IZINA RYA YEZU

IZINA RYA YEZU Iyi paji iriho inyigisho za Padri Jérémie Habyarimana zerekeye izina rya Yezu n'izindi nyigisho zamamaza iryo zina rya Yezu risumba andi yose.

Ku bwa Yezu, iyi paji ishyirwaho inyigisho zamamaza Yezu zateguwe na Padri Jérémie Habyarimana. YEZU NAVUGWE AVURE. YEZU NAKUNDWE AKUMIRE AMAKUBA. Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka. Bikira Mariya udusabire kuri Yezu.

07/09/2026

*UKUVUKA KWA BIKIRA MARIYA NYINA WA YEZU NI AMIZERO Y'ABANTU*. Amasomo n'inyigisho ku munsi mukuru w'ukuvuka kwa Bikira Mariya

ISOMO RYA MBERE.

Isomo ryo mu Gitabo cy’Umuhanuzi Mika(Mik 5, 1-4a).

Naho wowe Betelehemu Efurata, uri mutoya cyane mu miryango ya Yuda, ariko iwawe nzahavana ugomba gutegeka Israheli; inkomoko ye ni iyo hambere, mu bihe bya kera cyane. Ni cyo gituma Uhoraho azabatererana kugeza igihe ugomba kubyara azabyarira, maze udusigisigi tw’abavandimwe be dusange Abayisraheli. We rero azemarara aragire ubushyo bwe, abikesheje ububasha bw’Uhoraho, n’ubuhangange bw’izina ry’Imana ye. Icyo gihe bazashinga imizi kuko azakomera, akanategeka kugera ku mpera z’isi, ni we ubwe uzazana amahoro!

Iryo ni Ijambo ry’Imana.

Cyangwa:

Isomo ryo mu ibaruwa Mutagatifu Pawulo Intumwa yandikiye Abanyaroma(Rom 8, 28-30).

Bavanaimwe, 28tuzi ko byose bihira abakunda Imana, ari bo yihamagariye ku bwende bwayo. 29Abo yamenye kuva kera yanabageneye guhabwa isura y’Umwana wayo, ngo abe umuvukambere mu bavandimwe benshi. 30Abo yabigeneye kandi, abo ngabo yarabahamagaye ; abo yahamagaye kandi, abo ngabo yabahaye kuba intungane ; abo yahaye kuba intungane, abo ngabo yanabahaye ikuzo.

Iryo ni Ijambo ry'Imana.

INDIRIMBO.

Izayi 61, 10abcd, 11 ; 62, 1, 2, 3.

Inyikirizo: Ndasabagizwa n’ibyishimo mu Mana, Umwami wanjye.

Ndasabagizwa n’ibyishimo muri Uhoraho,
umutima wanjye uhimbajwe n’Imana
yanjye,
kuko yanyambitse umwambaro w’umukiro,
akansesuraho umwitero w’ubutungane.

Uko ubutaka bumeza imbuto zabwo,
n’ubusitani bugakuza icyo bwabibwemo,
ni na ko Uhoraho azameza ubutungane
n’ibisingizo,

imbere y’amahanga yose.
Sinzigera ntererana Siyoni,
sinzareka guhihibikanira Yeruzalemu,
kugeza ubwo ubutungane bwayo butangaje
nk’icyezezi,
n’umukiro wayo ukakirana nk’urumuri.

Bityo amahanga azabone ubutungane
bwawe,
abami bose babone ikuzo ryawe.
Nuko bazakwite izina rishya,
rizatangazwa n’Uhoraho.

Uzamera nk’ikamba ribengerana mu
kiganza cy’Uhoraho,
nk’igisingo mu ntoki z’Imana yawe.

IBANGO NDIRMBO RIBANZIRIZA IVANJILI.

Alleluya alleluya.

Urahirwa Bikira Mariya, ukwiriye ibisingizo byose,
kuko Zubarirashe Kristu Nyagasani ari wowe wamutubyariye.

Alleluya alleluya!

IVANJILI NTAGATIFU.

Amagambo yo mu Ivanjili Ntagatifu uko yanditswe na Mutagatifu Matayo(Mt 1, 1-16. 18-23).

Dore igitabo cy’amasekuruza ya Yezu Kristu, umwana wa Dawudi mwene Abrahamu:
Abrahamu yabyaye Izaki, Izaki abyara Yakobo, Yakobo abyara Yuda n’abavandimwe be, Yuda abyara Faresi na Zara kuri Tamara, Faresi abyara Esironi, Esironi abyara Aramu, Aramu abyara Aminadabu, Aminadabu abyara Nahasoni, Nahasoni abyara Salimoni, Salimoni abyara Bowozi kuri Rahabu, Bowozi abyara Yobedi kuri Ruta, Yobedi abyara Yese, Yese abyara Umwami Dawudi.
Dawudi abyara Salumoni ku mugore wa Uriya, Salumoni abyara Robowamu, Robowamu abyara Biya, Biya abyara Asa, Asa abyara Yozafati, Yozafati abyara Yoramu, Yoramu abyara Oziyasi, Oziyasi abyara Yowatamu, Yowatamu abyara Akazi, Akazi abyara Ezekiyasi, Ezekiyasi abyara Manase, Manase abyara Amoni, Amoni abyara Yoziyasi, Yoziyasi abyara Yekoniyasi na barumuna be, igihe bajyanwa bunyago i Babiloni.
Ijyanwa bunyago ry’i Babiloni rirangiye, Yekoniyasi abyara Salatiyeli, Salatiyeli abyara Zerobabeli, Zerobabeli abyara Abiyudi, Abiyudi abyara Eliyakimu, Eliyakimu abyara Azori, Azori abyara Sadoki, Sadoki abyara Akimu, Akimu abyara Eliyudi, Eliyudi abyara Eleyazari, Eleyazari abyara Matani, Matani abyara Yakobo, Yakobo abyara Yozefu umugabo wa Mariya, ari we wabyaye Yezu witwa Kristu.
Dore uko Yezu Kristu yavutse: Nyina Mariya yari yarasabwe na Yozefu, mu gihe batarabana, aza gusama inda ku bubasha bwa Roho Mutagatifu. Yozefu umugabo we wari intungane, kandi utashakaga kumuteza urubwa, yigira inama yo kumusezera rwihishwa. Igihe yari akibizirikana, Umumalayika wa Nyagasani amubonekera mu nzozi aramubwira, ati “Yozefu mwana wa Dawudi, witinya kuzana umugeni wawe Mariya, kuko yasamye ku bubasha bwa Roho Mutagatifu. Azabyara umwana uzamwite Yezu, kuko ari we uzakiza umuryango we ibyaha byawo.”Ibyo byose ariko byabereye kugira ngo huzuzwe ibyo Nyagasani yavugishije umuhanuzi, ati “Dore umukorwa w’isugi agiye gusama inda, maze azabyare umuhungu nuko bazamwite Emanuweli, ari byo kuvuga ngo “Imana turi kumwe.”

