Beshwaho n'Ijambo

Beshwaho n'Ijambo Vivre dans la Parole de Dieu

10/07/2021
15/05/2021

Matayo :9:34
Ariko Abafarisayo baravuga bati “Umutware w'abadayimoni ni we umuha kwirukana abadayimoni.”
http://fr.bibles.org/kin-BYSB/Matt/9

Thème : *GUTUKWA UHORW' UBUSA S'IMPAMVU IMANA YO SHINGIRAHO KUKWAMBURA INSHINGANO YAGUHAYE*.

🔯. Iyo Gutukwa baguhora ubusa biza kuba Impamvu IMANA Ishingiraho kwambura Umuntu Inshingano Ya muhaye gukora, *Ntabwo ARI kristo uba waracunguye Umuntu*.

Kubera Ko Mubantu batutswe bahorwa ubusa, bazira ubusa Kristo arimwo *Iyo biza kuba Impamvu Yotuma Atakaza icizere Imbere Y'Imana Siwe wocunguye Umuntu kuko Yokwambuwe Izo nshingano*.

Ariko Kubera Ko Gutukwa baguhora ubusa Bitari Impamvu Yokwambura Icizere Imbere Y'Imana NGO bitume Ikwambura Inshingano, *Byarangiye muri Ibyo bitutsi bingana Gutyo, bibi Gutyo Kristo agera k'Untego ye Yogucungura Umuntu*. Ubu akaba afite abayoboke Benshi utabasha kubara bahimbaza gukomera kwe Mubuzima bwabo. Bahimbaza Intsinzi ye Mubuzima bwabo. *Bisobanurako, Mugutukwa kwe Ahorwa ubusa bitamubujije guhindukira Isi ICO Yari Yaragambiriye*. Ndetse Nanjye ubwanjye Uyu Ubivuga , *Uyu Mugabo Kristo Ndamwera, NiYo Mpamvu Muhamiriza n'abataramwizera ngo bamwizere , ndetse Nabamwizeye ngo barusheho kumwizera*.

Mubitutsi byinshi, Mukwangwa kwinshi, *Ntibyatumye IMANA idatangiriza Isi ivuga iti : Ndore umwana wanjye nkunda, Nishimira ni Mu Mwumvire*.

Kuberako IMANA Izi neza Ko gutukwa Baguhora ubusa Bitari Impamvu Yotuma Utakaza icizere Imbere Yayo bikaba Impamvu Yokwamburwa Inshingano, *Ntabwo Yigeze Irinda kristo Umwana wayo ngo arekwe gutukwa*. Ntabwo Yigeze Imushira kure Yibitutsi, Ntanubwo yigize imushira kure Y'Abamutuka.

Kandi na kristo Ubwe Kubwo kumenya Ko gutukwa ahorwa Ubusa Bitari Impamvu Yotuma Atakaza Icezere Imbere Y'Imana NGO bitume Yamburwa Inshingano Yahawe, *Byatumye arangiza Umurimo we ntarubanza ashingishije ngo Yatutswe*. Byatumye asoza umurimo *Ntawe abumburiye akanwa gutuka ngo Nawe Nuko Yamututse*. Kristo Yarinze asoza Umurimo we ntawe Yanze , ntawe agiriye N'abi, ntanuwo Ajanye kumutima Ngo Yaramututse. Umutima we Ntabwo wigeze uremererwa N'ibitutsi byaba muhora ubusa.

Rero mu kristo Nshuti Yanjye, *Ubwo gutukwa Uhorwa ubusa Bitari Impamvu Yotuma IMANA ikwigizayo ikabona ko utakiri Umuntu wogukorana N'Ayo Mureke ntihakagire Abo tugirana Imanza Ngo baradututse*. Mureke ntitukagire Abo twanga cangwa dukorogana ngo baradututse. Mureke ntitukagire Abo tujana mu mitima Yacu Ngo baradutsee. Twirinde Gutunga Imitima Yuzujwe agahinda kibitutsi dutukwa baduhora ubusa. Twirinde kugira Abo tutakicishimira, Twumva tutogirira neza Ngo N'Uko badututse baduhora ubusa. *Kuko ikitarababaje kristo ntigikwiye kutubabaza*. Ikitaramutwaye umwanya ntigikwiye kuwudutwara, ikitaratumye ahemuka ntigikwiye kuduhemura, ikitaramuciye intege sitwe cozica, *Kuko ariwe banze ryo kwizera*. Kandi Ko dukwiye kuba dutunze wa Mutima Wari muriwe.

