Amateka ya Islamu

Amateka ya Islamu Contact information, map and directions, contact form, opening hours, services, ratings, photos, videos and announcements from Amateka ya Islamu, Religious organisation, Kigali.

INKOMOKO Y’IBIGIRWAMANA BYARIHO KU GIHE CY'INTUMWA MUHAMMAD (S). Kuva intumwa y’Imana Ibrahim (as) yakwimurira umuryango...
06/11/2022

INKOMOKO Y’IBIGIRWAMANA BYARIHO KU GIHE CY'INTUMWA MUHAMMAD (S).

Kuva intumwa y’Imana Ibrahim (as) yakwimurira umuryango we i Makka, kuva ubwo uhereye ku rubyaro rukomoka ku muhungu we intumwa y’Imana Ismail(as) basengaga Imama imwe rukumbi ari nayo Ibrahim (as) yasengaga. Ubwo urubyaro rukomoka kuri Ismail (as) rwari rutuye hafi ya Kaaba rwari rumaze kwiyongera, bamwe muri bo barimutse bajya gutura ahandi mu tundi duce.

Iryo tsinda ry’abarabu bakomoka ku ntumwa y’Imana Ismail (as)ryabaye intandaro yo gusenga ibigirwamana . Ubwo umubare wabo wari umaze kwiyongera i Makka, bahisemo kuva i Makka hafi ya Al-Kaaba bajya gushaka ahantu hashya ho gutura . Mu gihe cyo kwimuka kwabo, kubera ukuntu bubahaga Al-Kaaba, bakuye amabuye kuri al-Kaaba barayajyana, bajyera ahantu baca ingando cyangwa se ho gutura bakahatereka ya mabuye bakuye kuri Al-Kaaba maze bakayazenguruka bakora Twawafu nk’uko bazengurukaga Al-Kaaba bakiri I Makka .

Gufata ayo mabuye nk’amabuye matagatifu byagiye bifata intera bigera aho uwari urifite yatangiye kujya arisenga. Uko ibinyejana byashize ibindi biza, niko idini rya Abrahamu(as) na Ismail (as) ryagiye ryibagirana abantu basigara basenga ibigirwamana. Ariko nubwo byari bimeze bityo, umuhango wa Hija wagumyeho, ariko ugenda wivanga n’indi migenzo y’abasengaga ibigirwamana.

Umuntu wa mbere wakwirakwije ibigirwamana mu barabu ni umuntu witwa Amru bin Luhha (Lahhi) wari mu bikonerezwa no mu bayobozi b’Abarabu muri icyo gihe. Yavuye i Makka yerekeza i Shamu (muri Syria), ahabona abantu basengaga ibigirwamana. Yarabajije ati: Ibi ni ibiki musenga? Bati: Ni ikigirwamana dusaba imvura kandi imvura tukayibona, turabisaba ubufasha tukabubona”. Abasaba kumuha ikigirwamana cyo kuzana mu gihugu cy’Abarabu ngo bagisenge nabo babone ibyo yari abwiwe ko bitanga. Bamuhaye ikigirwamana cyitwa Hubaal. Yakizanye i Makka arakihashyira, ategeka Abarabu kugisenga no kucyubaha bikomeye. Bamwe mu bamenyi b’Amateka bemeza ko Amru ariwe muntu wa mbere washyize ikigirwamana muri Kaaba.

Amateka avuga ko kuva ubwo, amoko y’Abarabu yagiye atunga ibigirwamana bynshi cyane bitandukanye, bimwe babiguze ibindi babihawe nk’impano ibindi babyikoreye. Bitewe n’ukuntu bubahaga inzu ya Al-Kaaba, no kuba amoko yarapinganaga arushanwa kwerekana imbaraga zayo n’ubuhambare, buri bwoko bwafataga ikigirwamana cyabwo gikuru bukagishyira kuri Al-Kaaba ngo kibuhagararire ndetse bajye banagisenga igihe baje muri Hijja no kuhasura.

Bivugwa muri Al-Kaaba hashyizwe ibigirwamana 360 byose. Muri ibyo bigirwamana 360, hari harimo ibigirwamana bigera kuri 65 bizwi kandi bisengwa n’abantu benshi aribyo tugiye kubona.

IBIGIRWAMANA BITATU BY’ABARABU BYARI BIKOMEYE MU GIHE CY’UBUJIJI

Mu gihe cy’ubujiji [mbere y’uko intumwa y’Imana Muhammad (s) ihabwa ubutumwa], Abapagani b’Abarabu bari bafite ibigirwamana byinshi bari barashyize muri Kaaba ibindi babishyira inyuma yayo ibindi babibika mu mago yabo, ariko muri byo harimo ibigirwamana bitatu aho nta gushidikanya ko ibi bitatu byari bifite akamaro gakomeye bitewe n’agaciro n’icyubahiro byari bifite,ingano yabyo,ubwoko bwabisengaga ndetse naho byari byarashyizwe n’ukuntu byari bizwi cyane. Ibyo bigirwamana ni :”Laat”, “Uzza” na “Manat” .

Hari ukunyuranya ku kijyanye no kwita amazina ibi bigirwamana bitatu aya mazina, k’uwabikoze, hamwe n ‘abantu babisengaga. Aha turavuga ibivugwa mu gitabo kitwa:”Bulugh al-Arab fi Mu’arifati Ahwal al-Arab”[1].

1. IKIGIRWAMANA CYA MANAAT

Ikigirwamana cya mbere kizwi cyane cyatoranijwe n’Abarabu cyari ikigore ni ikigirwamana cya Manaat . Cyari ikigirwamana cy’ibyanditswe n’imperuka, cyakozwe nyuma y’uko Amru bin Luhha avanye ikigirwamana muri Shamu akakizana muri Hijaz. Iki kigirwamana cyashyizwe mu gace gaherereye mu gace kegereye “Inyanja Itukura” hagati ya Madina na Makka, kandi cyubahwa n’Abarabu bose. Abarabu bagitambiraga ibitambo, ariko imiryango ibiri ya “Aws” na “Khazraj” niyo yacyitagaho inacyubaha cyane kandi inagisenga.

Abashakashatsi bavuga ko iki kigirwamana nacyo cyatumijwe mu mahanga aho cyari kimwe mu bigirwamana bya Babiloni. Abarabu bahaga impano iki kigirwamana, harimo inkota ebyiri ubwami bwahaye Manaat ndetse banagitambiraga ibitambo ku buryo bakimegaho amaraso y’ibitambo ku maguru yacyo kenshi. Kugeza mu mwaka wa munani wa Hijira, umwaka wo “Kwigarurira Makka “Fatihu Makka”, ubwo Intumwa (saww) yavaga i “Madina” yerekeza i “Makka”, iki kigirwamana cyari kikiri juri Al-Kaaba. Ubwo Makka yari imaze gufatwa, intumwa y’Imana Muhammad (swallallahu alayhi wa aalihi wa salam) yohereje Umuyobozi w’Abemeramana ariwe Ali mwene Abitwalib (alayhi salaam) aba ariwe ukimena .

2. IKIGIRWAMANA CYA AL- LAAT

Abarabu bo mu gihe cy’ubujiji, hashize igihe nyuma yo gukora cyangwa se kugura ikigirwamana cya “Manaat”, bakoze (cyangwa se baguze) ikigirwamana cya “Laat”. Iki kigirwamana cyari ikigirwamana cy”abagore. Aho cyari gikoze mu ibuye rifite impande enye. Iki kigirwamana cyari giherereye mu gace ka “Twaif”, aho uyu munsi iminara iri ibumoso bw’umusigiti wa “Twaif” yubatse ahari icyo kigirwamana. Abantu bo mu bwoko bwa “Saqifa” nibo bitaga kuri iki kigirwamana .

