12/05/2017
*UZIRINDE KWIBAGIRWA*
"Numara kurya ugahaga, ukamara kubaka amazu meza ukayabamo,
inka zawe n'imikumbi yawe, n'ifeza zawe n'izahabu zawe n'ibyo ufite byose bikaba bigwiriye,
uzirinde umutima wawe we kwishyira hejuru, ngo wibagirwe Uwiteka Imana yawe yagukuye mu gihugu cya Egiputa, mu nzu y'uburetwa,
ikakuyobora inzira ica muri bwa butayu bunini buteye ubwoba, burimo inzoka z'ubusagwe butwika na sikorupiyo, n'ubutaka bugwengeye butarimo amazi, ikagukurira amazi mu gitare kirushaho gukomera,
ikakugaburirira manu mu butayu, iyo ba sekuruza banyu batigeze kumenya, kugira ngo igucishe bugufi, ikugerageze ibone uko izakugirira neza ku iherezo ryawe.
*Uzirinde we kwibwira uti"Imbaraga zanjye n'amaboko yanjye ni byo byampesheje ubu butunzi."*" (Gutegeka Kwa Kabiri 8:12-17)
Imana yakoze ibikomeye mu buzima bwa buri umwe wese ushoboye gusoma iri jambo kandi turabyibuka uko bingana. Uhereye kuko turi bazima, tugihumeka none, ugasubira inyuma mu buzima bwose wanyuzemo. Ntibyari imbaraga cg gukomera kwawe ahubwo byose ni Imana yabikoze kandi iracyakora.
Iragusezeranya ibyiza niba ugumye mu mwanya wayo neza. Ariko *uzirinde kwibagirwa* ngo wiyumvire ko ari we wabyishoboje.
Ubuzima bwiza ushaka irabuzi, amafaranga ukeneye irayazi, hari nibyo utamenya ko ubikeneye ariko yo irabizi byose ku murongo kandi yiteguye kubiguha uko byakabaye byose niba ugumye mu murongo yaguhaye.
Uzirinde gusa ntuzibagirwe ko iyabiguhaye ari iyo Kwizerwa ibintu n'abantu bihari cg bidahari.
Imana iduhane umugisha. Amen!