Gatolika-Katholikós/Fr. Oscar Uwitonze

Gatolika-Katholikós/Fr. Oscar Uwitonze Hano dufashanya kumenya no gukunda Yezu Kristu no kumubera abahamya b'ukuri. Duhurira muri gahunda yo gushengerera Ukaristiya Ntagatifu (Live).

Muri iyo gahunda twise "MFITE INYOTA" turasingiza, tugashimira kdi tugasabirana. KUBERA IKUZO RY'IMANA N'UMUKIRO W'ISI! Twiyemeje kuba INTUMWA za Yezu Kristu: Tuzirikana amasomo ya Misa, ubuzima bw'abatagatifu n'inyigisho za Kiliziya. DUFITE GAHUNDA YO GUSHENGERERA YEZU KRISTU MW'UKARISTIYA, MURI GAHUNDA TWISE "MFITE INYOTA". Ni gahunda yo kunga ubumwe mu isengesho, ni umwanya wo gusingiza Imana,

kuyishima no kuyisaba. Duhura "online" buri wa gatanu (tukaba twahindura umunsi bitewe n'impamvu zikomeye). Iyi gahunda ikayoborwa na Padiri OSCAR UWITONZE. Abayitabira bitoza kurangamira Yezu Kristu muzima mw' Isakaramentu Ritagatifu ry'Ukaristiya.

-Bitoza gukunda Misa, bakarushaho kugira inyota yo guhazwa kenshi kandi neza.
-Bitoza gukunda GUSHENGERERA Ukaristiya Ntagatifu. Bityo bakagira inyota yo gusura kenshi kiliziya cyangwa se chapelles zibarizwamo tabernacle, ubushyinguro bw'Umubiri wa Kristu.
-Bitoza gukunda gusaba imbabazi biyemeza guhabwa Isakaramentu ry'imbabazi.
-Bitoza gukunda isengesho ryo gusingiza(louange) ribabera isoko yo guhinduka koko bakarushaho kubona ubuhangange, ubwiza, ububasha, impuhwe, icyubahiro, ikuzo, n'ubutabera bw'Uhoraho, Imana, Butagatifu. Aho ni ho bahera bitoza kumushimira, bakanitoza kumusaba: buri wese arisabira, akanasabira abe n'abandi. Buhoro buhoro bagenda bavumbura ko iri sengesho ryo gusingiza(louange) ari isengesho rinakiza ibibabaza umubiri rikanabohora roho zacu/imitima yacu. "Nyagasani, ni wowe Mana yanjye, mpora ngushaka uko bukeye! Umutima wanjye ugufitiye inyota, n’umubiri wanjye ukakugirira urukumbuzi,
meze nk’ubutaka bw’agasi, bwabuze amazi bukumirana." ( Zab 63, 2)
- Bitoza gukunda no gusabira abasaserdoti no gusaba Imana ngo ikomeze yongere umubare wabo kandi ibatagatifuze. Muri iyi gahunda, twitoza gukundana(nubwo tutabarizwa hamwe):

- Iyi gahunda ihuriyemo abanyarwanda n' abarundi babarizwa mu bihugu binyuranye; ihuriyemo abakiri bato n'abakuze. Ikagaragaramo ubwisanzure buzira ubwishishanye; ikagaragaramo ubwubahane. Duharanira:

- Kubabarana n' ubabaye: dusabira abarwaye n'abari mu ngorane zinyuranye z'ubuzima(nta na kimwe twirengagiza muri ibyo byose bibuza mugenzi wacu ibyishimo).
- Kwishimana n'uwishimye: tuzirikana abagize ibirori nk' abahimbaza umunsi mukuru wa Bazina Mutagatifu, abahimbaza isabukuru iyo ari yo yose(Ivuka, Batisimu, Ugushyingirwa, Ubusaserdoti, ukwiha Imana, ugusoza amashuri, n'ibindi...) Abayitabirira bitoza gukunda Kiliziya: gukunda no kwitangira ubutumwa muri paruwasi zacu, mu makoraniro anyuranye tubarizwamo, kandi ibyo byose bigaherekezwa n'ibikorwa by'urukundo (buri wese ku giti cye). IMANA YATANGIYE UYU MURIMO IWUKOMEZE KANDI IZAWUSOHOZE.

2 Tm. 4, 2: "Amamaza ijambo, uryigishe igihe n’imburagihe, wumvishe ingingo, utote, ushishikaze, mu bwihangane butarambirwa, uharanira kujijura." "Proclaim the word; be persistent whether it is convenient or inconvenient; convince, reprimand, encourage through all patience and teaching." "Proclame la Parole, interviens à temps et à contretemps, dénonce le mal, fais des reproches, encourage, toujours avec patience et souci d’instruire." "Proclama la Palabra de Dios, insiste con ocasión o sin ella, arguye, reprende, exhorta, con paciencia incansable y con afán de enseñar." URAKAZA NEZA URISANGA! Nawe rero usangize incuti zawe!