Intiti mu mateka zemeza ko izina “Laat” ryakuwe mu rurimi rwa Nabatwi, rikaba ryari izina ry’imwe mu mana z’ingore z’Abanyababuloni bari batuye i Babuloni, ikaba imana y’abagore (abakobwa). Abavandimwe bayo bari “Mamnatu” na “Ghashtar”. Laati, kimwe n’izindi mana z’i Babiloni, yarimuwe ijyanwa muri Siriya i Shamu, maze irashyingirwa iba umugore w’imana y’umugabo yaho yari izwi cyane yitwaga Haddadm, yari Imana y’imvura. Mu bwoko bwa Nabatwi, Laat yitwaga Rabat al-Bayt aho nyuma yaje kuba imana y’izuba.

Ubwo ikigirwamana Laat cyimurirwaga i Hijaz (i Makka) gikuwe i Shamu, cyasengwaga n’abantu bo mu bwoko bwa Saqifa na Qurayshi kandi bacyubaha cyane. Abantu bo muri ubwo bwoko bwa Saqifa bamaze kuba Abayisilamu, Intumwa y’Imana Muhammad (Allah amuhe amahoro n’imigisha n’abiwe) yohereje Mughairah, arakimenagura arangije agitwika mu muriro.

3.IKIGIRWAMANA CYA AL-UZZA

Ikigirwamana cya gatatu cyatoranyijwe n’Abarabu bo mugihe cy’ubujiji ni “Uzza” aho cyari ikirwamana cy’umunsi cyangwa igihe bari barimo, kikaba cyaraturutse i Babiloni . Bagishyize mu gace gaherereye mu nzira iva “Makka” yerekeza muri “Iraki” hafi y’ahitwa “Dhatu al-A’raq” cyangwa se i Wadi al-Qura. Abakurayishi bafataga Laat, Uzza na Manaat) nk’abakobwa b’Imana. Abantu bo mu bwoko bw’Abaqurayishi bahaga agaciro gakomeye icyo kigirwamana ndetse banagisenga.Mu giheburayo, “Uzi” ni izina rikomoka kuri “Uzra”, bisobanura “ubukana n’imbaraga”.

Uzza bikaba bisobanura: Igifite imbara zihambaye. Uzza kikaba cyari ikirwana gishaje kuruta Manaat na Laati. Abarabu bo mu gihe cy’ubujiji bitaga cyane kuri ibi bigirwamana bitatu bikuru kuburyo niyo babaga bari muri Twawafu (kuzenguruka) ku nzu y’Imana (Kaaba) bavugaga bati:

وَ اللاّتِ وَ الْعُزّى، وَ مَناة الثّالِثَة الاُخْرى، فَاِنَّهُنَّ الْغَرانِیْقُ الْعُلى، وَ اِنَّ شَفاعَتَهُنَّ لَتُرْتَجى
“Laati, Uzza na Manaat ni (ibiguruka)inyoni(abamalayika) nziza zo mu rwego ruhambaye aho kuri zo hari ibyiringiro byo kugirirwa neza ndetse no gukira”.

Ibi bigirwamana byafatwaga nk’abakobwa b’Imana (uko bigaragara Abarabu bafataga ibi bigirwamana nk’ishusho y’abamarayika, aho babyitaga abakobwa b’Imana)[2].

Igitangaje nuko mu mazina bitaga ibi bigirwamana bifashishaga amazina y’Imana, bakongeraho inyuguti yerekana ko ari izina ry’irigore cyangwa se bakarihindura irigore mu rwego rwo kugaragaza imyizerere yavuzwe haruguru. Abarabu bubahaga ibyo bigirwamana ku buryo bahisemo amazina nka “Abd al-‘Uzza” na “Abd al-Manat” bakayita umuntu cyangwa ubwoko[3]

Aho twabisanga:

[1] Bulugh al-Arab fi Mu’arifati Ahwal al-Arab: Ni igitabo cy’umwanditsi uzwi cyane witwa Muhammad Shukri al-Alusi.

[2] Bulugh al-Arab fi Mu’arifati Ahwal al-Arab: Umuz.2 urup.202-203

[3] Bulugh al-Arab fi Mu’arifati Ahwal al-Arab: Umuz.2 urup.202-203

INKURU ITANGAJE Y'INKA YA BENE ISIRAHELI (BANI ISRAIL) YAGOMBAGA KUZURA UWAPFUYE.Inkuru y'inka ya  Bene Isiraheli (Bani ...
05/11/2022

INKURU ITANGAJE Y'INKA YA BENE ISIRAHELI (BANI ISRAIL) YAGOMBAGA KUZURA UWAPFUYE.

Inkuru y'inka ya Bene Isiraheli (Bani Israil), ni inkuru itangaje yanavuzweho muri Qur'an ntagatifu. Inkuru yose iteye itya:

Mu gihe cy'intumwa y'Imana M***a (as) hariho Umugabo w’umugiraneza w'umucuru*i wubahaga ababyeyi be cyane, umunsi umwe ubwo se yari aryamye haje umukiriya washakaga kugura ibicuruzwa, uwo mugu*i yari aje kugura ibintu byinshi ndetse akanabungura amafaranga menshi ariko urufunguzo rw’iduka rwari rufitwe na se kandi yari asinziriye, ariko kuko umwana yubahaga se cyane byatumye yanga kumukangura, maze wa mukiriya na we yisubirirayo, bituma bahomba amafaranga menshi cyane angana n’amadirihamu ibihumbi 70 (amafaranga yari afite agaciro gahambaye muri icyo gihe).

Wa musaza amaze kubyuka bamubwira ibyabaye niko gushimira umuhungu we cyane maze amugabira inka imwe yari asigaranye aramubwira ati “mfite ikizere ko izakubera umugisha n’amahirwe kuri wowe.”

Ku rundi ruhande umwe mu basore wagiraga mico myiza wo mu bwoko bwabanya Israheli aza kurambagiza umukobwa maze baramumwemerera. Hagati aho akagira mukuru we wo kwa se wabo akaba umusore wagiraga ingeso mbi wabaswe n’ibyaha nawe aza kujya kurambagiza wa mukobwa ariko baramumwima niko kugirira ishyari n’inzika murumuna we wo kwase wabo maze ijoro rimwe aza kumutungura aramwica maze umurambo we awujugunya hafi aho mu gace( Hari bamwe mu bamenyi b'amateka n'abasobanu*i ba Qur'an bavuga bavuga iyi nkuru mu bundi buryi aho bavuga ko uwishwe ari umusaza w'umukire cyane wo mu bwoko bwa Bene Isiraheli wishwe n'abo mu muryango we kugirango babone uko bamuzungura imitungo ye maze umurambo we bawujugunya hafi y'urugo rw'umwe mu baturanyi nawe wakomokaga muri bumwe mu bwoko bwa Bene Israheli).

Mu gitondo cy’umunsi wakurikiyeho nibwo yazaga aho yataye wa murambo atangira kurira aboroga cyane asaba guhorera umuhungu wo kwa se wabo akajya avuga ati “umuntu wamwishe wese agomba kumpa indishyi z’akababaro niba kandi atabonetse abantu batuye aha ni bo bagomba kuyishyura”.

Gushaka umwicanyi byakomeje kunanirana havuka amacakubiri akomeye kuko kumenya umwicanyi bitari byoroshye ndetse byari kuvamo inzika bigatuma habaho ubundi bwicanyi bukabije, ni bwo bafashe icyemezo cyo gusanga Intumwa y’Imana M***a (a.s) ngo abasabire kwa Nyagasani abagaragarize umwicanyi. M***a (a.s) yasabye Imana ko yabacyemurira ikibazo ikabereka umwicanyi maze abasobanurira icyo Imana yamutegetse agira ati:

“Imana yabategetse ko mubaga inka y’inyana maze mwarangiza mugafata igice cy’umubiri wayo mukagikubita ku murambo w’uwitabye Imana kugirango azuke maze avuge uwamwishe kugirango amacakubiri arangire”.