Iyo ni Ivanjili Ntagatifu.

INYIGISHO

Yezu Kristu akuzwe!

Nyagasani Yezu wapfuye akazuk, aje adusanga kuri uyu munsi duhimbazaho ukuvuka kwa Mama we Bikira Mariya, kugira ngo akomeze adutagatifurishe ububasha butyaye bw’ijambo rye. Iryo jambo ryigize umuntu mu nda ya Bikira Mariya, maze isi yose ikaronka umukiro.

Ukuvuka rero kwa Bikira Mariya kuri Nyagasani Yezu Kristu na Kiliziya yose, ni umunsi mukuru. Isabukuru y’ukuvuka kwa Bikira Mariya ni n’isabukuru ya Yezu Kristu ubwe. Ibyishimo by’ukuvuka kwa Bikira Mariya Kiliziya yose ifite, ni nabyo byishimo bya Yezu Kristu ubwe uyibereye Umutwe.
Muri uko kuvuka rero, isi yabonye urumuri yari itegereje itabizi; Itabizi kuko uwo munsi nta cyo bamenye, ko muri uwo mwana w’umukobwa Ana na Yawakimu bari bamaze kwibaruka hazavamo nyina w’Umucunguzi Yezu Kristu, ko muri uwo mwana wavutse ku buryo buboneshwa amaso nk’abandi bose, hashoboraga kuvuka(…) yagombaga kubyara ku buryo budasanzwe Jambo w’Imana Yezu Kristu.

Ukuvuka kwa Bikira Mariya, ni ibyishimo bya Data Uhoraho, ni ibyishimo bya Yezu ubwe, ni ibyishimo bya Roho Mutagatifu umugabo wa Bikira Mariya; uwatwikiriye Bikira Mariya, maze hakavuka Yezu Nyagasani; Yezu w’i Nazareti, Umwana wa Mariya.

Ivuka rya Bikira Mariya, ni ibyishimo ku babyeyi be b’umubiri: Yawakimu na Ana. Abo babyeyi barishimye babyaye uwo Mwana, ntagushidikanya. Uwo mwana w’umukobwa; uwo Mwari; uwo Mwana wabaye Umwari wasamye inda y’Uhoraho, yabaye ibyishimo by’ababyeyi be. Ntabwo yabaye ikimwaro cyabo, ntabwo yabakojeje isoni. Yabaye ibyishimo byabo mu kuvuka kwe, aba ibyishimo byabo mu gushyingirwa kwe, aba ibyishimo byabo mu kubyara kwe, aba ibyishimo byabo mu buzima bwe bwose.

Koko rero, ukuvuka kwa Bikira Mariya, umuntu yavuga ko gutangiza iremwa rishya: iremwa rishya ritsinda kamere ishaje ya muntu, iremwa rishya ritsinda icyaha cy’inkomoko cyatsikamiye muntu imyaka n’akaka; koko Bikira Mariya yakirinzwe, ahingutse ku isi, urumuri rwararashe. Mu bantu bose bari ku isi y’icyo gihe, ni we wenyine wari wifitemo ubuzima bushya; ubuzima yari yahawe ku buryo bw’igitangaza n’urupfu n’izuka bya Yezu Kristu byazaga kubaho, maze we bikamugirira akamaro mbere y’uko binaba, kubera ububasha buturenze bwa Data na Mwana na Roho Mutagatifu.

Ukuvuka kwa Bikira Mariya, ni ukuvuka kw’amizero y’ugucungurwa kwa muntu; ugucungurwa kwacu kwamuhereyeho, ni uwa mbere wacunguwe, maze atubyarira Umucunguzi, natwe turacungurwa, tuva ku ngoyi y’ubugome, tuva ku ngoyi y’inzangano, tuva ku ngoyi y’irari ribi, tuva ku ngoyi b’ubusambanyi, y’ubusinzi, y’ubusambo. Tuva ku ngoyi y’ikinyoma, Yezu Kristu arimikwa, yimikwa mu bemeye kuremwa bundi bushya na Roho we Mutagatifu, wa wundi watwikiriye Nyina Mariya, maze akatuvukira nk’uko babibwira Yozefu Mutagatifu mu Ivanjili ya none.

Mu ukuvuka rero kwa Bikira Mariya, turabonamo ukuvuka kwacu natwe, ukuvuka kwacu gushya binyuze k’ukuvuka kwa Yezu Kristu. Ibyo byose turabitega amatwi mu masomo y’uyu munsi. Koko rero Yozefu baramubwira bati” Yozefu mwana wa Dawudi, witinya kuzana umugeni wawe Mariya, kuko yasamye ku bubasha bwa Roho Mutagatifu. Azabyara umwana uzamwite Yezu, kuko ari we uzakiza umuryango we ibyaha byawo.” Ibyo byose ariko byabereye kugira ngo huzuzwe ibyo Nyagasani yavugishije umuhanuzi, ati “Dore umukorwa w’isugi agiye gusama inda, maze azabyare umuhungu nuko bazamwite Emanuweli, ari byo kuvuga ngo “Imana turi kumwe.” Naho mu isomo rya mbere barangije bavuga bati” We rero, azemarara aragire ubushyo bwe, abikesheje ububasha bw’Uhoraho, n’ubuhangange bw’izina ry’Imana ye. Icyo gihe bazashinga imizi, kuko azakomera, akanategeka kugera ku mpera z’isi, ni we ubwe uzazana amahoro!”
Uwo ni Yezu Kristu mwene Mariya. Ukuvuka kwa Bikira Mariya, ni ukuvuka kw’ayo mizero yose y’ugucungurwa kwa muntu. Yezu arabitwibutsa none aduhamagarira nyine kubaha ku buryo bwihariye uwo Mubyeyi we.

