KUNDA UKURI

KUNDA UKURI K***A UKURI NI PAGE IGAMIJE KUVUGA UBUTUMWA BWIZA KUGIRA NGO UWIZERA NYIRABWO ( Yesu Kristo) AKIZWE.

06/04/2026

πŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§Žβ€Ž
Uwiteka Mana y'ubuntu bwinshi, Mana y' imbabazi n' urukundo rutarondoreka; wowe watanze umwana wawe Kristo kugira ngo umwizeye abone ubugingo (Yohana 3.11-21) shimwa uhimbazwe n' abari mu isi bose, wubararirwe kuko ari nta yindi Mana iriho yakora imirimo ukora.
β€Ž
_β€ŽUturinda buri munsi, ibyo tutabonesha amaso byakadukuye muri uyu mubiri ukabiturinda ntibibarika, kuryama tugasinzira tukabyuka bikemera ni wowe tubikesha. Duhe kukwiringira Mana, turinde ubupfapfa bw' uburyo bwose, uduhe kumenya ubushake bwawe kandi tubugenderemo. Uyu munsi turinde amajya n' amaza, kandi amaso yacu yongere abone gukomera kwawe; tubisabye mu izina rya Yesu wabambwe amena._

26/03/2026

*_IJAMBO RYAWE MANA NI ITABAZA RIMURIKIRA IBIRENGE BYANJYE_*
Verse: Luka 13:25
Theme: _*Kwinjira urugi rugifunguye*_

Nyir'inzu namara guhaguruka agakinga urugi, namwe mugatangira kurukomangaho muhagaze hanze muvuga muti 'Mwami, dukingurire', azabasubiza ati 'Simbazi, sinzi n'aho muturutse.