وَإِذْ قَالَ مُوسَىٰ لِقَوْمِهِ إِنَّ اللَّهَ يَأْمُرُكُمْ أَنْ تَذْبَحُوا بَقَرَةً

Bene Israel baramubaza bati “ese urimo kutunnyega!?”

قَالُوا أَتَتَّخِذُنَا هُزُوًا

M***a ati “nikinze kuri Allah ngo andinde kuba mu njiji”

قَالَ أَعُوذُ بِاللَّهِ أَنْ أَكُونَ مِنَ الْجَاهِلِينَ

Bene Israel iyo baza kubirangiriza aho bari kugera kuntego yabo vuba ariko kubwo kugorana babaza ibibazo byisubiramo byatumye bibakomerera.

Babwiye M***a bati “dusabire nyagasani wawe adusobanurire imiterere y’iyo nka.”

قَالُوا ادْعُ لَنَا رَبَّكَ يُبَيِّنْ لَنَا مَا هِيَ

M***a arabasubiza ati “Allah aravuga ko ari inka itari ijigija ntibe n’umutavu ahubwo ibe iri hagati y’ibyo byombi ngaho nimukore ibyo mutegetswe.”

قَالَ إِنَّهُ يَقُولُ إِنَّهَا بَقَرَةٌ لَا فَارِضٌ وَلَا بِكْرٌ عَوَانٌ بَيْنَ ذَلِكَ ۖ فَافْعَلُوا مَا تُؤْمَرُونَ

Bene Israel baravuga bati “dusabire Nyagasani wawe adusobanurire ibara ryayo.”

قَالُوا ادْعُ لَنَا رَبَّكَ يُبَيِّنْ لَنَا مَا لَوْنُهَا

M***a arabasubiza ati “muby’ukuri Allah avuze ko ari inka y’igaju y’ibara ricyeye cyane ishimisha abayireba.”

Bene israel bakomeza bamubaza bati “dusabire nyagasani wawe adusobanurire iyo ariyo kuko rwose inka zimeze gutyo ni nyinshi zaduteye urujijo kandi mu by’ukuri Allah nabishaka turayimenya.”

قَالُوا ادْعُ لَنَا رَبَّكَ يُبَيِّنْ لَنَا مَا هِيَ إِنَّ الْبَقَرَ تَشَابَهَ عَلَيْنَا وَإِنَّا إِنْ شَاءَ اللَّهُ لَمُهْتَدُونَ

M***a Aravuga ati “Mu by’ukuri, Allah avuze ko ari inka itarigeze ikoreshwa imirimo yo guhinga ndetse no kuhira imyaka; ni inziranenge itagira icyasha.” (Nyuma yo kuyibona), baravuga bati “Noneho uvuze ukuri.

قَالَ إِنَّهُ يَقُولُ إِنَّهَا بَقَرَةٌ لَا ذَلُولٌ تُثِيرُ الْأَرْضَ وَلَا تَسْقِي الْحَرْثَ مُسَلَّمَةٌ لَا شِيَةَ فِيهَا قَالُوا الْآنَ جِئْتَ بِالْحَقِّ

Ni uko bene Isirael bajya gushaka iyo nka ifite ibyo bimenyetso kera kabaye baza kuyibona mu rugo rwa wa mugabo w’umugiraneza wajyaga yubaha se na nyina kuko iyo nka yari yarayigabiwe na se. Nyuma yo kujya mu biciro, no guciririkanya; baje kuyigura amazahabu menshi cyane nuko ya nka barayijyana ku itegeko ry’intumwa y’Imana M***a (a.s) barayibaga maze bayikuraho umurizo bawukubita ku murambo wawa musore wari wishwe maze ku bushake bwa Nyagasani arazuka maze aravuga ati “uriya muhungu wo kwa data wacu uri gusaba kumporera ni we wanyishe.”

Amakimbirane arahosha maze uwamwishe arafatwa ajya kubiryozwa n’uwari wishwe arazuka ashyingiranwa n’umukobwa yari yararambagije babana igihe kirekire.

Wa mugabo w’umugiraneza wajyaga agirira neza ababyeyi be kandi akabubaha agera ku bihembo by’akataraboneka abikesha kugirira neza ababyeyi be maze M***a (a.s) arababwira ati “Murebe ibyo ineza yitura nyiri ukuyigira.”


اُنْطُرُوا اِلی الْبِرِّ ما بَلَغَ بِاَهْلِهِ
Aho twabisanga:

1. Bihaar al An’war, Umz.13 Urp. 259 gukomeza.

2. Tafsir al-Kashaf: Umuz.1 urup.126

3. Fafsir Jawami' al- Jamiu (Tabarsi): Umuz.1 urup.52.

4. Tabyiin al-Qur'an (Husseini Shirazi): Urup.20.

5. Tafsir al-Swafi (Faiz Kashani): Umuz.1 urup.139.

6. Surat Baqarah: Ayah ya 72-73,...

7. Fakhr Razi (Mafatihu al-Ghayibu): Umuz.3 urup.544.

8. Tafsir min wahyi al-Qur'an (Fadwilullah); Umuz.2 urup.84.

MENYA AMATEKA YA ASIYAH (AS) UMUGORE WA FARAWO UMWAMI WA MISIRI.   ASIYAH (AS) UMUGORE WA FARAWOMu mateka y’ikiremwa mun...
23/08/2022

MENYA AMATEKA YA ASIYAH (AS) UMUGORE WA FARAWO UMWAMI WA MISIRI.


ASIYAH (AS) UMUGORE WA FARAWO

Mu mateka y’ikiremwa muntu hari abantu bagiye babaho umuntu yakumva amateka yabo y’uko bababyeho, akumva birenze ubwenge bwe bitewe n’ibikorwa abo bantu bakoze bigendanye n’igihe bari barimo ndetse n’uburyo bari babayeho. Amwe mu mateka atangaje ni amateka ya Asiyah(as) umugore wa Farawo (Ramses II) umwami wa Misiri (Egiputa). Uyu mutegarugori wakoze agikorwa gihambaye cyari gushoborwa na bacye muri icyo gihe, byatumye aba umwe mu bantu bazahora bavugwa mu mateka igihe cyose. Icyo gikorwa nta kindi ni ukwemera kuyoboka Imana Imwe rukumbi no kwemera ubutumwa bw’intumwa y’Imana M***a cyangwa se Mose (as) wanahamagariraga abantu kuyoboka Imana imwe rukumbi mu gihe abantu bo muri icyo gihe basengaga ibigirwamana.

Hari abakwibaza bati ese kwemera Imana imwe rukumbi nicyo gikorwa gihambaye yakoze cyamugize umuntu uhambaye mu gihe hari n’abandi bantu bemeye Imana muri icyo gihe?. Igihambaye cyane Asiyah(as) yakoze ni ukwemera Imana imwe rukumbi agahakana umugabo we Farawo wiyitaga Imana bikanarenga aho akiyita Imana isumba izindi mana zose. Ikindi gitangaje Asiyah yakoze ndetse kikaba ari n’igikorwa cy’ubutwari, ni ukwitandukanya n’imyemerere y’umugabo we mu gihe yari umwamikazi, akemera kwirengera ingaruka zizamubaho dore ko muri icyo gihe ntawatinyukaga kuba yahakana ubumana bwa Farawo maze akagaragaza ko yemeye Imana ya M***a (as) ndetse agashikama ku cyemezo cye , agakorerwa iyicarubozo kugeza yishwe nabi ariko akicwa adateshutse ku cyemezo n’imyemerere ye.