Umuntu w’umukristu gatolika wumva ko Bikira Mariya nta cyo avuze, akaba nta mwanya rwose afite mu buzima bwe, uyu munsi Yezu aramwibutsa ko yamumuhaye: “Mu rugendo urimo unsanga, naguhaye Mama wanjye. Mwisunge uzangeraho bikorehoye kurushaho.” Uko yamuhaye Yohani ku musaraba, Yezu Kristu ahora ayobora kuri Mama we abantu bose baza bamusanga. Abantu rero bashobora kwanga iyo kado, (Cadeau) ariko hahirwa abayemera, Mariya bakamugira Mama, maze akababyaramo ubwo buzima nyine; atari ibyo kubana na Bikira Mariya umuryarya, ugira ngo agufashe mu nyungu zawe, naho ize wange kuzinjiramo. Ibyo ngibyo Mutagatifu Ludoviko Mariya wa Monfort yarabitwigishije bikomeye, ku byerekeranye n’urukundo tugomba kugirira Bikira Mariya nyarwo.

Koko rero hariho umuntu wabwira Mariya ati “Mpa ibi n’ibi, mpa ibi n’ibi. Ndindira ibi n’ibi Ndindira ibi n’ibi!” ariko nyamara ugasanga ni we uvuyanga abakene be, utuka abakene be, usuzugura abakene be, mbese Mutagatifu Tereza w’i Karikuta washyizwe mu rwego w’abatagatifu uyu munsi i Roma, ntagire isomo amwigisha. Ugasanga turi inshuti za Bikira Mariya turi ingabo za Mariya, ariko nyamara turi n’iza Sekibi w’ubwirasi n’agasuzuguro; Gusuzugura abantu baciye bugufi, kubakandagira! Bikira Mariya yakandagiye umutwe w’umwanzi Sekibi na Sebwirasi. None se uwo Mubyeyi ubwo twagendana na we dute twuzuye ubwirasi n’agasuzuguro?
Ni yo mpamvu nyine mu Isomo rya mbere mu gihe duhimbaza ukuvuka kwe, Ijambo rya Nyagasani ryabitwibukije mu magambo agira ati” Naho wowe Betelehemu Efurata, uri mutoya cyane mu miryango ya Yuda, ariko iwawe nzahavana ugomba gutegeka Israheli”

Uri muto cyane! Abantu bato cyane. Data Uhoraho yatoye Bikira Mariya, Umwari w’ i Siyoni muto cyane! Ntabwo Ana na Yawakimu bari ibihangange by’icyo gihe. Bikira Mariya ni aho yavutse, yavutse mu muryango woroheje, avukira ahantu horoheje, nyamara Uhoraho aramutora, amutorera kubyara Umwami w’abami, Umwami w’isi n’ijuru Yezu w’i Nazareti! Yezu Kristu akunda cyane abaciye bugufi, agakunda cyane abacisha make.

Kuri uyu munsi wa Bikira Mariya duhimbaza ukuvuka kwe, Ububasha Uhoraho yashyize mu kirenge cye, nibukandagire umwanzi w’ubwirasi winjira muri Kiliziya ye. Ugasanga abantu turiratana umwambaro Bikira Mariya yatwambitse, turawukandagiza abandi! Ibyo na byo birababaje.

Kuri uyu munsi kandi twibuka ukuvuka kwa Bikira Mariya, amasengesho y’uwo Mubyeyi nafashe abantu bose basamye uyu munsi n’abazasama mu minsi izakurikiraho kwakira iyo mpano y’ubuzima, maze ibintu byo kwica abana babicira mu nda birangire muri iyi si. Iyo roho mbi yo gukuramo amada nimeneke umutwe, Bikira Mariya nayikandagire mu izina rya Yezu. Abo baziranenge bareke gukomeza kwicwa muri iyi si, izina rya Yezu niribarengere, amaraso ya Yezu Kristu nabarwaneho.

Ukuvuka kwa Bikira Mariya, nikube ukuvuka kw’abo bana bose, bo mu isi hose. Aho babangamiwe n’ikiganza cya muntu, n’ubugome bwa muntu, ndetse n’ikoranabuhanga rye rishaka kubaranduza mu nda ya nyina. Umubyeyi Bikira Mariya narengere abo bana bose.

Narengere kandi roho zikiri ntoya zirimo zivuka. Abo bantu bose bishimiye ko Yezu Kristu ari mu kubakura mu byaha, nyamara Sekibi iri mu gukurikirana ishaka kubasubiza aho bavuye.

Bikira Mariya narengere abo bose barimo bavuka uyu munsi, biyemeza gukurikira Inzira y’Umukiro, biyemeza kuvuka bundi bushya, bemera kuva mu kiganza cya Sekibi, Senzangano Sekibi Sekutababarira, Sekibi Sebusambanyi, Sekibi Sekinyoma, na Sebusinzi na Senzangano, Sekibi w’intambara, Sekibi ubiba umwiryane mu bantu.
Abo bose bari mu kuva aho hantu, gusohoka muri uwo mwijima, binjira mu Rumuri Yezu Kristu Rukundo na Mahoro, Umwami w’amahoro We utanga amahoro ku isi, abo bose Bikira Mariya nabarwaneho, Hekugira usubira mu biganza by’umwanzi, izina rya Yezu Kristu rikurizwe muri bose.

Ngwino Roho wa Yezu! ngwino udutwikire nk’uko watwikiriye Bikira Mariya, maze Yezu Kristu akurizwe muri twe mu bihe byose.

Singizwa Yezu Kristu wadupfiriye ukazuka!

Ngwino Roho wa Yezu!

Mutima utagira inenge wa Bikira Mariya uturengere uturwaneho mu izina rya Yezu.

Bikira Mariya Mwamikazi wababaye udusabire.