_Yesu amaze gutanga, buri muntu yagize uburenganzira bwo kwinjira Ahera. Kubabarirwa ibyaha ntibisigisaba gutambirwa, ni umutima wizera ukababarirwa ukinjira mu busabane n'Imana ugahera ubwo ugenda uko nyir' agakiza ashaka kandi ashima._

```Urugi rurafunguye kandi Imana itegeye amaboko umuntu wese ushaka kwinjira. Uwinjiye ategetswe kugenda nk' uri mu nzira ifunganye``` (nakayivuzeho ukwayo) ```kugira ngo ejo atazahezanywa hanze n' abandi kuko atumviye``` ; *nawe ngwino winjire kuko Data wa twese ugukunda ugutegereje hari igihe azafunga.*

25/03/2026

πŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈ
Uwiteka Mana YACU y' ukuri, Tangiriro n' Iherezo ry' ibintu biriho byose, Mana itabeshya kandi ntibeshywe tugushimiye cyane ko turiho kandi utumenyera ubuzima buri munsi. Kubyuka bikemera twamenye ko bidaterwa n' uburiri twaryamyeho, ntibiterwa n' ubwoko bw' ibiryo twariye ni Ubuntu bugeretse ku bundi utugirira ushimwe Mana.

_Uyu munsi uturemeye Mana, uturinde ntutubere impfabusa, uduhe abatugiriraho umugisha kandi natwe uduhuze n' abo tuwugiriraho Mana. Ruhura abaruhijwe n' ibyaha, uburwayi n' ibindi bigeragezo, uduhishurire ubuntu bwawe turusheho kugendera mu mucyo wawe burinde bwira ukitunezerewe; ni mu izina ry' umucunguzi wacu Yesu mbisabye nizeye amena._

16/02/2026

πŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈ
β€ŽUwiteka Mana ikiranuka, wowe nyir' ukwera, imbabazi n' imbaraga zose turagushimye cyane kandi turaguhimbaje; uri Imana yo kwiringirwa uri Imana yo guhungirwaho izina ryawe rishimwe mu mahanga hose. Ubeshaho abadafite shinge na rugero, impfubyi n' abapfakazi ntujya ubirengagiza Mwami; uri umukunzi mwiza ukwiringira arashinganye Mana.
β€Ž
_β€ŽMutangabugingo Mana ikomeye, rushaho kuvomerera imitima yacu kuko iyi si ikomeje gukakara, umwijima ukomeje gukabya mu isi tumurikire Mwami tudasitarira mu nzira. Duhishe ibiteye ubwoba mukunzi mwiza ukomeze udukize nk' uko wasezeranye *(Zab 91:3-6)* kiza ubugingo n' imibiri by' abacu, urinde imiryango n' igihugu kuko ari wowe gutabarwa kwacu guturukaho. Ubuntu bwawe butubeho ririnde rirenga, amena._

14/02/2026

πŸ“–*_β€ŽIJAMBO RYAWE MANA NI ITABAZA RIMURIKIRA IBIRENGE BYANJYE_*πŸ“–
β€Ž
β€ŽTheme: *Abahagurukira abantu batonnye ku Mana bari mu bihombo*
β€ŽVerse: *Kuva 14.22-24*
β€Ž
_β€ŽAbisirayeli bajya mu nyanja hagati baca nko ku butaka, amazi ababera nk'inkike iburyo n'ibumoso. Abanyegiputa barabakurikira, amafarashi ya Farawo yose n'amagare ye, n'abahetswe n'amafarashi be, bijya mu nyanja hagati bibakurikiye. Mu gicuku cya nyuma, Uwiteka yitamururiye mu nkingi y'umuriro n'igicu, yitegereza ingabo z'Abanyegiputa bacikamo igikuba._
β€Ž
β€ŽAbisirayeli ni ubwoko bwatoranyijwe n' Imana ndetse no kugira ngo bave mu buretwa bwa Farawo muri Egiputa ni Imana ubwayo yabyikoreye. Uru rugendo yagendanye na bo rero rugana I Kanani rwakomeje guhamya ubutoni bayifiteho cyane kuri iyi nyanja.
β€Ž
β€ŽAbakirisito natwe duca mu mfunganwa, ahanyerera no mu mifatangwe, hananiza umuntu w' inyuma n' ubugingo na bwo. Gusa aho hose harushya umutima, Imana nyir' ubwami iba ibizi neza kandi iri kumwe natwe kuko ihumbye gato nk' uko bamwe biganyira bagira bati "ariko Mana uba ibyanjye urabizi?" nta mutaru rwose.
β€Ž
β€Ž ```Mukundwa, icy' ingenzi ni uko uba inkoramutima y' Imana, sa na Yesu kuko arabizi ko UMURIMO we utarangiriye I Gologota gusa. Afite gahunda yo kurengera abe wowe muhange amaso. Uyu munsi n' iteka ryose, mu isaha yagennye Imana igire ibyo yitegereza bituma ugira igisuzuguriro kandi uyizera.
β€Ž```

05/02/2026

πŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈ
β€ŽMana yo mu Ijuru, nyir' ukwera no gukiranuka, Mukunzi mwiza Mutangabugingo, turambuye amaso birakunze twihindukije biremera; byose ni ibigaragaza gukomera kwawe kuko iyo utegetse biratungana. Ishimwe niribe iryawe Mana ikomeye kuko Ibyo ukora biratangaza, buri wese asubije amaso mu myaka ye ishize yabona ko wakoze ibirenze ubwenge bwacu Mana izina ryawe ryubahwe.
β€Ž
_β€ŽYobu ni we wagize ati "Nzi yuko ushobora byose, kandi nta kibasha kurogoya imigambi yawe yose." (Yobu 42:2); kandi natwe ab' iki gihe turabihamya ni ukuri nta cyo Mana. Ushobora kurokora abo Satani yigaruriye babaye imbata z' ibyaha bitari bimwe, ushobora kurema imbuto mu nda mu miryango itegereje igihe, ushobora kubanisha abo Satani yabibyemo kutumvikana; Uwiteka we ushobora byose wumve ukwirukira wese mu gihe gikwiye tuzashime kuko uri Umugiraneza, mbisabye nizeye Kristo wambwe ku bwacu, amena._