🔯. ICO dukwiye kubaho twirinda gifite ingaruka mbi kubuzima bwacu gishobora kutwambura Icizere ndetse bikatwambura Inshingano twahawe, *Ni Ikibi kiduturutseho*. Nico cose twokora gitandukanye n'ubushake bwa data. *Gutukana Nibyo bishobora kutwanduza*.

Woba waratutswe? Woba ugendana ibikomere by'amagambo Mabi wabwiwe, Woba wuzuye Agahinda kibitutsi watutswe uhorwa ubusa, *Hoba Hariho Abo wanze ngo baragututse, Hoba Hariho Abo mutakivugana, mwatandukanye, cangwa wanze Ngo baragututse baguhora ubusa*? Harabo nawe woba waratutse ngo N'Uko bagututse ? N'imba Uriho ndagusabye Ubababarire, bishobotse ubasabe N'Imbabazi, *Maze uhereko ubasengere, Ubasabire Umugisha, Ubasabire guhinduka Kugirango Nabo bazizere kristo neza*. Uzaba ubohoyee ubuzima bwawe.

*NGANIZI MUSEVENI*.
TEL. *( +257 ) 61 92 08 04*.

*SAMEDI, LE 15/05/2021*.

13/05/2021

Luka :4:1
Yesu yuzuzwa Umwuka Wera, ava kuri Yorodani ajyanwa n'Umwuka mu butayu,
http://fr.bibles.org/kin-BYSB/Luke/4

Thème : *IJAMBO NIRYO RITWUMVISA AKAMARO KO GUSENGA*.

Ntabwo ar' Amasengesho atwumvisa Umu Maro w' Ijambo Ry'Imana Muritwe, *Ahubwo Ijambo Ry'Imana NIRYO ritwumvisa Umumaro wo Gusenga Muritwe*. Ijambo Niryo riza rimenyesha Umuntu urifite Ko Gusenga arikwiza, ko rikenewe M'ubuzima bw'umuntu kandi rika namwigisha Nukw'akwiye gusenga ndetse Nibyo akwiye gusengera Kuko Ijambo Niryo rizi uko rija rikorana n' Isengesho. *Ijambo Niryo rizi umumaro gusenga ririfitiye.* Niyo Mpamvu uritunze Wese ryihutiraho kumwigisha no kumukundisha gusenga. Ex: *Umuntu Arashobora kuba Afite Ibyo ashaka gukora Afite kubyaza umusaruro, Hanyuma Byabintu kubera uko biteye agasanga birakwiye kuba afite imodoka Kugirango agere k'umusaruro yifuza. Rero Ya Modoka ije gufasha gutanga Umusaruro mwiza Ntabwo Ariyo Yamweretse Ko Ibyo bintu biyikeneye Kugirango bitange Umusaruro mwiza, Ahubwo IBYO Bintu afite gukora Nibyo byamweretse Ko Imodoka ikenewe Kugirango Bitange Umusaruro ukenewe*. Bisobanurako Business Ariyo ikenera Imodoka Ntabwo ARI Imodoka ikenera Business. Kurya rero bigoye kubona Imodoka ishaka Business Niko bigoye no kubona Utazi IMANA ngo agire Ijambo ryayo muriwe uzabona ashaka Gusenga. *Kuko Ico Isengesho rifasha kuzakora neza Ntabwo Kiri muriwe*. Nukuvuga Ngo Ubuzima budafite Ijambo Ntibushobora kugira inyota yo gusenga Ntibushobora kumenya Umu Maro wogusenga, Kubera Ko Isengesho rigira Umu Maro mwiza Ahari Ijambo.