Muri iyi nyandiko tugiye kurebera hamwe amateka ya Asiyah(as) kugirango turusheho gusobanukirwa no kumenya neza ibivugwa kuri uyu mutegarugori w’imbonera ndetse turusheho kumusobanukirwa no kumufataho urugero nk’uko Imana ubwayo muri Qor’an muri Surat At-Tahrim ayah ya 11 yamutubwiye kugirango tumufateho urugero aho yagize iti:

وَضَرَبَ اللَّهُ مَثَلًا لِلَّذينَ آمَنُوا امرَأَتَ فِرعَونَ إِذ قالَت رَبِّ ابنِ لي عِندَكَ بَيتًا فِي الجَنَّةِ وَنَجِّني مِن فِرعَونَ وَعَمَلِهِ وَنَجِّني مِنَ القَومِ الظّالِمينَ

“Kandi Allah yatanze urugero rw’abemeye (ukuri);umugore wa Firiawuni (wari umugore w’umugabo wari ruharwa mu buhakanyi). (Ibutsa) ubwo uwo mugore yavugaga ati: “ Ayii! Allah mugenga wange we! Nyubakira inzu hafi yawe muri Jana, unankize Firiawuni n’ibikorwa bye (bibi), kandi unkize abantu b’inkozi z’ibibi”.

Turasaba Imana ko iyi nyandiko yagirira akamaro abayisoma ndetse ibiyirimo bikabagirira akamaro hano ku isi no ku munsi w’imperuka.

ASIYAH (AS) UWO ARIWE.

Asiya ni umukobwa wa Muzahim mwene Ibin Ubayd bni Rayaan bni Walid akaba n'umugore wa Farawo umwami wa Misiri (Egiputa).

Ku kijyanye n’ubwoko Asiyah (as) yakomokagamo, amateka abigaragaza mu buryo butandukanye muri ubu buryo: Muri Majma 'al-Bayyan fi Tafsir al-Qor'an handitsemo ko Asiyah(as) yari umugore ukomoka mu bana ba Isiraheli wari umwe bakobwa beza bari bafite uburanga buhebuje n’umutima mwiza. Yari umukobwa ukomoka mu rubyaro rw’abahanu*i, yagiriraga impuhwe n’imbabazi abemeramana akabaha imfashanyo bakeneye.

Muri Tafsir Ithna Ashra handitsemo ko Asiyah(as) umugore wa Farawo yari umwe mu bagore bakomoka ku bantu b’intungane bo mu bwoko bwa Bene Isiraheli. Muri iyi Tafsir kandi handitsemo ko Asiyah (as) yari nyirasenge w’intumwa y’Imana M***a (as).

Abavuga ko Asiyah(as) yakomokaga mu bwoko bwa Bene Israheli babivuga bashingiye ku kuba Muri Egiputa hari harimo abantu bo mu bwoko bubiri aribo Abanyegiputa ari nabo bari benshi n’abantu bo mu bwoko bwa Bene Israhili bahabaga nk’abacakara. Intumwa y’imana M***a(as) na Asiyah(as) bakaba barakomokaga muri ubwo bwoko bwa Bene Israhili.

ASIYAH (AS) MURI QOR’AN

Nkuko twabivuze, Asiyah(as) yari umugore ugandukira Imana kandi wemera Imana imwe rukumbi, Imana y’intumwa y’Imana M***a(as).

Ubwo intumwa y’Imana M***a(as) yari imaze guhabwa ubutumwa mu ijoro ubwo yari iri mu butayu bwo mu gace ka Sinai, maze Imana ikamutegeka kujya kubwiriza abantu bo mu bwoko bwa Egiputa no kujya kurokora abantu bo mu bwoko bwa Bani Isirail, icyo gihe Imana yahaye ububasha M***a(as) bwo kujya akoresha inkoni ye ibitangaza. Ubwo M***a (as) wari wavuye muri Egiputa (tubibutsa ko M***a(as) yakuriye mu ngoro ya Farawo) yagarukagayo akaza yahawe ubutumwa n’Imana, yaraje mu rwego rwo kwerekena ko ibyo avuga ari ukuri guturutse ku Mana atari umukonikoni (ukoresha imyuka mibi) nk’abandi bakonikoni bari beze muri icyo gihe, habaye amarushanwa hagati ye n’abakonikoni maze kubw’imbaraga zabo zikomoka ku myuka mibi bakora ibimeze nk’inzoka nini cyane maze abari aho bagira ubwoba bwinshi. Intumwa y’Imana M***a(as) akoresheje inkoni ye nayo yahindutse inzoka nini cyane, nuko imira za nzoka zose z’abakonikoni. Asiyah(as) waruri mu bari bateraniye aho, yahise yemera ubuhanu*i bwa M***a(as) yemera Imana ye ndetse na ba Bakonikoni nabo bubamira Imana ya M***a(as) barayemera ariko Farawo we akomeza kwinangira.

Intumwa y’imana Muhammad (saww) yaravuze iti:

أَفْضَلُ نِسَاءِ الْجَنَّةِ أَرْبَعٌ: خَدِیجَةُ بِنْتُ خُوَیلِدٍ وَ فَاطِمَةُ بِنْتُ مُحَمَّدٍ ‌(صلی‌الله‌علیه‌وآله) وَ مَرْیمُ بِنْتُ عِمْرَانَ وَ آسِیةُ بِنْتُ مُزَاحِمٍ، إمْرَأَةُ فِرْعَوْن

Abagore beza b’imbonera kandi b’intungane mu bandi bagore ni bane:

Khadidjah(as) umukobwa wa Khuwaylid,Fatwimah(as) umukobwa w’intumwa y’Imana Muhammad (saww),Mariyam(as) umukobwa wa Imran na Asiyah (as) umukobwa wa Muzahim umugore wa Farawo.

Ukwemera no kwibombarika kwa Asiyah(as) kwageze ku rwego rw’uko Imana yamutanzeho urugero rw’umwemeramana ugomba gufatirwaho urugero n’abagore n’abagabo, aho Imana muri Qor’an yagize iti:

وَضَرَبَ اللَّهُ مَثَلًا لِلَّذِينَ آمَنُوا امْرَأَتَ فِرْعَوْنَ إِذْ قَالَتْ رَبِّ ابْنِ لِي عِنْدَكَ بَيْتًا فِي الْجَنَّةِ وَنَجِّنِي مِنْ فِرْعَوْنَ وَعَمَلِهِ وَنَجِّنِي مِنَ الْقَوْمِ الظَّالِمِينَ ﴿۱۱﴾

Kandi Allâh yatanze urugero rw'abemeye [ukuri]; umugore wa Firiawuni, [wari umugore w'umugabo wari ruharwa mu buhakanyi]. [Ibutsa] ubwo [uwo mugore] yavugaga ati: Ayii! Allâh Umugenga wanjye we! Nyubakira inzu hafi yawe muri Jana, unankize Firiawuni n’ibikorwa bye [bibi], kandi unkize abantu b’inkozi z’ibibi.

ASIYAH (AS) N’INTUMWA Y’IMANA MUSSA(AS)

Intumwa y’Imana M***a(as) yavutse mu gihe kibi ubwo Farawo yari yarategetse ko umwana w’umuhungu wese ukomoka kuri Bene Israheli uzajya avuka, bazajya bamwica. Nyina wa M***a(as) witwaga "Nahib" cyangwa se"Afahiyah" cyangwa "Bukhayid" nk’uko bigaragazwa na bamwe mu bamenyi b’amateka, wabyaye M***a(as) muri icyo gihe kibi, yaramubyaye abanza kumuhisha kugirango batamwica. Ariko aza kugira ubwoba bw’uko bishobora kumenyekana ko afite umwana w’umuhungu. Muri uko kugira ubwoba nibwo Imana yamubonekeye (yabwoherereje Wahayi yayo) imubwira ko afata uwo mwana akamushyira mu gapaniye (agatebo) akamushyira mu ru*i rwa Nil ko kandi atagomba kugira bubwoba imusezeranya ko izamumugarurira ari mu*ima kandi afite urwego ruhambaye. Ubwo umwe mu bantu bo kwa farawo yabonaga uwo mwana bakabibwira Asiyah(as), Imana yashyize mu mutima wa Asiyah(as) urukundo ruhebuje rwo gukunda M***a(as) maze asaba Farawo ko bamurerera mu ngoro yabo, maze Farawo arabyemera.