Padre JEREMIE HABYARIMANA

05/09/2026

ABAKUNDA YEZU NTIBAREBERA ABAVANDIMWE B’INKOZI Z’IBIBI. Amasomo n’inyigisho ku cyumweru cya XXIII gisanzwe. Umwaka wa Liturujiya A

Amasomo :
Ezk 33, 7-9
Zab 95 (94)
Rom 13, 8-10
Mt 18, 15-20

ISOMO RYA MBERE

Isomo ryo mu gitabo cy’Umuhanuzi Ezekiyeli (Ezk 33, 7-9)

Uhoraho ambwira iri jambo ati 7« Naw e rero mwana w’umuntu, nagushyiriyeho kuburira umuryango wa Israheli. Igihe uzaba wumvise ijambo rivuye mu kanwa kanjye, ujye ubaburira mu kigwi cyanjye. 8Ndamutse mbwiye umugome nti “Wa mugome we, ugiye gupfa”, naho wowe ntumuburire ngo ahindure imyifatire ye, uwo mugome azapfa azize ikosa rye, kandi ni wowe nzaryoza amaraso ye. 9Ariko nuramuka umuburiye ntazibukire imyifatire ye mibi ngo ahinduke, uwo mugome azapfa azize icyaha cye, naho wowe uzaba ukijije ubugingo bwawe. »
Iryo ni Ijambo ry’Imana.

ZABURI/ Zab 95 (94),1-2, 6-7b, 7d-8a.9

Inyik/ Uyu munsi ntitugundirize umutima wacu,
ahubwo dutege amatwi ijwi ry’Uhoraho.

Nimuze tuvugirize impundu Uhoraho,
turirimbe Urutare rudukiza ;
tumuhinguke imbere tumurata,
tumuririmbire ibisingizo.

Nimwinjire duhine umugongo twuname,
dutere ivi imbere y’Uhoraho waturemye.
Kuko ari we Imana yacu,
naho twe tukaba imbaga yo mu rwuri rwe.

Iyaba uyu munsi mwakundaga mukumva ijwi rye !
Ntimugundirize umutima wanyu nko mu butayu,
aho abasekuruza banyu banyinjaga,
aho bangeragerezaga n’ubwo bari barabonye ibikorwa byanjye.

ISOMO RYA KABIRI
Isomo ryo mu ibaruwa Mutagatifu Pawulo Intumwa yandikiye Abanyaroma (Rom 13, 8-10)
Bavandimwe, 8ntihakagire uwo mubamo umwenda atari uwo gukundana. Kuko ukunda undi aba yujuje amategeko. 9Kuko kuvuga ngo «Ntuzasambane, ntuzice, ntuzibe, ntuzararikire ikibi» kimwe n’andi mategeko, yose akubiye muri iri jambo ngo «Uzakunde mugenzi wawe nkawe ubwawe.» 10Ukunda ntiyagirira mugenzi we inabi. Urukundo rero ni rwo rubumbye amategeko.
Iryo ni Ijambo ry’Imana

IBANGO-NDIRIMBO RIBANZIRIZA IVANJILI (2 Kor 5,19)

Alleluya Alleluya.
Imana yiyunze n’abantu muri Kristu,
yashyize mu minwa yacu amagambo yo kwiyunga.
Alleluya.

IVANJILI NTAGATIFU

Amagambo yo mu Ivanjili Ntagatifu uko yanditswe na Mutagatifu Matayo (Mt 18, 15-20)

Muri icyo gihe, Yezu abwira abigishwa be ati 15« Umuvandimwe wawe naramuka acumuye, umusange maze umuhane mwiherereye. Nakumva uzaba ukijije uwo muvandimwe. 16Natakumva uzashake umuntu umwe cyangwa babiri, kugira ngo ibyo bikiranurwe n’abagabo babiri ucyangwa batatu. 17Niyanga kumva abo ngabo ubibwire ikoraniro. Niyanga kumva ikoraniro, abe akubereye nk’umunyamahanga n’umusoresha. 18Ndababwira ukuri: ibyo muzaba mwaboshye mu nsi byose bizabohwa no mu ijuru; n’ibyo muzaba mwabohoye mu nsi bizabohorwa no mu ijuru. 19Byongeye kandi ndababwira ukuri: niba babiri muri mwe ku isi bashyize hamwe ngo bagire icyo basaba, bazagihabwa na Data uri mu ijuru. 20Koko iyo babiri cyangwa batatu bateraniye hamwe mu izina ryanjye, mba ndi aho hagati yabo. »
Iyo ni Ivanjili Ntagatifu

INYIGISHO
Yezu Kristu akuzwe
Nyagasani Yezu utwigisha uko tugomba guhana abavandimwe bacu mu rukundo,
Nyagasani Yezu utwigisha uko tugomba gusenga twunze ubumwe n’abandi mw’izina rye,
Nyagasani Yezu uduha urukundo; uduha urugero rwo gukunda,
Nyagasani Yezu uduha abaduhanurira ; abaduhana mw’izina rye,
aje adusanga none yuje impuhwe mw’izina rye, kuri iki cyumweru cya makumyabiri na gatatu gisanzwe, umwaka wa Liturujiya A, kugira ngo akomeze adusukuze ijambo rye ritagatifu, adukize ubusembwa bwose, tuzakere kumukikiza ubuziraherezo.

Mu isomo rya mbere, Uhoraho aramenyesha Umuhanuzi Ezekiyeli uburyo agomba kwitwara akora ubutumwa bwe, ko ijambo ry’Uhoraho riburira umugome ritagomba gucecekwa; ko naramuka aricecetse uwo mugome azapfa azize icyaha cye, ariko nyamara na we akaryozwa amaraso ye. Ayo magambo Nyagasani Yezu arayatugezaho nk’abakristu babatijwe tugakomezwa, tugahabwa ubutumwa bwo kumubera abahamya mu bantu. Nyagasani Yezu aratwibutsa inshingano zacu zo kuburira mw’izina rye, abo twashoboye kumenya amakosa yabo cyangwa ibyaha byabo cyangwa uko bitwara nabi; ndetse mu Ivanjili akaduha inzira y’uko tugomba kubigenza.

Mbere na mbere duhuje mbese isomo rya mbere n’Ivanjili, icya mbere ni ukumva ko iryo jambo ry’Uhoraho waryumvise ; ko Yezu Kristu koko aguhamagarira kuburira uwo muntu. Niba muri wowe wiyumvamo nyuma yo kubona ibibi bya kanaka (Ivanjili ivuga umuvandimwe wawe,) ntabwo ari ukujya guhana umuntu ubonetse wese : Umuvandimwe wawe, ni ukuvuga abo musangiye ukwemera muri Yezu Kristu.