18/10/2025

πŸ“–β€Ž *_IJAMBO RYAWE MANA NI ITABAZA RIMURIKIRA IBIRENGE BYANJYE_* πŸ“–
β€ŽTheme: *Yesu Ukiza*
β€ŽVerse: *Yohana 9.1-12*
β€Ž
β€ŽArabasubiza ati"Wa muntu witwa Yesu yatobye akondo, akansiga ku maso arambwira ati 'Jya i Silowamu wiyuhagire.' Nuko ndagenda ndiyuhagira, ndahumuka."
β€Ž
_β€ŽUyu murongo, ni umwe mu yigize inkuru y' umuntu wavutse ari impumyi. Yesu mbere yo kumukiza yabanje gusubiza abibazaga niba kuvuka ameze atyo biterwa n' ibyaha bye cg iby' ababyeyi be._
β€Ž
β€Ž ```Kimwe uwizera akwiye kumenya ni uko hari ibyo Imana yemera ko bitugeraho ariko atari igihano cg se kuko Imana yatugiye kure ahubwo gusa kuko Imana ishaka kwerekana ububasha bwayo ku buzima bwacu.```
β€Ž
β€ŽNi iki umazemo Iminsi, icyo ubona kikurembeje ni iki, ikigucogoje kimaze igihe kingana iki? Humura Kristo aracyakora kandi ni ukuri yiteguye kwiyerekanira muri wowe icyo akubwira wowe ugikore.
β€Ž
*_β€ŽTuza umutima, ongera utumbire Kristo kuko ni we gutabarwa kwawe guturukaho. Yesu arakiza, aratabara, Azabikora abantu batangare kandi ibyari bikuremereye bityo uzabyibuka gusa ari ubuhamya ku bamushaka!_*
β€Ž

14/09/2025

πŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§Žβ€Ž
Uwiteka Mana ikomeye, Karuhura-mitima ishenjaguwe n' ibyaha n' ibibazo byo mu isi, Mana izi byose kandi itajya itwitiranya shimwa uhimbazwe kandi witirirwe imirimo yose tubonesha amaso YACU. Iyo uvuze biraha, iyo utegetse birakomera, urambuye ukuboko kwawe ntubisiga uko ubisanze; uri Umukiza wacu mwiza utajya ushira imbaraga tuzahora tukwiringira.
β€Ž
_β€ŽUri Imana ireba ikabona, uri Imana yumva igasonukirwa, uri Imana ikora ikanoza imirimo; ntitwabona uko tukuvuga urahambaye Mana, gusa uri umwizigirwa muri byose hahirwa abaguhungiraho._ _Shimwa ko n' uyu munsi uwuduhaye, uwuturindiremo ikibi cyose, uturinde kujya kure yawe mu byo dukora no mu byo dutekereza; umugisha utanga ube kuri twe n'abacu; ibyo ushaka n' ibyo ushima kandi byatuma imitima yacu irushaho kukumenya ikanezerwa ubisohoreshe umwete wawe ni mu izina rya Yesu mbisabye amena._

12/09/2025

πŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§Ž
β€ŽUwiteka Mana itubeshaho, Mukiza wacu mwiza, Ntwari ku rugamba himbazwa ushyirwe hejuru y' amajuru; ni wowe ukwiriye kandi ubereye no gushimwa. Twibutse iminsi yacu ya kera, tukareba uko utwitaho n' ubu uri umubyeyi mwiza uri inshuti nyanshuti, ukwiringira afite ubwishingizi bukomeye Mana.
β€Ž
_β€ŽTwabonye ukuboko kwawe Mana kandi na n' ubu kukituramira, iri joro warwanye intambara nyinshi ku bwacu kuba tubyutse amahoro ni uko wahatubereye Mana. Nta bwenge, nta buhanga, nta bunararibonye byahesha umuntu kurama atari urukundo n'uburinzi byawe Data._ _Tukwikomejeho ngo utubere byose, yobora intambwe z' IBIRENGE byacu kandi utugwirize ubwenge. Itamururire umuntu wese urwaye Mana, reka umuntu umaze igihe kinini ku musozi umuhe gucyamika mukunzi mwiza, utange imirimo y' umugisha kandi kugirirwa neza imbabazi n' ubuntu bitubeho none n' iteka ryose amena._

11/09/2025

πŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§ŽπŸ§Žβ€β™€οΈπŸ§Ž
β€Ž ```Mana yo kwiringirwa, Data wa twese mwiza, munyembabaz n' ubuntu bwinshi ngarutse imbere yawe nzanywe n' urukundo rwawe rutagira akagero, ndi umwana muto cyane icyo nkwiye ni ugufashwa RWOSE mu kubaho kwanjye. Amanywa yose waraturinze, uturinda n' iri joro ryose mukunzi mwiza ni ukuri uba wahatubereye kuko Satani nta ryama cg ngo asinzire; hahirwa ukwizera wowe wenyine Mana. Iki gitondo kitazabaho ukundi, duhe kumenya ibyo twigishwa na we kandi utuboneho umucyo wawe ririnde rirenga.```
β€Ž
_β€ŽErega uri Imana yacu idukunda, uri umukunzi mwiza naho abandi twese ntituzi gukunda. Mana itubeshaho turi insoro mu nda y' ababyeyi, ukaduha kuvuka no gukura tubyitirire nde wundi ko utahabaye byaba amateka masa? Duhe kwigishwa n' imirimo yawe, ku manywa na nijoro TUZIRIKANE ko ari wowe wo kwirukira, uri karuhura imitwaro yacu idukuweho, ni wowe bugingo izina ryawe rihimbazwe. Tweze utuboneze, uturinde ibyiyoberanya ku buzima bwacu, umubiri, Umwuka n' ubugingo birusheho kuba bishya, uduhe ibidutunga none n' iteka ryose amena._

Address

Kibungo

Telephone

+250788984999

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when KUNDA UKURI posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Place Of Worship

Send a message to KUNDA UKURI:

Share