🔯. Dore Mubiri bimwe uzamenyeraho Umuntu ufite Ijambo rya kristo rifite ubuzima muriwe ndetse N'Ubwenge nibi: *✴️. N' umwanya aha Isengesho muriwe*: Uzasanga Ari Munini.
✴️ buryo asenga: *Uzasanga Isengesho rye ryuzuye Ijambo, ririmo Ubwenge no Kumenya*.
✴️. Abikora atabihatirwa: *kuriwe gusenga Ntabwo biba bikiri igikorwa Ahubwo bimuhindukira ubuzima bwe*. Sikintu kandi Asubira kwingingirwa.
🔯: Usanga Amasengesho azaba Arimo gahunda nziza, ubwitonzi ndetse No guca bufi : *Amasengesho Yabo aba yuzuyemo Kwizera kubera Ko Yubakiye kw'Ijambo rifite ubuzima* .

Kristo rero Kubwo kumenya Ko Ijambo ariryo Ribyara Gusenga, *Yabanye n' Abigishwa be Imyaka itatu n'igice atazabajana mubyumba by'amasengesho*, NDETSE we Yaja ga nokurara kumusozi akabasiga Mu muhana, Nako abajanye gusenga bakananirwa kubana Nawe Maso isaha Imwe. Ariko kuberako we Yari Yuzuye Ijambo kristo Yaratunze ubuzima Bwo gusenga. Kandi Ntabwo yabihatirwaga. Hano twasomye havuze ngo Amaze kuzuzwa umwuka wera aragenda aja gusenga amara iminsi 40 atarya atanywa asenga Imana. Nukuvuga ngo Umwuka uza aho Ijambo Riri, Umwuka uza guha Ijambo Imbaraga muri wowe, uza guha Ijambo ubuzima n'ububasha mu Muntu. *IYO Minsi Yose YESu atasengeshe Abigishwa Yayimaze abigisha Ijambo Ry'Imana arangije Kuri buzuza abona gufata Umugambi wokubaha Umwuka wera Kugirango uzaze kubumvisa Ijambo no kubibutsa Kugirango bazabe Abagabo boguhamya kristo*. Umunsi Umwuka Yaje Ijambo rimaze kugira Imbaraga, ububasha Hamwe N'Ubwenge Muribo, *Ntibasubiye kwigishwa gusenga ukundi cangwa kubihatirwa ukundi Ahubwo byahise bihinduka ubuzima bwabo*. Bamye bagera ikirenge muca kristo.
*IMANA Idufashe Ijambo Ry'Imana rigwire muritwe KANDI rigwije Ubwenge* Kuko Aho rirwiriye Niho hagwira n'isengesho. *TUBESHWEHO N'IJAMBO*.

*NGANIZI MUSEVENI*.
TEL *( +257 ) 61 92 08 04*.

JEUDI, LE 13/05/2021.