Uwo muvandimwe wawe rero muri Yezu Kristu niba ubonye ko koko yakoze nabi kandi ukumva mu mutima wawe ko Roho Mutagatifu aguhamagarira kugira icyo umubwira. Mbere na mbere uwo Roho Mutagatifu akwereka ko ibyo akora ari bibi, kuko ubwo butumwa ni ubwe. Nk’uko tubisanga muri Yohani (16, 5-11) ati « Uwo Roho namara kuza, azabereka icyaha aho kiri, abereke ubutungane uko buteye, n’urubanza. » Uwo Roho rero ni we ufungura amaso y’umuntu akamwereka ati « Biriya uriya ari mu gukora ni icyaha, kandi biramuganisha ku rupfu ! None se uremera umuvandimwe wawe apfe koko ? Ntabwo ugomba kumuburira ? »

Ubwo rero ubutumwa nyine Roho Mutagatifu aba yabuguhaye. Igisigaye ubwo uba ugomba gusubiza uti : « Ndemeye cyangwa se ndanze. Nta byo nshoboye. » Akenshi rero umuntu ashobora gutekereza ati « None nabimubwira ntituzongere kuvugana ! None nabimubwira bikagenda gutya na gutya ! » Ikintu cyose yagukorera kibi uwo muntu, kubera ko wamuhannye, ntabwo gihwanye n’uko ari roho ye n’iyawe zose zicirwa urubanza rw’iteka, kubera ko nta cyo wamumariye; na we akazira ibyaha bye. « Ndamutse mbwiye umugome nti “Wa mugome we, ugiye gupfa”, naho wowe ntumuburire ngo ahindure imyifatire ye, uwo mugome azapfa azize ikosa rye, kandi ni wowe nzaryoza amaraso ye. »

Aho hantu rero harakomeye. Umukristu wese yagombye kumva ko afite ubutumwa bwo kurohora abavandimwe be abonye bari mu kurohama. Ntashake kwirebesha hirya nk’aho atabibonye cyangwa atazi urubanza uwo munyabyaha acirwa. Ibyo rero yagukorera byose uwo muntu ntibishobora kugereranywa n’uko roho zanyu zacibwa urubanza rw’iteka. Ni yo mpamvu ibyo byose wagombye kubyemera ugakora ubutumwa Roho Mutagatifu akohereje gukora ; bigaca aho byagaciye.

Ingabire y’ubutwari ku mugani wa Pawulo intumwa abwira timote mu ibaruwa ya kabiri umutwe wa mbere ati « Ntabwo twahawe Roho w’ubwoba » Uwo roho w’ubwoba ukubaza koko guhana umuvandimwe wawe ! Ngo : Reka da, atazanyica, atazagira ate, ariko se (…) !

Roho Mutagatufu rero uyu munsi arongeye aragukomanze; abo ngabo bose uziye ibyabo bibi, ibyaha biberamo kandi wowe ugatinya kugira icyo ubabwira. Ndetse arakwereka inzira nyine mu Ivanjili ati « Mbere na mbere genda umurebe muri mwenyine. » Akenshi uko abantu bagira ubwoba bwo guhana uwo muntu, ni nako na bo sekibi igenda ibinjiramo koko. Kuko igikurikiraho ni iki ? Ni uko batangira kumuvuga ngo « Erega uriya yarananiranye, » kandi wenda nta n’uwigeze agira icyo amubwira. Bagatangira kuvuga ibyaha bye na bo ari Sekibi iri mu kubavugiramo. Bananiwe kuvugirwamo na Roho Mutagatifu bajya kumuhana, none barimo baravugirwamo na Sekibi bavuga ibyaha bye. Ibyo rero ntabwo bikwiye. Ni yo mpamvu nyine Yezu avuga ati « Genda umushake uwo muntu umuhane. Niba akunaniye, ushake undi muvandimwe( ntabwo rero ari undi muntu ubonetse wese.) hanyuma niba abananiye, mumushyire imbere y’ikoraniro. »Abo bantu musengana mu muryango wa agisiyo gatolika, cyangwa umuryango remezo cyangwa, aho muhurira n’uwo muntu. Niba ari mu iteraniro cyangwa se ikoraniro ry’abakarisimatike cyangwa se ari perezidiyumu y’abarejiyo, uwo muntu mumubwire ko ivyo akora atari byo; bityo n’abandi bumvireho nk’uko Pawulo yabibwiraga Timote mu ibaruwa ya mbere yamwandikiye mu mutwe wa gatanu( 1Tim5,20) N’abandi bari aho ngaho baba bakora nka we, bamenye ko icyo kintu ari kibi ko uwo nguwo mubimuhannye, ko na bo bagomba kwihana.

Nyagasani Yezu Kristu rero ashishikajwe no kugira ngo icyaha gitsindwe mu muryango w’abo yacunguje amaraso ye, aho kugira ngo gikomeze kibihishemo. Buri mukristu wese agomba kumva ko yashyiriweho kurwanya ikibi, kurwanya icyaha, kugira ngo umukiro wa Kristu uganze mu mitima y’abantu. Ni byo rero Umuhanuzi Ezekiyeli yibutswa; kandi Yezu arabitwibutsa none. Twebwe twasizwe amavuta igihe tubatizwa, atugira abasaserdoti abahanuzi n’abami.

Buri mukristu agomba kumva ko afite ingabire yo guhanurira abandi ; kubahana mu izina rya Yezu, kandi mu rukundo rwe. Ibyo rero nyine ni ikimenyetso cy’urukundo nk’uko Pawulo intumwa arutubwira mu isomo rya kabiri. Kandi nyine birushaho gutuma abantu bunga ubumwe muri Kristu by’ukuri. Nk’uko nyine Nyagasani Yezu avuga ati « Byongeye kandi ndababwira ukuri: niba babiri muri mwe ku isi bashyize hamwe ngo bagire icyo basaba, bazagihabwa na Data uri mu ijuru. »

Isengesho ntabwo rishobora gukorerwa hejuru y’amacakubiri. Isengesho rikorwa n’abantu bashyize hamwe muri Kristu bityo rikera imbuto ; Data akabaha icyo bamusaba mw’izina rya Yezu. Kubera ko nyine bunze ubumwe, urukundo rwe rubahuje. Ni yo mpamvu rero, ivyo byaha biza guteza umwiryane mu bantu; kuko ugiye mu cyaha wese kigenda kimutandukanya na bo, kimutandukanya na bo, kugeza n’igihe nyine abaviriyemo akigendera. Nk’uko Yezu avuga ati « Niyanga kumva ikoraniro, abe akubereye nk’umunyamahanga, n’umusoresha. » Icyaha kigenda kimukura mu bantu, kimukura mu bantu, kimutandukanya n’abavandimwe kugeza igihe kimushyiriye hanze yabo.