22/05/2026

"Roho Mutagatifu, ngwino utuyobore..."

"Ariko Roho Nyir’ukuri uwo naza, azabayobora mu kuri kose, kuko atazavuga yitumirije, ahubwo azavuga ibyo yumvise byose,...
22/05/2026

"Ariko Roho Nyir’ukuri uwo naza, azabayobora mu kuri kose, kuko atazavuga yitumirije, ahubwo azavuga ibyo yumvise byose, kandi akazabahanurira n’ibizaza." (Yh 16,13)

15/05/2026

"Roho Mutagatifu azakumanukiraho..."

08/05/2026

Uri muzima Yezu: ndakwemera, ndakwizera, ndagukunda🙏🧎🏿‍♂️ Aleluya, aleluya.

01/05/2026

Yezu, Mwana w'i Nazareti, ndagutakambiye🙏🧎🏿‍♂️ Aleluya, aleluya.

10/04/2026

Pasika: Yezu dushengereye muri Ukaristiya ni muzima. Aleluya, aleluya.

10/04/2026

"Amamaza ijambo, uryigishe igihe n’imburagihe, wumvishe ingingo, utote, ushishikaze, mu bwihangane butarambirwa, uharanira kujijura." "Proclaim the word; be persistent whether it is convenient or inconvenient; convince, reprimand, encourage through all patience and teaching." "Proclame la Parole, ...

08/04/2026

yo kuri uyu wa Kane wa Pasika.

ISOMO RYA MBERE: Ibyakozwe n’Intumwa 3,11-26
____________________
Umuntu w’ikirema Petero na Yohani bari bamaze gukiza, 11yanga kubavirira, bitangaza cyane rubanda rwose biruka babasanga ahitwa ku « Ibaraza rya Salomoni ». 12Petero abibonye ni ko kubwira rubanda ati « Bantu ba Israheli, ni iki gitumye mutangazwa n’ibimaze kuba ? Cyangwa se ni iki gitumye muduhanga amaso, nk’aho duhaye uyu muntu kugenda ku bw’ububasha bwacu cyangwa ku bw’ubutungane bwacu bwite ? 13Imana ya Abrahamu, ya Izaki na Yakobo, Imana y’abakurambere bacu yakujije umugaragu wayo Yezu mwebwe mwatanze, mukamwihakanira imbere ya Pilato kandi we yari yiyemeje kumurekura. 14Mwihakanye Umutagatifu n’Intungane, maze musaba ko babarekurira umwicanyi. 15Mwicishije Umugenga w’ubugingo, ariko Imana yamuzuye mu bapfuye, turi abagabo bo kubihamya. 16Kubera ko twiringiye izina rya Yezu, iryo zina ni ryo ryakomeje uyu muntu mubona kandi muzi; maze ukwemera gukomoka kuri Yezu kumusubiza ubuzima bwe bwose mu maso yanyu mwese. 17None rero bavandimwe, nzi yuko ibyo mwabikoze mubitewe n’ubujiji kimwe n’abatware banyu. 18Nyamara Imana yujuje ityo ibyo yari yaravugishije Abahanuzi bose mbere y’uko biba, ko Kristu yagombaga kubabara. 19Nimwisubireho rero kandi mugarukire Imana, kugira ngo ibyaha byanyu bihanagurwe ; 20bityo hazabeho ibihe by’ihumure muhawe na Nyagasani, ubwo azaboherereza Kristu wabagenewe, ari we Yezu, 21Uwo ijuru rigomba kwakira kuzageza ku bihe by’ivugururwa ry’ibintu byose : ngibyo ibyo Imana yavugishije Abahanuzi bayo batagatifu bo mu bihe bya kera. 22Koko Musa yaravuze ati ‘Nyagasani Imana azababonera mu bavandimwe banyu Umuhanuzi umeze nkanjye ; muzamwumvire mu byo azababwira byose. 23Umuntu wese utazumvira uwo Muhanuzi, azacibwa mu muryango wayo.’ 24Kandi n’Abahanuzi bose, uhereye kuri Samweli no ku bamusimbuye, bavuze iby’iyi minsi turimo. 25Ni mwebwe abaragwa b’Abahanuzi, n’ab’Isezerano Imana yagiranye n’abasekuruza bacu igihe ibwiye Abrahamu iti ‘Imiryango yose y’isi izaherwa umugisha mu rubyaro rwawe.’ 26Ni mwebwe mbere na mbere lmana yahingukirije Umugaragu wayo, iramuboherereza kugira ngo abazanire umugisha ; bityo buri muntu muri mwe abone kuzinukwa ibibi yakoraga. »

ZABURI 8, 4-5, 6-7, 8-9
________________
Inyik/ Uhoraho, Mutegetsi wacu, mbega ngo izina ryawe riramamara ku isi hose!

