13/05/2022
AKAGA GATERWA NO KUTUMVIRA MWUKA WERA.
Uwo Mwuka w’ukuri naza azabayobora mu kuri kose kuko atazavuga ku bwe, ahubwo ibyo azumva ni byo azavuga, kandi azababwira ibyenda kubaho.Yohana 16:23
Umumaro wa Mwuka Wera ni ukuyobora abantu mu kuri kose(Hano hagomba kwutonderwa).Ubwo rero iyo habayeho gushaka gukorana na Mwuka igice,ni ikimenyetso cy'uko umuntu yifuza kuromboreza mu nzira ebyiri icyarimwe,muri make ntashaka gukonja kandi ntashaka gushyuha ahubwo anyuzwe nuko ari akazuyazi(Ibimenyetso biranga itorero rya nyuma Lawokokiya, Ibyah 3:16)
Uwiteka aravuga ati “Umwuka wanjye ntazahora aruhanya n’abantu iteka ryose, kuko ari abantu b’umubiri. Nuko rero iminsi yabo izaba imyaka ijana na makumyabiri.”Itangiriro 6:3
Nubwo Imana ari urukundo,ariko ntabwo Mwuka wayo azahora asuzugurwa n'abantu,Igihe kiragera abantu ntibabe bagikorana na Mwuka wera,Icyo gihe ni ryari?Kuza k’uwo mugome kuri mu buryo bwo gukora kwa Satani, gufite imbaraga zose n’ibimenyetso n’ibitangaza by’ibinyoma,n’ubuhenzi bwose bwo gukiranirwa ku barimbuka, kuko batemeye gukunda ukuri ngo bakizwe.Ni cyo gituma Imana izaboherereza ubushukanyi bukomeye cyane ngo bizere ibinyoma,kugira ngo abatizeye iby’ukuri bose bakishimira gukiranirwa, bacirwe ho iteka. 2Abatesalonike 2:9-12
kuko ubwo bamenye Imana batayubahirije nk’Imana, habe no kuyishima, ahubwo bahinduka abibwira ibitagira umumaro, maze imitima yabo y’ibirimarima icura umwijima.Biyise abanyabwenge bahinduka abapfu,maze ubwiza bw’Imana idapfa babuhindura ibishushanyo by’abantu bapfa, n’iby’ibiguruka, n’iby’ibigenza amaguru ane, n’iby’ibikururuka.Ni cyo cyatumye Imana ibareka ngo bakurikize ibyo imitima yabo irarikiye, bakor ibiteye isoni bononane imibiri yabo,kuko baguraniye ukuri kw’Imana gukurikiza ibinyoma, bakaramya ibyaremwe bakabikorera kubirutisha Imana Rurema, ari yo ishimwa iteka ryose, Amen.Abaroma 1:21-25
Kandi ubwo banze kumenya Imana, ni cyo cyatumye Imana ibareka ngo bagire imitima yabaye akahebwe bakora ibidakwiriye.Buzuye gukiranirwa kose n’ububi, no kurarikira n’igomwa, buzuye n’ishyari n’ubwicanyi, n’intonganya n’ubugambanyi no gukina ku mubyimba, no gusebaniriza mu byongorerano,n’abatukana, n’abanga Imana n’abanyagasuzuguro, n’abirarira n’abahimba ibibi, n’abatumvira ababyeyi n’indakurwa ku izima, n’abava mu masezerano n’abadakunda ababo n’intababarira,nubwo bamenye iteka ry’Imana yuko abakora ibisa bityo bakwiriye gupfa, uretse kubikora ubwabo gusa bashima n’abandi babikora. Abaroma 1:28-32
Nibyiza rero ko umuntu wese yakwigenzura kugiti cye,bityo binyuze mu gusuzumishwa ijambo ritibeshya agahamya ko ayobowe n'Umwuka Wera cyangwa ayobowe n'indi mbaraga.Ntakindi gipimo ntihakagire uwishuka,Ijambo ry'Imana ni ryo dupimirwamo,niryo Timasi,udashaka guca muri iryo rembo,uwo si uwa Kristo.
Akaga ko kutemera kuyoborwa na Mwuka Wera bisubiza umuntu inyuma kuburyo usanga uwo muntu aba arutwa n'inyamaswa mu ntekerezo hagendewe ku mwanzuro afata.Ni abantu bangahe bagurisha ubugingo bwabo kuri satani babitewe no kwanga kurengana bazira Kristo?babitewe no kwanga kwicwa n'inzara,kwirukanwa mu kazi,gutana nabo bashakanye,...Ibyo byose bakabikora bazi ko ari ibyigihe gito bigatuma bihakana Sebuja wabaguze amaraso.Ibanga rikomeye ritazwi na benshi,Mbese abanzi b'Imana bajya bazirikana ko igije kije aho ibyo abantu baguranye Imana byose bagiye kubyamburwa?
Icyo umunyabyaha atinya ni cyo kizamugeraho, Ariko icyo umukiranutsi yifuza azagihabwa.Imigani 10:24
Bavushije amaraso y’abera n’ay’abahanuzi, nawe ubahaye amaraso ngo abe ari yo banywa, ni byo bibakwiriye.”Marayika wa gatanu asuka urwabya rwe ku ntebe y’ubwami ya ya nyamaswa. Ubwami bwayo bucura umwijima, kuribwa gutuma bahekenya indimi zabo,kandi kuribwa kwabo n’ibisebe byabo bituma batuka Imana nyir’ijuru, ntibīhana imirimo yabo.Ibyahishuwe 16:6;10-11
Kuko amaboko y’abanyabyaha azavunika, Ariko Uwiteka aramira abakiranutsi.Uwiteka azi iminsi y’abatunganye, Umwandu wabo uzahoraho iteka Ntibazakorwa n’isoni mu gihe cy’ibyago, Mu minsi y’inzara bazahazwa.Ariko abanyabyaha bazarimbuka,Kandi abanzi b’Uwiteka bazashira nk’ubwiza bw’urwuri,
Bazarimbuka,bazarimbukira mu mwotsi.Imigani 37:18-20
Ndakwifuriza kuba mu itsinda ry'abatubararira inyamaswa n'igishushanyo cyayo bategereje gusukwaho umujinya w'Imana byose nk'inkaruka yo gukingirana Mwuka Wera we ubemeza ukuri bakwiye gushikamano,niba warariganijwe kandi ukumva Mwuka akwemeza amakosa yawe nkutuye aya magambo:Nimuze tujye inama”,ni ko Uwiteka avuga,“Naho ibyaha byanyu byatukura nk’umuhemba birahinduka umweru bise na shelegi, naho byatukura tukutuku birahinduka nk’ubwoya bw’intama bwera.Nimwemera mukumvira muzarya ibyiza byo mu gihugu.Ariko nimwanga mukagoma inkota izabarya”, kuko akanwa k’Uwiteka ari ko kabivuze.Yesaya 1:18-20