Hahirwa rero abakira iyo ngabire yo guhana bagenzi babo babikuye ku mutima kandi mu izina rya Yezu iyo ngabire bakayikoresha.

Roho Mutagatifu rero natumanukireho kubw’amasengesho ya Bikira Mariya n’Abatagatifu bose iyo ngabire ayongere muri twe no muri Kiliziya yose; iyo ngabire yo kurebana abavandimwe urukundo, ukumva ko utagomba kureka umuvandimwe wawe ngo yicwe n’icyaha kandi washoboraga kumuburira akaba yakwikosora niba abishaka.

Ngwino Roho Mutagatifu
Mutima utagira inenge wa Bikira Mariya uturengere uturwaneho mu izina rya Yezu.
Bikira Mariya Mwamikazi wa Karumeli udusabire

Singizwa Yezu Kristu wadupfiriye ukazuka !

Padre JEREMIE HABYARIMANA

04/09/2026

BIBA UMUSARABA WA YEZU KRISTU, UZAWUSARURAHO ROHO ZISONZEYE UBUTUNGANE. Amasomo n’inyigisho yo kuwa gatandatu w’icyumweru cya XXII Gisanzwe. Imyaka itari igiharwe

Amasomo:
1 Kor 4, 9-15
Zab 145 (144)
Lk 6, 1-5

ISOMO RYA MBERE

Isomo ryo mu ibaruwa ya mbere Mutagatifu Pawulo Intumwa yandikiye Abanyakorinti (1 Kor 4, 9-15)

Bavandimwe, 9jye uko mbibona, twebwe intumwa, Imana isa n’iyadushyize inyuma y’abandi nk’abaciriwe urwo gupfa; koko rero, twahinduwe agashungero k’isi, n’ak’abamalayika n’abantu. 10Twebweho turi abasazi ku mpamvu ya Kristu, naho mwe mukaba abanyabwenge muri Kristu; twebwe turi abanyantege nke, naho mwe murakomeye; murubashywe naho twe turasuzuguritse. 11Kugeza magingo aya turicwa n’inzara, dufite inyota, twambaye ubusa, turakubitwa, turabuyerezwa, 12kandi turacogozwa no gukoresha amaboko yacu. Baradutuka tukabifuriza umugisha; baradutoteza tukihangana; 13baradusebya twe tugahoza abandi! Twahinduwe nk’icyavu cy’isi, kugeza na n’ubu batugize ibicibwa mu bantu. 14Ibyo simbyandikiye kubakoza isoni, ahubwo ni ukubaburira nk’abana banjye nkunda. 15N’aho mwagira ibihumbi n’ibihumbi by’abarezi muri Kristu, ababyeyi banyu si benshi, kuko ari jyewe wabibyariye muri Yezu Kristu ku bw’Inkuru Nziza.

Iryo ni Ijambo ry’ Imana

ZABURI (Zab 145 (144), 17-18, 19-20, 10a.21)

Inyik/ Uhoraho aba hafi y’abamwiyambaza.

Uhoraho ni umunyabutungane mu nzira ze zose,
akarangwa n’urukundo mu bikorwa bye byose.
Uhoraho aba hafi y’abamwiyambaza,
hafi y’abamwiyambaza babikuye ku mutima.

Ibyo abamwubaha bashaka arabikora;
baba bamutabaje akabumva, akabagoboka.
Uhoraho arinda abamukunda bose,
ariko abagiranabi bose akazabarimbura.

Uhoraho, ibiremwa byawe byose nibijye bigushima,
umunwa wanjye uzavuga ibisingizo by’Uhoraho,
n’ikinyamubiri cyose kizarate izina rye ritagatifu,
iteka ryose rizira iherezo!

IBANGO-NDIRIMBO RIBANZIRIZA IVANJILI (Yh 14, 6.9

Alleluya Alleluya.
Yezu, Mwana w’Imana, uri Inzira, n’Ukuri n’Ubugingo:
ukwemera aba yamenye Imana Data.
Alleluya.

IVANJILI NTAGATIFU

Amagambo yo mu Ivanjili Ntagatifu uko yanditswe na Mutagatifu Luka (Lk 6, 1-5)

Muri icyo gihe, 1ku munsi umwe w’isabato Yezu anyura mu mirima yeze, abigishwa be bamamfuza amahundo y’ingano, bayavungira mu ntoki barazirya. 2Abafarizayi bamwe baravuga bati “Ni iki gituma mukora ibibujijwe ku isabato?” 3Yezu arabasubiza ati “Ntimwasomye uko Dawudi yabigenje igihe yari ashonje we n’abo bari kumwe? 4Uko yinjiye mu Ngoro y’Imana, agafata imigati y’umumuriko akayiryaho, akayihaho n’abo bari kumwe, kandi yari igenewe abaherezabitambo bonyine?” 5Nuko yungamo ati “Umwana w’umuntu ni we mugenga w’isabato.”

Iyo ni Ivanjili Ntagatifu

INYIGISHO

Yezu Kristu akuzwe!

Umukiza wacu n’Umutegetsi Yezu Kristu wapfuye akazuka, adusesekayeho yuzuye akanyamuneza gatagatifu ashaka kudusangiza, kugira ngo dusohoke mu gahinda no kwiheba, aduhundagazeho amahoro ye, maze natwe dushobore guhumuriza abandi mu izina rye tubemeza ko ari muzima, kandi atanga ubuzima.

Nyagasani Yezu rero, adusesekayeho kugira ngo ijambo rye rikomeze ritujandure mu mujinya, maze riduhuze n’umunezero atuzaniye akoresheje ijambo rye ritagatifu.

Mu isomo rya mbere, Pawulo Intumwa ni urugero Nyagasani Yezu atwereka rw’uwumvise neza ko ubutumwa bwo kwamamaza Inkuru Nziza, busaba umusaraba, kandi uwo musaraba wakwemerwa, ukaba igiti kizima cyeraho imbuto, kandi izo mbuto zikaba abandi bemera; abandi bakristu. Izo mbuto zikaba ukwiyongera k’umuryango w’abemera Yezu Kristu wapfuyeka akazuka.