Iyo nitegereje ijuru ryaremwe n’ibiganza byawe,
Nkareba ukwezi n’inyenyeri wahatendetse,
ndibaza nti «Umuntu ni iki kugira ngo ube wamwibuka ?
Mwene muntu ni iki kugira ngo ube wamwitaho ?»

Rwose habuzeho gato ngo umunganye n’imana;
umutamiriza ikamba ry’ikuzo n’uburanga,
umugira umwami w’ibyo waremye,
umwegurira byose ngo abitegeke :

Amatungo yose, amaremare n’amagufi,
ndetse n’inyamaswa zo mu gasozi,
inyoni zo mu kirere n’amafi yo mu nyanja,
hamwe n’ibyogoga mu mazi byose.

IVANJILI: Luka 24, 35-48
_________________________
Abigishwa bari bavuye Emawusi, batekerereza ba Cumi n’umwe na bagenzi babo bandi, 35uko byagenze mu nzira n’uburyo bamumenye amanyura umugati. 36Igihe bakivuga ibyo, Yezu ubwe aba nguyu ahagaze hagati yabo, arababwira ati «Nimugire amahoro.» 37Barakangarana, bashya ubwoba, bakeka ko babonye umuzimu. 38Nuko arababwira ati « Ubwo bwoba bwose mufite ni ubw’iki? Kandi mutewe n’iki gushidikanya mu mitima yanyu ? 39Nimurebe ibiganza n’ibirenge byanjye : ni jyewe ubwanjye. Nimunkoreho maze mumenye ko umuzimu atagira umubiri, cyangwa amagufwa nk’uko muruzi mbifite. » 40Avuga ibyo abereka ibiganza n’ibirenge bye. 41Uko bakamazwe n’ibyishimo ntibanyurwa, baba abo gutangara gusa ; noneho arababwira ati « Hari icyo kurya mufite hano ?» 42Bamuhereza igice cy’ifi yokeje ; 43aracyakira akirira imbere yabo. 44Nuko arababwira ati « Ibyo ni byo nababwiraga nkiri kumwe namwe nti ‘Ni ngombwa ko huzuzwa ibinyerekeyeho byose byanditswe mu mategeko ya Musa, mu bitabo by’Abahanuzi no muri Zaburi.’» 45Aherako ahugura ubwenge bwabo ngo bajye bumva Ibyanditswe. 46Maze arababwira ati « Handitswe ko Kristu agomba kubabara, maze ku munsi wa gatatu akazuka mu bapfuye, 47kandi ko uhereye i Yeruzalemu, abantu bo mu mahanga yose bagomba kwigishwa mu izina rye, ibyerekeye ukwisubiraho n’ibabarirwa ry’ibyaha. 48Ibyo ni mwe bagabo bashinzwe kubihamya.»

Pasika mpire!!!!!!
04/04/2026

Pasika mpire!!!!!!

Title : KRISTU WAZUTSE SINGIZWA🎶 Yaririmbwe na: KCM Harmony Group✍️ Yahimbwe na: Andre Ntungiyehe🎧 Producer: Aimable K./KCM Studio 🎥 Video: ProustPaska Nz...

30/03/2026

yo kuri uyu wa Kabiri mutagatifu.

Isomo rya mbere : Izayi 49, 1-6
_____________________________
1Birwa nimunyumve; bihugu bya kure muntege amatwi! Uhoraho yampamagaye ntaravuka; nkiri mu nda ya mama, izina ryanjye yararivugaga. 2Umunwa wanjye yawugize nk’inkota ityaye, ankinga mu gacucu k’ikiganza cye, angira nk’umwambi utyaye ampisha mu mutana we. 3Yarambwiye ati «Uri umugaragu wanjye, (Israheli), ni wowe nzagaragarizamo ikuzo ryanjye. » 4Ariko jye naribwiraga nti «Naruhiye ubusa, mvunwa n’ibidafite akamaro.» Nyamara Uhoraho ni we uzandenganura, igihembo nagiteguriwe iruhande rw’Imana yanjye. 5None ngaha Uhoraho yabyivugiye, we wandemeye kumubera umugaragu kuva nkiri mu nda ya mama, kugira ngo mugarurire Yakobo, mukorakoranyirize Israheli; guhera ubu rero mfite ubutoni kuri Uhoraho, ububasha bwanjye bukaba ari Imana yanjye. 6Yaranbwiye ati «Gusubiranya imiryango ya Yakobo no kugarura abarokotse ba Israheli, ibyo ntibihagije ku mugaragu wanjye; ahubwo nakugeneye kuba urumuri rw’amahanga, kugira ngo umukiro wanjye usakare kugera mu mpera z’isi.»