23/04/2021

Hariho Umuntu wari ufite urugendo, kandi Aho Yaja ga Hari Kure cyaneeeee. Kandi Ntako Yari kureka kujayo Kuko Byari Ngombwa. *Akigenda, Ahura N'Umugabo munzira, amwitegereje Abona Urya afite urugenzi ababaye cyaneeeee kandi asa n'Ufite agahinda ndetse Abona Ari no kwivugisha.* Bahuye aramuramutsa, Amubaza Iki mubabaje, gitumye agira agahinda N'Umubabaro bingana gutyo. Wa Muntu amubwira iki mubabaje Ko Ari urugendo afite rurure cyaneeeee rwose, kubera, umuruho, Inzara, inyota, izuba, Imvura biri muri urugendo, *Nibyo byanteye bwihebe , bwihebe Nayo Ituma ngira Agahinda N'Umubabaro byageze Aho nanirwa kubihisha*. Wa Mugabo, Aramubwira ati humura, Hano Hari Imodoka zaje, *zifite Ubushobozi bwokujana Umuntu ndetse Nimitwaro ye yose ab' afite*. Kandi irihuta cyaneeeee. Uwo Muntu aramubaza ati :
1. *Ese bisaba Iki Kugirango winjire muriyo modoka ?*
Rep. Nukwizera Ko ishoboye kugutwara kandi ikagush*tsa.
2. *Ikindi bisaba Niki ?*
Rep : Nukuba ufite Amafaranga akenewe isaba Kugirango Igush*tse Aho Ushaka.
3. *Ese Uwikoreye Iyo agezemo, Akomeza kwikorera Uwo mutwaro we?*.
Rep : Nawo urawutura ikawikorera Kuko ubwo bushobozi ibufite.
3. *Ese bish*tse ngasinzira ntakaga byateza?*
Rep : Hoya Ntako rwose Kubera Ko Uwikoreye urugenzi rwawe Aba Ari Maso kubwawe. Igikuru Nico wakoze cokuba winjiye mu Mudokari.
4. *Ese utwaye Imodoka Ikindi Hariho imyitwarire asaba Ko Umuntu Aba afite mu modoka*?
Rep: Yego, N'ukuba wirinda gukora cangwa kuvuga Ikintu cabangamira ubuzima bw' Abagenzi bawe murikumwe.
5. *Ese bish*tse Imvura ikagwa cangwa Izuba rikava , Ntangaruka byangiraho ?*. *Ese Icuya kibaye, cangwa Imbeho ikaba Nabyo ntangaruka binfiteho?*.
Rep: Hoya, Kubera Ko Iyo modoka ifite Imbaraga zibikurinda Byose.
6. *Ese bish*tse Ijoro Rigafata hakaba Umwijima Ntibishobora gushira ubuzima mukaga*?
Rep : Hoya, Kuko Iyo modoka ifite amatara Icana Mw'ijoro Umuco ukaboneka.
7. *Ese Umuntu Ari Muriyo modokari , birashoboka ko Umuntu Yagenda abona Aho arikujya ?*.
Rep : Yego rwose, Hariho Uduce tumwe ifite Hariho Ibiyo bituma mubasha kureba hanze.
🔯. N'Uko bamaze kuganira, wa Mugabo Yuzura Iby'Ishimo byinshi, *Uwo Mwanya Agahinda N'Umubabaro Birashira mu mutima we* Kuko Yarasanze Imodoka Imuhindukiye igisubizo C'urugenzi rwe Yarafite. Maze Amusaba kumwereka aho bategera, *Nawe ara mujyana*, Asiga Yinjiye Mudokari, *Maze batandukana amusezeraho Anezerwe*.
✳️. Maze Gusoma Iyi Nkuru, Dore Isomo Nakuyemo:

1. *N'Uko Uy'UMugabo ataruhuwe Nokuba Yicaye mu modokari, Ahubwo Yaruhuwe No kwizera Ko Iyo modokari Yabaye igisubizo C'Ibibazo Yarafite Byose*. Ikibihamya Nuko, *Agahinda N'Umubabaro byarangiye Atarinjira mu Modokari*. Umutima waruhutse akimara kumva Ko habonetse Imodoka *Ishoboye kumwikorera Ubwe N'Ingorane ze zose*. Ikindi, Nubwo Yari kwinjira Mu Modokari ariko atayifitiye icizere kwishoboye kumurinda izo ngorane zose Yarigukomeza kugira Umutima uhagaze Yibwira Ko Ibyo atinya bishobora kumugeraho.
🔯. *Naje gusanga Ko, Ntabwo turuhurwa nokuba Tur' aho turuhurirwa, Ahubwo turuhurwa no kwizera Ko Aho turuhurirwa hashoboye kuturuhura*. Naje gusanga kandi, tutaruhurirwa Aho tugomba kuruhurirwa Kuberako Hananiwe kuturuhura, Ahubwo tureka kuharuhurirwa kubera Ko tutizeye Ko hashoboye kuturuhura. Kuruhira Ahashoboye kukuruhura kubwo kutahizera, *Ntabwo bihambura Imbaraga Zokuruhura abahafitiye Icizere*.