Qor’an igaragaza uburyo Imana yakoze ibitangaza maze M***a(as) wagombaga kuba intumwa n’uzarokora ubwoko bwa Israheli bwari bwarakandamijwe na Farawo, akurira mu rugo rwa Farawo aramurera arakura. Inkuru y’intumwa y’Imana M***a(as) n’uko yarerewe mu ngoro ya Farawo bigizwemo uruhare na Asiyah(as) umugore wa Farawo, turayisanga muri Qor’an muri Surah al-Qaswas kuva kuri ayah ya 3kugeza ku ya 14 aho Imana ivuga iti:

نَتْلُو عَلَيْكَ مِنْ نَبَإِ مُوسَى وَفِرْعَوْنَ بِالْحَقِّ لِقَوْمٍ يُؤْمِنُونَ ﴿۳﴾

3. [Ntumwa y'Imana (Sal-Allaahu 'alayhi Wa Aalih Wa Sallam) we!] Turagusomera mu kuri bimwe mu nkuru zivuga ku [Muhanu*i] Musa na Firiawuni, kugira ngo nawe uzazibwire abantu bafite imitima ikiranutse.

إِنَّ فِرْعَوْنَ عَلَا فِي الْأَرْضِ وَجَعَلَ أَهْلَهَا شِيَعًا يَسْتَضْعِفُ طَائِفَةً مِنْهُمْ يُذَبِّحُ أَبْنَاءَهُمْ وَيَسْتَحْيِي نِسَاءَهُمْ إِنَّهُ كَانَ مِنَ الْمُفْسِدِينَ ﴿۴﴾
4. Mu by’ukuri Firiawuni yishyize hejuru cyane mu gihugu [cye cya Misiri], maze aca abantu be mo ibice, abogamira ku gice kimwe muri byo, nacyo kiryamira ikindi, yica abana babo b’abahungu, abana babo b’abakobwa ntiyagira icyo abatwara. Mu by’ukuri yari umwe mu bakoraga iby’ubwononnyi, bahoraga batera amacakubiri n’ubwumvikane buke mu bantu.

وَنُرِيدُ أَنْ نَمُنَّ عَلَى الَّذِينَ اسْتُضْعِفُوا فِي الْأَرْضِ وَنَجْعَلَهُمْ أَئِمَّةً وَنَجْعَلَهُمُ الْوَارِثِينَ ﴿۵﴾
5. Nuko Dufata icyemezo cyo kugirira impuhwe n’ubuntu abantu bari barakandamijwe, bagasuzugurwa muri icyo gihugu, Tubahindurira urwego Tubagira abayobozi [mu buryo bwo kwemera], Tunabagira abaragwa.

وَنُمَكِّنَ لَهُمْ فِي الْأَرْضِ وَنُرِيَ فِرْعَوْنَ وَهَامَانَ وَجُنُودَهُمَا مِنْهُمْ مَا كَانُوا يَحْذَرُونَ ﴿۶﴾
6. Tunabaha ububasha mu gihugu, kugira ngo Twereke Firiawuni na Hamani n’ingabo zabo, ibyo babatinyiraga.

وَأَوْحَيْنَا إِلَى أُمِّ مُوسَى أَنْ أَرْضِعِيهِ فَإِذَا خِفْتِ عَلَيْهِ فَأَلْقِيهِ فِي الْيَمِّ وَلَا تَخَافِي وَلَا تَحْزَنِي إِنَّا رَادُّوهُ إِلَيْكِ وَجَاعِلُوهُ مِنَ الْمُرْسَلِينَ ﴿۷﴾
7. Twahishuriye nyina wa Musa Tuti: Onsa uwo mwana wawe kugeza igihe uzabonera ko ubu*ima bwe buri mu kaga, [icyo gihe uzamushyira mu gituza cyawe maze uzamutware], umushyire mu ru*i, kandi ntuzatinye cyangwa ngo ugire agahinda ku mutima, kuko Tuzamurinda, Tukazongera kumukugarurira ari mu*ima, kandi Tuzamuha inshingano yo kuba umwe mu Intumwa.

فَالْتَقَطَهُ آلُ فِرْعَوْنَ لِيَكُونَ لَهُمْ عَدُوًّا وَحَزَنًا إِنَّ فِرْعَوْنَ وَهَامَانَ وَجُنُودَهُمَا كَانُوا خَاطِئِينَ ﴿۸﴾
8. Nyuma yaho imihengeri y’amazi imukura mu ru*i hagati, imutwara ku nkombe y’uru*i, aho niho yakuwe n’umwe mu bantu bo mu muryango wa Firiawuni, utari u*i ko yari kuzaba umwanzi wabo ukomeye wari kuzabatera akababaro. Mu by’ukuri Firiawuni, Hamani n’ingabo zabo, bari abanyabyaha [batagiraga ikintu na kimwe kiza bakora, kandi ni ukuri bakoraga ibinyuranye n’ubushake bwa Allâh].

وَقَالَتِ امْرَأَتُ فِرْعَوْنَ قُرَّتُ عَيْنٍ لِي وَلَكَ لَا تَقْتُلُوهُ عَسَى أَنْ يَنْفَعَنَا أَوْ نَتَّخِذَهُ وَلَدًا وَهُمْ لَا يَشْعُرُونَ ﴿۹﴾
9. Nuko umugore wa Firiawuni [abonye uwo mwana ategeka abasirikare b’ibwami bari bashinzwe umutekano] ati: Ntimumwice, kuko yazashobora kutugirira akamaro, cyangwa tukaba twanamugira n’umwana wacu. Rwose [umugore wa Firiawuni, umugabo we n'ingabo ze] ntabwo bari bazi [icyo uwo mwana azaba mu gihe kiri imbere].

وَأَصْبَحَ فُؤَادُ أُمِّ مُوسَى فَارِغًا إِنْ كَادَتْ لَتُبْدِي بِهِ لَوْلَا أَنْ رَبَطْنَا عَلَى قَلْبِهَا لِتَكُونَ مِنَ الْمُؤْمِنِينَ ﴿۱۰﴾
10. Umutima wa nyina wa Musa, wasigaye nta kindi kintu kiwurimo [uretse gutekereza ku mwana we gusa]; ku buryo yari hafi kugaragaza [ko uwo mwana yari uwe] iyo Tutaza gukomeza umutima we kugira ngo abe umwe mu bemera [isezerano yari yahawe na Allâh].

وَقَالَتْ لِأُخْتِهِ قُصِّيهِ فَبَصُرَتْ بِهِ عَنْ جُنُبٍ وَهُمْ لَا يَشْعُرُونَ ﴿۱۱﴾
11. Nyina wa Musa abwira mushiki we ati: Genda urebe aho [agahinja Musa] kari [mu ru*i] urebe uko kameze. [Maze mushiki we amanuka agana ku ru*i, ntiyakegera] ahubwo akarebera kure kugira ngo [abanya Misiri] batagira icyo bamenya [ku birebana n’isano yari hagati yabo].

وَحَرَّمْنَا عَلَيْهِ الْمَرَاضِعَ مِنْ قَبْلُ فَقَالَتْ هَلْ أَدُلُّكُمْ عَلَى أَهْلِ بَيْتٍ يَكْفُلُونَهُ لَكُمْ وَهُمْ لَهُ نَاصِحُونَ ﴿۱۲﴾
12. Nuko kuva mu mizo ya mbere dutuma uwo mwana yanga konka amashereka y’umugore uwo ariwe wese utari nyina. [Kugeza igihe mushiki we yagiriye inama abo mu muryango wa Firiawuni] ati: Birashoboka ko uyu mwana namutwarira umuryango washobora kumubarerera neza, akamwitaho nkuko bikwiriye?