Kuzirikana : Zab 71 (70), 1-2,3, 5a.6, 15.17
_________________________
Inyik/ Nzamamaza umutsindo wawe n’agakiza kawe,
ubuziraherezo!


Uhoraho, ni wowe buhungiro bwanjye,
sinzateterezwa bibaho.
Mu butabera bwawe unkiranure, undengere,
untege amatwi maze undokore.


Umbere urutare negamira,
nshobora guhungiramo buri gihe;
wiyemeje kunkiza,
wowe rutare rwanjye rw’intamenwa.


Ni wowe mizero yanjye Nyagasani,
narakwisunze kuva nkivuka,
unyitorera nkiva mu nda ya mama,
ni cyo gituma nzahora ngusingiza.


Nzatangaza ukuntu uri indahemuka,
iminsi yose namamaze agakiza kawe,
kuko ibyiza byawe bitagira ingano.
Mana, wanyiyigishirije kuva mu buto bwanjye,
na n’ubu ndacyarata ibyiza byawe.

Ivanjili Ntagatifu : Yohani 13, 21-33.36-38
________________________
Yezu agiye kuva kuri iyi si ngo asange Se, igihe yari ku meza hamwe n’abigishwa be, 21ashenguka umutima maze avuga yemeza ati «Ndababwira ukuri koko: umwe muri mwe agiye kungambanira.» 22Abigishwa be batangira kurebana, bibaza uwo ashaka kuvuga. 23Nuko umwe mu bigishwa, uwo Yezu yakundaga, akaba yegamiye Yezu ku gituza. 24Simoni Petero amwicira ijisho, aramubwira ati «Mubaze uwo avuga uwo ari we.» 25Wa mwigishwa uko yakegamye mu gituza cya Yezu, aramubwira ati «Nyagasani, uwo uvuze ni nde?» 26Yezu aramusubiza ati «Ni uwo ngiye gukoreza umugati nkawumuha.» Nuko akoza ikimanyu cy’umugati, agihereza Yuda mwene Simoni Isikariyoti. 27Yuda ngo amare kwakira uwo mugati, Sekibi amwinjiramo. Nuko Yezu aramubwira ati «Ibyo ugiye gukora bigire vuba.» 28Ariko mu bari aho ku meza, ntihagira umenya ikimuteye kuvuga ibyo. 29Kubera ko Yuda yari asanzwe ari umubitsi, bamwe bakeka ko Yezu yashatse kumubwira ngo ajye kugura iby’umunsi mukuru, cyangwa se ngo agire icyo aha abakene. 30Amaze kumira icyo kimanyu cy’umugati aherako asohoka. Hari nijoro.

31Yuda amaze kugenda, Yezu aravuga ati «Ubu rero Umwana w’umuntu ahawe ikuzo, n’Imana iherewe ikuzo muri we. 32Ubwo rero Imana iherewe ikuzo muri we, n’Imana izamuha ikuzo muri yo, kandi dore iri hafi yo kumukuza. 33Twana twanjye, ndacyari kumwe namwe igihe kigufi; muzanshaka, maze nk’uko nabibwiye Abayahudi nti ‘Aho ngiye ntimushobora kuhajya’, namwe ubu ni byo mbabwiye.» 36Simoni Petero aramubwira ati «Nyagasani, ugiye kujya he?» Yezu aramusubiza ati «Aho ngiye kujya ubu ngubu ntushobora kuhankurikira; ariko amaherezo uzahankurikira.» 37Petero aramubwira ati «Mwigisha, ubu se nabuzwa n’iki kugukurikira? No kugupfira nagupfira!» 38Yezu aramusubiza ati «Uzampfira? Ndakubwira ukuri koko: isake ntiza kubika, utaranyihakana gatatu.»

Dirección

Calle Ramón J. Sender, S/N
Alcalá De Guadaira
41500

Notificaciones

Sé el primero en enterarse y déjanos enviarle un correo electrónico cuando Gatolika-Katholikós/Fr. Oscar Uwitonze publique noticias y promociones. Su dirección de correo electrónico no se utilizará para ningún otro fin, y puede darse de baja en cualquier momento.

Compartir