Naje gusa no Muburyo Bwo kwizera ko, *Kuba muri Kristo nkahantu turuhurirwa Bidahagije kugirango turuhuke , Ahubwo bisaba Ko tuba tunizera ko Hashoboye kuturuhura*. Naho kuba Uri Muri YESu Ariko utizera birya byose yakubwiye Ko azaguha, azagukiza, azakurinda, Yaguhaye, Yaguhinduye, Yakugize Ko Ari Umugabo wokubish*tsa , *Ntabwo byakubuza kuruhira muriwe*. Birya Yakubujije gutinya kubera K'uri muriwe utabashije kubyizera Ko azabikurinda, *Ntibyakubuza kuruhira muriwe*. NiYo Mpamvu usanga Hariho Benshi Bari muri Kristo, *Ariko witegereza ubuzima bwabo Ukabona burarushye*. Ubuzima bucitse intege, budafite ibyiringiro. Mwene da Wewe uri muri YESu, Kugirango uruhurwe nawe, *N' ugufata amagambo Yakubwiye yose Kw'Ar'ay' Ukuri kandi Ko Ari Umugabo wokubish*tsa*, niwakora Ibyo uzaba muri we wuzuye Amahoro N'Ibyishimo Kuko ufite ukumenyera ubuzima. Kuko kuba muri Kristo byonyine ariko utizera Imbaraga Zaho Ko zizasohoza ICO Mwavuganye *Ntabwo byakuruhura*. Uzahorana impagarara murugendo. *( Matayo 11: 28 )* : Nimuze Mwese abarushye N' abaremerewe Nd' abaruhura.

*NGANIZI MUSEVENI*.
VENDREDI, LE 23/04/2021.

07/03/2021

Amagambo y'Uwiteka ni amagambo atanduye, Ahwanye n'ifeza igeragejwe mu ruganda rwo mu isi, Ivugutiwe karindwi.
(Zaburi 12:7)

Thème : *Twirinde Gutunga Amagambo Yanduye*.

Kwakundi Bishoboka ko *Ikintu candura kikagira Ubucafu* , Niko N'Amagambo Ashobora kwandura *Akagira Ubucafu*.

Kwakundi Ikintu canduye gifite ubucafu Gishobora kugira Ingaruka mbi kubuzima bw'Umuntu, *Niko N'Amagambo Yanduye afite Ingaruka Mbi kubuzima bw'Umuntu*. Kurya Umuntu Afungura Cangwa akanywa Ibintu birimo Ubucafu Bumuzanira Ingaruka Mbi, *Niko N'Utunze Amagambo Yanduye Bimugiraho Ingaruka Mbi* ndetse N'Uyabwiwe *Bimugiraho Ingaruka Mbi*.

Kwakundi Umuntu Atura Ahantu Handuye Hariho ubucafu bimuzanira Ingaruka, *Niko No Guturana N'Umuntu Ufite Amagambo Yanduye Bizanira Ingaruka Mbi kubaturanye Nawe*. Ubwo Rero Harashobora kubaho *Umuntu w'Umunyamwanda k'ubyubu buzima*, Hakabaho , N'Umunya mwanda K'Umagambo. Kandi Abo bombi, *Bashobora kubera igisitaza Société*.

Kurya Rero Umuntu Aharanira kugirira Isuku Umubiri wiwe, Niko akwiye Guharanira kugirira Isuku *Amagambo Yiwe*. Kurya Umuntu Aharanira kugirira Isuku Aho aryama, Yicara, Afungurira, Ibyo Afungura, *Niko akwiye Gushishikarira kugirira Isuku Amagambo yiwe akera*. Kurya Umuntu Yishimira kugira Ingaruka nziza Ziterwa N'Isuku nziza, *Niko akwiye Guharanira kubona Ingaruka nziza Ziterwa N'Amagambo Yera atanduye*.