Iryo banga rero kuryemera cyangwa kuryakira, ubanza bituvuna. Nyamara ariko biratuvura. Pawulo intumwa rero yari yarabyumvise, kandi Nyagasani Yezu aramutwereka nk’urugero rw’abamamazanya urukundo Inkuru Nziza, bashakira ubuzima, cyangwa se bashaka guha ubuzima abandi, ubuzima bukomoka kuri Yezu ubwe, kuko na bo bamwakiriye.

Muri iri somo rya mbere rero, biragaragara ko nta muntu n’umwe wakwamamaza Yezu Kristu ashaka ikuzo rye, nta n’umwe. Hahirwa umuntu Yezu Kristu agorora akoresheje umusaraba we, kuko aba amukunda aramugorora, kugira ngo atagorama, aramugarura kugira ngo atangara, akoresheje umusaraba we, ibanga ry’umusaraba wa Yezu Kristu, urupfu n’izuka bya Yezu Kristu ni Yezu Kristu wapfuye akazuka.

Koko rero, nk’uko Pawulo intumwa abitubwira no muri iyi baruwa mu mutwe wa mbere, Yezu Kristu twamamaza ni uwabambwe. Nta muntu n’umwe ushobora kumwamamaza by’ukuri, nawe atabambye kimwe na We, ku buryo butaboneshwa amaso, cyangwa se buyaboneshwa ku rugero uru n’uru, ariko cyane cyane atiteguye ko yabambwa burundu.
Ntabwo Ivanjili ari amagambo y’ibikino, ntabwo ari ibiganiro nk’iby’amaradiyo: “ubu ngubu rero tugiye kubagezaho ikiganiro(…)” ntabwo ari ikinamico, ntabwo ari ‘ni nde ?’ ntabwo ari indi mikino yose ishobora gukurura abantu; abantu nyine bivugira amagambo yabo, amagambo y’ibyabo, amagambo y’ibyo ku isi. Ivanjili ni ukwereka abantu umuntu wabambwe yambaye ubusa, ubwira abantu uti “Namwe nimwemere kumera kuriya.” Ibyo si ibikino, si n’ibirori imbere y’iyi si, ni yo mpamvu nyine kwamamaza Inkuru Nziza, isi iyo ibirebye, ibyita ibisazi. Roho Mutagatifu wenyine ni we ushobora kumvisha umuntu ukuri kw’Ivanjili, ni we ushobora kumwinjiza muri uwo muryango.

Ntabwo umusaraba ari umutako wa za Kiliziya, ni Ukuri buri wese agomba kwakira, kandi ni umuhamagaro, buri wese agomba(…); ni inzira buri wese agomba kunyuramo, niba ashaka kuba uwa Yezu Kristu; ni ubutumwa buri wese agomba gutanga, niba ashaka koko kuba uwa Yezu Kristu, no kugura ngo abandi babe abe.

Uwo musaraba rero, nk’uko twatangiye tubivuga, iyo ushinze ahantu, byanze bikunze wera imbuto. Kandi imbuto wera ni uko abantu bagenda bawubona ko atari igiti cyo gupfiraho, ahubwo ari igiti cyo kuzukiraho, atari igiti cyo kubabariraho, ahubwo ari igiti cyo kubabaririrwaho, atari igiti cyo kuruhiraho, ahubwo ari igiti kituruhura. Iryo banga rya Pasika rero umusaraba utwereka rirakomeye. Ni yo mpamvu igihe cyose mu misa, dutangara tuvuga tuti”Iri ni iyobera rikomeye ry’ukwemera!”

Iri ni Iyobera rikomeye ry’ukwemera! “Turamamaza urupfu rwawe Nyagasani, tugahamya n’izuka ryawe, kugeza igihe uzazira mu ikuzo.” Ni nde wakwemera iryo banga? Ni nde waryakira? Abantu benshi Yezu Kristu yaberetse umusaraba barahunga, cyangwa se barahungabana, umuhamagaro wabo uhagararira aho ngaho, cyangwa se uhengamira aho ngaho, kubera ko sekibi nyine ni ingome, ni Sekibi nyine. Ishobora gupfubya umuhamagaro w’umuntu ikawuhengeka cyangwa ikawuhengamisha. Arimo ahunga umusaraba! kwa kundi nyine ikintu kigiye kugukubita, ugasa n’ugicenga! Ubwo nyine ugahengama uhengamye, ukajya ugenda impengame, kandi mu by’ukuri umusaraba uragororotse.

Guhunga umusaraba! Hari abantu benshi batanga inyigisho zihengamye kubera guhunga umusaraba; ati “Biriya nimbivuga (…) buriya nshobora kwikururira abanzi. Biriya nzi ko ba kanaka batabikunda biriya byo (…) kwirirwa umuntu abivuga erega si na ngombwa!” Ese kuki byakujemo? Icyo kibazo wakinsubiza? Kuki ibyo bintu byakujemo? Ni Sekibi yabikuzanyemo? Sekibi se yashaka kwisenya?

Ubwo rero iyo utangiye nyine guhengeka inyigisho zawe, zirahengama nyine, none se! Bityo cya giti cy’umusaraba aho kugira ngo ugishinge cyere imbuto mu bantu, ugatangira ukagihengeka, ejo ukakigusha. Kukigusha bisobanura n’ibindi ku babizi; iyo umuntu avuye mu muhamagaro we hari ababyita kukigusha. Ariko mu by’ukuri burya kukigusha, ushobora kukigushirizamo utyo, ugasigara ukora ubutumwa buhengamye, kubera ko wanze umusaraba kuwushinga no kugira ngo imisumari yawo igushingwemo. Kwemera gusa na Yezu; Yezu wababaye Yezu ubabara, ariko Yezu wakujijwe.