فَرَدَدْنَاهُ إِلَى أُمِّهِ كَيْ تَقَرَّ عَيْنُهَا وَلَا تَحْزَنَ وَلِتَعْلَمَ أَنَّ وَعْدَ اللَّهِ حَقٌّ وَلَكِنَّ أَكْثَرَهُمْ لَا يَعْلَمُونَ ﴿۱۳﴾
13. Maze uwo mwana tumusubiza nyina, kugira ngo asubize umutima mu gitereko, areke gukomeza kwicwa n’agahinda, no kugira ngo amenye ko isezerano rya Allâh ritajya rihera ahubwo rihora ari ukuri. Ariko abenshi mu bantu ibyo ntibajya babimenya.

وَلَمَّا بَلَغَ أَشُدَّهُ وَاسْتَوَى آتَيْنَاهُ حُكْمًا وَعِلْمًا وَكَذَلِكَ نَجْزِي الْمُحْسِنِينَ ﴿۱۴﴾
14. [Musa] amaze kuba umuntu mukuru, Twamuhaye ubwenge n’ubumenyi, kandi bene uko, niko dukorera abakora ibikorwa byiza.

URUPFU RWA ASIYAH(AS)

Farawo nk’umwami wari uzwiho kuba umugome cyane ndetse utagira impuhwe, cyane cyane ubugome bwe bukaba bwaragaragariraga ku bantu batamwemera nk’Imana, aho iyo yamenyaga ko hari umuntu usenga indi Mana itari we, yamwicaga nabi cyane. Asiyah(as) nk’umugore wa Farawo wari u*i uburyo umugabo we yica nabi abantu bemeye Imana imwe, ubwo yari amaze kwemera Imana imwe ya M***a(as) yagerageje kubihisha umugabo we n’abandi bantu bose ndetse na nyina umubyara ntiyabimenya. Ariko uko iminsi igenda ishira abantu batangira kubona ibimenyetso kuri Asiyah (as) bigaragaza ko atemera Imana za Farawo ndetse nawe ubwe atamwemera nk’Imana. Babibwira Farawo ntabyemere, ariko nyuma aza kubyemera abyibwiriwe na Asiyah (as) ubwe.

IYICWA RY’UMWOGOSHI WITAGA KU BAKOBWA BA FARAWO

Amateka avuga ko Farawo yabyaranye na Asiyah(as) umwana w’umukobwa witwaga Anissa [Amateka avuga ko uyu mwana w’umukobwa mu bwana bwe yarwaye indwara idakira kandi itazwi iramuzahaza ahinduka ikimuga. Farawo wari warazengurutse mu baganga be bose bakananirwa iyo ndwara, yigiriye inama yo kubaza abatambyi n’abashinzwe imana zo muri Egiputa aho yakura umuti uvura umukobwa we. Nibwo abo bantu bakoresheje imbaraga zabo, babonye ko uwo mwana azavurwa n’amacandwe y’umuntu uzaza ibwami azanwe n’amazi y’uru*i rwa Nil.

Farawo na Asiyah(as) bakomeje gutegereza umuntu wazazanwa n’amazi ya Nil biza kugera ubwo babonye umwana ariwe intumwa y’Imana M***a(as) aje ari mu gapaniye(agatebo) maze baramufata bamujyana ibwami. Asiyah(as) wari warakomeje ku*irikana ibyo abapfumu n’abakorera imana zo kwa Farawo bavuze, yafashe amacandwe ya M***a(as) ayasiga umwana we maze agiye kubona abona umwana rakize neza ahinduka umuntu mu*ima ahantu hose]. Farawo wakundaga umukobwa we yamushakiye umugore uzajya umwogosha akanamusiga imitako y’ubwiza ijyanye n’umuco w’abantu b’ibwami bo muri Egiputa. Uwo mugore witwaga Swiyanah, yari umugore wa Ezekieli (Hezeqiyil) wari umwe mu bagabo bemera Imana imwe rukumbi babaga muri Egiputa.

Ubwo uyu mugore yari ari mu ngoro y’umwami Farawo arimo gusokoza Anissa umukobwa ba Farawo, igisokozo yamusokoreshaga cyaguye hasi maze ubwo yari agiye kugifata aravuga ati: “Bismillah”(Ku izina ry’Imana), nk’uko yari asanzwe abivuga ari wenyine. Umukobwa wa Farawo yararimo gusokoza abyumvise aramubaza ati: “Ese Imana uvuze ni data Farawo cyangwa n’indi mana uvuze?”. Umwogoshi (umugore) aramusubiza ati:” Oya! Imana mvuze ntago ari So ahubwo ni Imana isumba byose,Imana ya So,Imana yawe ikaba n’Imana yange”. Umukobwa wa Farawo asubiza umwogoshi ati:” Ibi bintu umbwiye ndabibwira Data Farawo (ndakurega kuri data ko ufite indi Mana usenga itari data). Umwogoshi aramusubiza ati:” Genda ubimubwire! Ngewe nta bwoba binteye!”.

Umukobwa yahise ajya aho Se yari ari, maze amubwira ibyo yumvanye umwogoshi wabo. Farawo akibyumva biramurakaza cyane maze ahamagaza uwo mwogoshi n’abana be n’umugabo we maze aramubaza ati:” Imana yawe ni Imana bwoko ki?”. Umwogoshi aramusubiza ati:”Imana mvuga niyo Imana yange ikanaba Imana yawe?. Farawo akibyumva ategeka ko bacana itanura yakundaga gutwikiramo abantu, kugirango atwikiremo uwo mwogoshi n’abana be. Ubwogoshi bamugejeje imbere y’itanura ryari rikoze mu muringa ryatukuye cyane ryuzuye umuriro, yabwiye Farawo ati:” Ndagusaba ikintu kimwe cy’uko numara kuntwika uza gutegeka abantu bawe bagafata amagufa n’ivu ry’umubiri wange n’abana bange maze mubikusanye mubishyingure”. Farawo aramusubiza ati:” Kubera ko narimfite icyo nkugomba nk’umukozi wange,ibyo unsabye ndabyemeye”.

Farawo mu rwego rwo kugerageza uwo mugore w’umwogoshi no kugirango ashake uburyo yava ku izima agahakana Imana ye rukumbi akemera ubumana bwa Farawo, yabanje gufata abana b’uwo mugore ahera ku murongo ajugunya umwana wambere mu itanura nyina areba.Yamara kujugunyamo umwana akabaza umugore niba nanubu ataremera kuva ku izima agahakana Imana ye akemera Farawo nk’Imana, ariko aumugore akomeza gushikama ku mwemera kwe. Farawo yakomeje kujugunya abana b’uwo mugore mu itanura areba ariko umugore yanga kuva ku izima. Farawo agera ku mwana w’uruhinja wa nyuma w’uwo mugore yari akikiye maze bafata amaguru y’urwo ruhinja barucurika mu itanura, mu gihe umugore yari afite agahinda kenshi, kwiheba n’ikiniga nibwo umwana w’uruhinja yamuhumurije ku bw’igitangaza umwana wari utarageza igihe cyo kuvuga Imana imuha ububasha bwo kuvuga niko kubwira nyina ati:”

«اِصْبِرِي يا اُمّاه! اِنَّكِ عَلَي الْحَقِّ

“Yewe Mawe!Ihangane kuko uri mu kuri”.

Muri ako kanya Farawo n’uburakari bwinshi yahise afata wa mugore n’umwana we bose abajugunya mu itanura barashya barakongoka. Ntibyagarukiye aho kandi kuko na Ezekieli umugabo w’uwo mugore nawe Farawo yategetse ko bamwica maze umubiri we bamucamo ibice bice.