Iyo Tuvuga amagambo Atera , Yanduye , *N'Amagambo Yose Umuntu avuga Atajanye N'ubushake bw'Imana*. N'Amagambo *Arimo ubumara bubabaza Umutima*, Ndetse Bukageza naho buwica. Amagambo Yanduye, *N'Amagambo Abiba Urwango*, Ishyari, Gutongana, Atuma abantu batandukana, *Ahamagarira kugirira Abandi nabi*. Ayo Magambo *Aranduye*, Kandi Afite Ingaruka Mbi k'Umuntu Uyatunze, Ndetse *No k'Umuntu Uyabwiwe*. Ndetse Ubwo bucafu bw'Amagambo *Nabwo bugeza kurupfu*. N'imba Rero Hariho Umuntu Uryoshe kubana, *N'Umuntu Ukorera Isuku Amagambo Yiwe*. N'Imba Hariho umuntu w'uzuye ubwenge, Ubwiza, Icyubahiro, gukomera, *N'Umuntu Ukorera Isuku A

03/02/2021

Word of God.

Nous ne sommes pas des réfugiés en Dieu

23/01/2021

NIHE DUSHAKIRA IMANA

Mbega Ijambo ry'Imana ukuntu ari ryiza

21/01/2021
13/01/2021

*IKIGANIRO BESHWAHO N'IJAMBO*

AGACIRO KUMUKIRISITU

12/01/2021
12/01/2021

Yeremiya :17:5
Uku ni ko Uwiteka avuga ati “Havumwe umuntu wiringira undi muntu akishima amaboko ye, mu mutima we akimūra Uwiteka.
http://fr.bibles.org/kin-BYSB/Jer/17

Thème : *Twirinde Umuvumo Uzanwa Nokwiringira Umuntu*.

Umuntu wese Wizera Imana Yacu Yomwijuru, *Hariho Umuvumo Akwiye kwirinda*, N'Umuvumo Uterwa Nokwiringira Umwana W'umuntu.

Ariko Kandi , N'Imba Hariho Umuvumo kubiringira Abantu, *Hariho N'Umugisha Ukomeye Kubantu Imana Yacu ibereye Iby'Iringiro*.

N'Imba Kandi, Uwiringira Umwana W'umuntu *Ahinduka ikivume*!! , Bimeze bite k'umuntu *Uharanira ko bamwiringira*!!. Umuntu Uhamagarira Abandi kumwiringira, *Uwo Nawe N'Ikivume Gikomeye*.

Dore Ico Abantu dukwiye gutandukanya :

Kwizera Umuntu Cangwa Kumwiringira hamwe No kugirira Umuntu Icizere.

Imana , Itubuza kwiringira Umwana W'umuntu, *Ariko Ntitubuza Kugirira Icizere Umwana W'umuntu*.

Hariho Itandukaniro Hagati *Yokwizera cangwa kwiringira Umuntu* Hamwe No Kugirira Umuntu *Icyizere*:

1. *Kwiringira Umuntu* : N'ukumushiramo Iby'Iringiro by'ubuzima bwawe. Kubaho kwawe Ukabikesha we. *Ukumva ko Atabayeho nawe Ntiwobaho*. Ukibwira Ko uzagira Icyo Uzageraho kubera we. *Ninko kugira Umuntu Usenga*.

2. *Kugirira Umuntu Icyizere*: Bishingiye K'ubuzima uba ubonanye Umuntu bw'Ubunyanga Mugayo, Ukamubonana Ukuri Mubuzima bwe, Ukabona Ntiyohemuka, *Bigatuma umugirira icyizere* ukavuga ngo Uyumuntu No Musaba kunkorera iki Yogikora neza.

EX: Wenda, Narinshaka kwohereza Amafaranga Ingozi, *Hanyuma tugahurira Kuri Bus Zija Ingozi Hanyuma Kubera ukuntu nkuzi, Nkaguha Amafaranga Umutima wanjye unemeza ko uzayash*tsa neza*. Nkakugirira Icizere nkaziguha ndetse Tutanandikranye agapapuro, *kandi Kubwo kukugirira Icyizere, Ngahita nterefona Uwo nkeneye ko uziha mubwirango Aje kugutegera Kuri Agence Namwohereje Ifaranga*.