Pawulo intumwa rero, iryo banga yararyumvise. Ni yo mpamvu abwira bariya ubutumwa bwe bwagiriye akamaro, uburyo nyine kugira ngo bigende gutyo, kugira ngo bo bakire ubwo buzima, hari ububabare aba yagize, hari ibyo aba yemeye, ari byo umuntu wese ushaka kwamamaza Yezu Kristu by’ukuri, na we agomba kwemera, niba adashaka gukora ubutumwa buhengamye.
Ati “Twebweho turi abasazi ku mpamvu ya Kristu, naho mwe mukaba abanyabwenge muri Kristu; twebwe turi abanyantege nke, naho mwe murakomeye; murubashywe naho twe turasuzuguritse. Kugeza magingo aya turicwa n’inzara, dufite inyota, twambaye ubusa, turakubitwa, turabuyerezwa, kandi turacogozwa no gukoresha amaboko yacu. Baradutuka tukabifuriza umugisha; baradutoteza tukihangana; baradusebya twe tugahoza abandi! Twahinduwe nk’icyavu cy’isi, kugeza na n’ubu batugize ibicibwa mu bantu.”
Aya magambo byanze bikunze yuzurizwa ku muntu wese muri rusange ushaka gushinga umusaraba wa Kristu aho ari, cyangwa se ushaka kuwushinga mu buzima bwe, cyangwa ushaka kureka Kristu wabambwe ku musaraba agapfa akazuka, ngo agaragare mu buzima bwe akiza isi.

Niba ushaka ko abantu bakubaha kubera ko wabigishije neza, inyigisho yawe nta muntu n’umwe izigera iyobora kuri Kristu. Niba ushaka ko abantu bakwita umugira neza gusa, bakakuvuga neza baka (…) nta na rimwe uzigera ubamurikira ngo bave mu mwijima. Si uko Yohani Batista yakoze, si uko intumwa zakoze, si uko Yezu Kristu yakoze. Ubutumwa ntibukorerwa kugira uwo bushimisha, ahubwo bukorerwa gushimisha Yezu ristu n’ikuzo rye kugira ngo roho ya muntu ikire.

Ese ni nde urwaye ikibyimba, wishimira ko bagikanda? kabone n’ubwo cyiba kiri mu kumurya! Ariko se bareka kugikanda kugira ngo ataribwa? Bareka kugikanda kugira ngo atababara? Ubutumwa rero bwa Yezu Kristu ni ubwo ngubwo, burebana impuhwe abantu bose bushaka kubakiza, butitaye ku buryo bari bubyakire bo, ku buryo bari bubyumve mu muzo wa mbere.

“koko rero, twahinduwe agashungero k’isi”! Hari abantu bamwe badashaka kumva ukuri, kandi uko kuri ni Yezu Kristu. Ntimukirirwe mushaka mushakira kure; ikintu cyose kirwanya Yezu Kristu, ntigishobora kuba ukuri ntihazagire ukubeshya. Ikirwanya Yezu Kristu cyose, ntigishobora kuba ukuri, bashobora kukita ukuri, ariko ntigishobora kwitwa cyo.

Nyagasani Yezu Kristu rero, ashaka ko buri wese yakira uwo musaraba we, akawubambwaho kugira ngo abere abandi isoko y’ubuzima. Shyira ubwirasi hasi, nta we ubwirasi bwawe buzakiza, witinya umusaraba wigira ubwoba, Yezu Kristu yatsinze isi, emera ubabarane na Yezu kugira ngo uhe abandi ubuzima.

Pawulo intumwa rero, ibyo yarabyumvise, ariko kandi abona ko koko Roho Mutagatifu yeze imbuto. Ubutumwa bwe n’ubwo yabukoze muri ubwo bubabare bwose, hari imbuto byeze; hari abantu bakiriye Yezu Kristu koko, batangira ubuzima bushya, abo bamuteye akanyamuneza, kandi arabibabwira. “N’aho mwagira ibihumbi n’ibihumbi by’abarezi muri Kristu, ababyeyi banyu si benshi. Kuko ari jyewe wabibyariye muri Yezu Kristu kubw’Inkuru Nziza.”

Ese muvandimwe, wowe nk’umukristu hari umuntu nibura wabwira uti” Ibyo ari byo byose ubutumwa bwange (…)”; wenda kubimubwira si ngombwa, ariko se hari ubwo wari wabona ko ukoze ubutumwa, umuntu ukamufasha guhindura icyerekezo cy’ubuzima bwe, maze akareba Yezu mu maso? Niba ibyo bitaba, cyangwa se bitarigeze biba, ni uko nawe utigeze ukora ubutumwa by’ukuri, bimenye. Kuko nta kuntu ubutumwa bwakorwa uko bikwiye, umuntu ashinga umusaraba wa Yezu Kristu aho agiye hose nk’uko Mutagatifu Tereza w’Umwana Yezu avuga ati”Icyampa ngashinga umusaraba wa Yezu Kristu ahantu hose.” Nta hantu uwo musaraba ushobora gushingwa gutyo, ngo imbuto zireke kwera, ngo abakristu bareke kuvuka ndetse n’abatagatifu ahubwo.

Yezu Kristu rero uwo nguwo, ni We utubwira mu Ivanjili ko ari we sabato, ni we Kiruhuko, ni we uturuhura. Ntabwo rero ari umunsi runaka, cyangwa amasaha runaka, Yezu Kristu ni we ubwe uruhura abe. Ni we Buruhukiro bwacu, Ni we Kuruhuka kwacu, Ni we Mahoro yacu, Ni we Byishimo byacu.
Abahuye na Yezu Kristu; abemera Yezu Kristu, ntibagengwa n’iminsi, Umugenga wabo ni Yezu Kristu wapfuye akazuka.

Roho Mutagatifu, Roho wa Yezu Kristu atumurikire, agiriye amasengesho ya Bikira Mariya n’Intumwa ntagatifu, n’Abatagatifu bose, maze dushobore kwemera umusaraba wa Yezu Kristu; kwemera kubabarana na Yezu Kristu, kugira ngo dupfane na we bibaye na ngombwa, tuzukane nawe mu ikuzo nyaryo. Mu ikuzo nyaryo!

Ngwino Roho wa Yezu!
Singizwa Yezu Kristu wadupfiriye ukazuka!

Bikira Mariya Mubyeyi wababaye udusabire.

Padre JEREMIE HABYARIMANA

Dirección

Calle De Fuente De Lima
Madrid
28024

Notificaciones

Sé el primero en enterarse y déjanos enviarle un correo electrónico cuando IZINA RYA YEZU publique noticias y promociones. Su dirección de correo electrónico no se utilizará para ningún otro fin, y puede darse de baja en cualquier momento.

Contacto El Lugar De Culto

Enviar un mensaje a IZINA RYA YEZU:

Atajos

Compartir