Intumwa y’Imana Muhammad (saww) ivuga iby’urugendo yakoze ijya mu ijuru urugendo rwiswe Mi’raj,yaravuze iti:” Mu ijoro rya Mi’raj ubwo narindi mu kirere numvise umuhumuro mwiza cyane udasanzwe mbaza malayika Jibril (Gaburiheli) nti:”Uwo muhumuro mwiza urimo guturuka kuki?”. Malayika aransubiza ati: Ubwo mu humuro mwiza urimo kumva, urimo guturuka ku ivu ry’umwogoshi w’abakobwa ba Farawo wishwe ahowe Imana”.


UKWEMERA KWA ASIYAH (AS) KUMENYEKANA AKICWA

Asiyah (as) nk’umugore wakiranukiraga Imana cyane ndetse akagira impuhwe bihebuje, ubwo Farawo yari amaze kwica uwo mugore w’umwogoshi, yaramwegereye amutekerereza uburyo amaze kwica ubwogoshi watunganyaga imisatsi y’abana babo akanabasiga imitako yose ikenewe, ndetse anamubwira uburyo yamwicanye n’abana be abatwitse mu itanura. Asiyah (as) akimara kubyumva yabwiye Farawo ati: “Uragowe yewe Farawo! Ni iki cyaguteye kurengera , gutinyuka no kwiyemera ku Mana ishobora byose ako kageni?”. Farawo aramubaza ati:” Nawe wataye ubwenge nk’uriya mwogoshi?”. Asiyah aramubwira ati:” Ntabwo nataye ubwenge, ahubwo mfite ukwemera gushikamye. Nemera Imana isumba byose,Imana yange ,Imana yawe ,ikaba Imana nyiribiremwa byose”. Farawo akibyumva ahamagara nyina wa Asiyah (as)(nyirabukwe) aramubwira ati:” Umukobwa wawe yasaze! Ndahiye ku Mana ko natemera kuva ku Mana ya M***a(as), ndaza kumwica mutwitse (mutaye mu itanura)”. Nyina wa Asiyah(as) yajyanye umukobwa we ahantu hiherereye maze aramubwira ati:” Mukobwa wange we! Urabizi neza ko Farawo ari umuntu utagira impuhwe kandi ibyo yavuze abikora.Urabizi neza kandi ko ibyo urimo[Kwemera Imana imwe rukumbi, Imana ya M***a(as)] ari icyaha gihambaye gikomeye cyane mu mategeko y’ubu bwami bwa Egiputa. None nge nka nyoko ndakugira inama y’uko wava mu byo urimo ukumvikana na Farawo ukemera ibyo agusaba [ukemera kuva ku Mana ya M***a (as)] kuko nubyanga arakwica nabi nkuko yabivuze.

Asiyah (as) amaze kumva amagambo ya Nyina yamubwiraga, aramusubiza ati:” Sinshobora na rimwe guhakana Imana ya M***a(as). Imana imwe rukumbi isumba byose!”. Farawo abonye Asiyah(as) yanze kumvira inama za Nyina, yakoresheje ubundi buryo bwose bushoboka ngo arebe ko Asiyah (as) yava ku izima ariko akomeza kwanga ahubwo yerekana ko ashikamye ku mana ye. Farawo yamuhaye imitungo myinshi y’agaciro gahambaye ngo arebe ko yakwemera kava ku izima,ariko Asiyah(as) ntiyayemera. Farawo abonye ibyo gukoresha inzira nziza byanze atangira gukoresha uburyo bwo kumubabaza. Yamwambuye abana be bose amushyira mu nze ye wenyine, amwirukana ibwami amujyana mu mazu asanzwe yo hanze y’ibwami ndetse amwambura bimwe mu byo yari atunze cyangwa yakeneraga nk’umwamikazi. Ibyo byose Farawo yakoze ntacyo byahinduye kuri Asiyah (as) kuko yakomeye kubaho atuje bigaragara ko yiyeguriya Imana ye by’ukuri.

URUPFU RWA ASIYAH(AS)

Farawo abonye ko ibyo akoze byose ntacyo bitanze, yategetse abagaragu n’ingabo ze ko bafata Asiyah(as) bakamujyana mu butayu ahantu hari izuba n’ubushyuhe bwinshi bukabije, maze ategeka ko batera imisumari minini ine (imambo z’ibyuma) mu butaka nuko ategeka ko bafata umugore we Asiyah (as) bakamubamba (bakamu*irika) kuri iyo misumari agaramye (aho bafashe akaguru kamwe bakazirika ku musumari umwe, akandi nako bakazirika ku wundi amaguru bayatagaranyije.Bafata akaboko kamwe bakazirika ku musumari akandi nako bakazirika ku wundi musumari nayo barakwega). Barangije bafata ibuye rinini cyane kandi riremereye cyane barishyira mu gatuza ke.

Asiyah(as) bitewe n’ububabare yari afite kubwo kumutanyura amaguru no kumukwega amaboko hakiyongeraho ibuye riremereye bari bamushyize mu gatuza, byatumye ananirwa guhumeka akajya ahumeka insigane. Ubwo Asiyah yari ari muri ubwo bubabare n’iyicarubozo, Intumwa y’Imana M***a(as) yanyuze aho yari ari maze imubonye imusabira ku Mana ko yamurinda ububabare. Muri ako kanya Asiyah(as) ntiyongeye kumva ububabare. Asiyah (as) wari wakangishijwe na Farawo kwirukanwa mu ngoro ye, yasabye Imana ko yamwubakira inzu (iruta ingoro ya Farawo yakangishwaga) nk’uko tubisanga muri Qor’an muri Surat Al-Tahrim ayat ya 11 aho Allah agira ati:”

وَضَرَبَ اللَّهُ مَثَلًا لِلَّذِينَ آمَنُوا امْرَأَتَ فِرْعَوْنَ إِذْ قَالَتْ رَبِّ ابْنِ لِي عِنْدَكَ بَيْتًا فِي الْجَنَّةِ وَنَجِّنِي مِنْ فِرْعَوْنَ وَعَمَلِهِ وَنَجِّنِي مِنَ الْقَوْمِ الظَّالِمِينَ ﴿۱۱﴾

Kandi Allâh yatanze urugero rw'abemeye [ukuri]; umugore wa Firiawuni, [wari umugore w'umugabo wari ruharwa mu buhakanyi]. [Ibutsa] ubwo [uwo mugore] yavugaga ati: Ayii! Allâh Umugenga wanjye we! Nyubakira inzu hafi yawe muri Jana, unankize Firiawuni n’ibikorwa bye [bibi], kandi unkize abantu b’inkozi z’ibibi.

Muri ako kanya Asiyah(as) wari ufite intege nkeya yumvise ijwi (wahyi) yiturutse ku Mana rimubwira riti:” Egura umutwe wawe urebe mu kirere!”. Asiyah(as) yegura umutwe maze abona inzu ishashagirana yubakishije imitako ihenze cyane maze akiyibona asagwa n’ibyishimo atangira guseka. Farawo amubonye yishimye abwira abari bateraniye aho ati:” "Murebe ibisazi by'uyu mugore navugaga! Araseka mu gihe ari mu iyicarubozo rikabije nk'iri!”. Asiyah (as) nubwo atari akirimo kubabara bitewe n’ubusawe bw’intumwa y”Imana M***a(as), bitewe n’ibuye rinini bari bamushyize mu gatuza, izuba n’ubushyuhe bwo mu butayu, inyota ikabije no kuba bari bamutanyuye amaguru banakweze amaboko ye,ibi byose byatumye agera aho ananirwa guhumeka yitaba Imana atyo. Asiyah(as) yitabye Imana adateshutse ngo ahakane Imana ye ahubwo ashikama ku kwemera kwe yitaba Imana yishimye aseka.

