeza mu isomo rikurikira.

Address

Kigali

Telephone

+250783738699

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Gukwizwa neza ntagihombo posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Share