Rero Icyo Cizere Nakugiriye, *Imana Ntabwo Yokinziza Namba*. Umutima watumye nemera kuguha Ifaranga, *Imana Ntabwo Yo wuvuma*.

Rero Hariho Ikintu usanga Itorero ryibeshaho, *Ngo bibiriya itubuza kwizera Umuntu Hanyuma bakabifatanya No kugirira Umuntu Icyizere*, Bigatuma Bumvako badakwiye kugirira Umuntu Icyizere.

Biba bisobanura ko, *Barya Bantu bose Duha Inshingano zogukora tubafitiye icyizere ko bazikora neza tuba kera Duhindutse Ikivume*.

Urya Muntu Wagiye Gusaba Ikintu Umufitiye Icyizere ko akiguha, *Kera uba wahindutse ikivume*.

Nukuvugango, Icyo bibiriya itubuza, N'Ugusenga Umuntu, Ukumva ko Ubayeho kubwe.

Ex: N'Imba Umugore Yicara Agatekereza ko Umugabo aramutse Apfuye *Ubuzima bwohagarara*, Uwo Niwe Ijambo rivuga ngo *Avumwe*.

Abana bicara bakavuga ngo *Ababyeyi bopfa Ahacu hoba Harangiye*, Abo Nibo Ijambo Rigira Inama Yokubireka.

Umuntu utekereza ko Uwamuhaye Akazi Afite Yobura nawe *Ibyiwe byorangira*, Uwo niwe IMANA ivunira akagohe.

Umuntu wicara Agatekereza Ko *Abeshejweho Nundi Atari Imana Yiwe Nuwo wokuvumwa*.

Naho gutuma Umuntu kukazanira Imboga kwisoko, *Warangiza ugasigara Ucana Imbabura Kubwo kumenya ko Imboga ziza*, Ico sikintu Imana yokuvumira.

Ikintu Mbabwira, *Gutunga Ubu Kristo Butagushe Icyizere Kubantu bivanye N'ubuzima utuyemo*, Ubwo bu Kristo Subwo gutindana, *Ukwiye Kurushaho kwiyubaka Can*.

Agaciro k'ubu kristo, *N'Ukutugira Abagabo bokwizerwa*. Gutunga Ubuzima Budaketswe , Gutunga Ubuzima buduhesha kuba Inyanga Mugayo. Kuduhesha ubuzima *Butuma Abantu Bahamya ko Mubohemuka tutarimo*.

Gutunga Ubuzima butuma Abantu batinya kutubwira, Cangwa kudusaba kugira Icyo tubafasha, *Kubera Kudukenga*.

Imana Idusaba kuba Abizerwa, Nibyo iharanira Kuritwe. *Ikibabaza IMANA, N'Ukuyitunga Maze Abantu bakabaho batakwemera Kubera Inzira zawe*.

Ikintu kigoye, *N'ugutunga kristo, Ukagira Ijambo rye, Ukuzura Umwuka wera, Ariko Ugasanga Abantu babayeho bagitekereza ko Byoshika ugahemuka* bashingiye K'ubuzima bakubonana.

Ariko Umuntu Akubahiye Ubu Kristo, *Akakugirira icyizere kubera Imbuto Nziza akubonana, Ibyo Sibyo Imana Yoshingiraho Kumuvuma*.

Abatubona nkabizerwa, *Kubwo Gutunga Kristo Ntabwo ARI Ibivume*. Icari Ciza, *Nuko Bose botugiriye Icyizere Kubwo Gutunga Ubuzima buhamya kristo Batubonana*.

Gusa Umwana w'Imana akwiye kwirinda ko Abantu bamusenga.

Data abagirire neza.

Ndabakunda.

*NGANIZI MUSEVENI*.

Mardi, le 12/01/2021.

Address

NGAGARA
Bujumbura

Telephone

+25771753373

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Beshwaho n'Ijambo posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Place Of Worship

Send a message to Beshwaho n'Ijambo:

Share

Category