Aho twabisanga:

Ibin Athir: Al-Kamil fi Al-Tarikh: umu*ingo wa 1, urup. 169 / Tabarsi, Fadwil bin Hassan:Tafsir Jawamiu al-Jamiu: umu*ingo wa 3, urup. 323 / Makarim Shirazi Nasser: Tafsir Nemuneh: Umuz. wa 24, p. 302
Tarjamah (ibisobanuro) Majma` al-Bayan fi Tafsir al-Qor'an: umu*ingo wa 18, urup. 164 / Ibin Kathir: Al-Bidayah wa al-Nihayah: umu*ingo wa 1, urup. 239 / Seyyed Ali Akbar Qurashi: Tafsir Ahsan Al-Hadith: umu*ingo wa 8, urup. 17

Hussein Ibin Ahmad Ibin Husseini Shah Abdul Adwimi:Tafsir Athna Ashra: umu*ingo wa 10, urup. 106 no mu mu*ingo wa 13, urup. 233 / Kashani: Khulaswah al-Minihaj: umu*ingo wa 4, urup. 152 / Ibin Athir: Al-Kamil fi Al-Tarikh: umu*ingo wa 1, urup. 169 / Tabarsi, Fadwil bin Hassan:Tafsir Jawamiu al-Jamiu: umu*ingo wa 3, urup. 323 / Makarim Shirazi Nasser: Tafsir Nemuneh: Umuz. wa 24, p. 302
Tarjamah (ibisobanuro) Majma` al-Bayan fi Tafsir al-Qor'an: umu*ingo wa 18, urup. 164 / Ibin Kathir: Al-Bidayah wa al-Nihayah: umu*ingo wa 1, urup. 239 / Seyyed Ali Akbar Qurashi: Tafsir Ahsan Al-Hadith: umu*ingo wa 8, urup. 17

Hussein Ibin Ahmad Ibin Husseini Shah Abdul Adwimi:Tafsir Athna Ashra: umu*ingo wa 10, urup. 106 no mu mu*ingo wa 13, urup. 233 / Kashani: Khulaswah al-Minihaj: umu*ingo wa 4, urup. 152 / Kashani, Fathullah: Zabdah al-Tafasir: umu*ingo wa 7, urup. 118
Ibin Ashur, Muhammad bin Twahir: Al-Tahrir wa Al-Tanweer: umu*ingo wa 28, urup. 337
Tabatabai, Muhammad Hussein: Al-Mizan fi Tafsir Al-Qor'an: umu*ingo wa 14, urup. 145 / Abu al-Futuh al-Razi, Hussein bin Ali: Rawdwa al-Jannan wa Ruhu al-Jannan fi Tafsir al-Qor'an: umu*ingo wa 19, urup. 306. Ibin Athir: Al-Kamil fi Al-Tarikh: umu*ingo wa 1, urup. 169 / Tabarsi, Fadwil bin Hassan:Tafsir Jawamiu al-Jamiu: umu*ingo wa 3, urup. 323 / Makarim Shirazi Nasser: Tafsir Nemuneh: Umuz. wa 24, p. 302
Tarjamah (ibisobanuro) Majma` al-Bayan fi Tafsir al-Qor'an: umu*ingo wa 18, urup. 164 / Ibin Kathir: Al-Bidayah wa al-Nihayah: umu*ingo wa 1, urup. 239 / Seyyed Ali Akbar Qurashi: Tafsir Ahsan Al-Hadith: umu*ingo wa 8, urup. 17

Hussein Ibin Ahmad Ibin Husseini Shah Abdul Adwimi:Tafsir Athna Ashra: umu*ingo wa 10, urup. 106 no mu mu*ingo wa 13, urup. 233 / Kashani: Khulaswah al-Minihaj: umu*ingo wa 4, urup. 152 / Kashani, Fathullah: Zabdah al-Tafasir: umu*ingo wa 7, urup. 118
Ibin Ashur, Muhammad bin Twahir: Al-Tahrir wa Al-Tanweer: umu*ingo wa 28, urup. 337
Tabatabai, Muhammad Hussein: Al-Mizan fi Tafsir Al-Qor'an: umu*ingo wa 14, urup. 145 / Abu al-Futuh al-Razi, Hussein bin Ali: Rawdwa al-Jannan wa Ruhu al-Jannan fi Tafsir al-Qor'an: umu*ingo wa 19, urup. 306
.Faydwi Kashani, Muhammad bin Shah Murtadwa: Tafsir Al-Swafi: umu*ingo wa 5, urup.198 / Al-Suyutwi, Abdul Rahman bin Abi Bakr: Al-Durr Al-Manthur fi Tafsir Al-Mathur: Umuz. 8, urup. 229 / Mughniyah, Mohammad Javad: Tafsir Al-Mubin: urup. 508 / Makarem Shirazi Nasser, Tafsir Nemuneh: umu*ingo wa 24, urup. 303
Al-Tahrim / Sura ya 66: umurongo wa 11. Surat Al-Qaswas ayah ya 3-14. Ibin Athir: Al-Kamil fi Al-Tarikh: umu*ingo wa 1, urup. 169 / Tabarsi, Fadwil bin Hassan:Tafsir Jawamiu al-Jamiu: umu*ingo wa 3, urup. 323 / Makarim Shirazi Nasser: Tafsir Nemuneh: Umuz. wa 24, p. 302
Tarjamah (ibisobanuro) Majma` al-Bayan fi Tafsir al-Qor'an: umu*ingo wa 18, urup. 164 / Ibin Kathir: Al-Bidayah wa al-Nihayah: umu*ingo wa 1, urup. 239 / Seyyed Ali Akbar Qurashi: Tafsir Ahsan Al-Hadith: umu*ingo wa 8, urup. 17

Hussein Ibin Ahmad Ibin Husseini Shah Abdul Adwimi:Tafsir Athna Ashra: umu*ingo wa 10, urup. 106 no mu mu*ingo wa 13, urup. 233 / Kashani: Khulaswah al-Minihaj: umu*ingo wa 4, urup. 152 / Kashani, Fathullah: Zabdah al-Tafasir: umu*ingo wa 7, urup. 118
Ibin Ashur, Muhammad bin Twahir: Al-Tahrir wa Al-Tanweer: umu*ingo wa 28, urup. 337
Tabatabai, Muhammad Hussein: Al-Mizan fi Tafsir Al-Qor'an: umu*ingo wa 14, urup. 145 / Abu al-Futuh al-Razi, Hussein bin Ali: Rawdwa al-Jannan wa Ruhu al-Jannan fi Tafsir al-Qor'an: umu*ingo wa 19, urup. 306
.Faydwi Kashani, Muhammad bin Shah Murtadwa: Tafsir Al-Swafi: umu*ingo wa 5, urup.198 / Al-Suyutwi, Abdul Rahman bin Abi Bakr: Al-Durr Al-Manthur fi Tafsir Al-Mathur: Umuz. 8, urup. 229 / Mughniyah, Mohammad Javad: Tafsir Al-Mubin: urup. 508 / Makarem Shirazi Nasser, Tafsir Nemuneh: umu*ingo wa 24, urup. 303
Al-Tahrim / Sura ya 66: umurongo wa 11.
Surat Al-Qaswas ayah ya 3-14
Tafsir Noor al-Thaqalayin:umu*ingo wa 4, urup. 521

Tafsir Noor al-Thaqalayin: umu*ingo wa 4, urup. 521
Bihar al-Anwar: umu*ingo wa 13, urup. 163

Al-Tahrim / Sura 66: umurongo wa 11
Bihar Al-Anwar: umu*ingo wa 13, urup. 164 / Majmau al-Bayan: umu*ingo wa 10, urup. 319.

Address

Kigali

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Amateka ya Islamu posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Share